• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Ubwanditsi 08 Jun 2018 Mu Rwanda

Abanyarwanda bagiye kujya bishyura kimwe cya kabiri cy’amafaranga bishyuraga mu gukoresha ibizamini bya DNA bashaka kumenya umubyeyi w’umwana cyangwa bashaka ibimenyetso by’ibyaha bishingiye ku gitsina cyangwa ibindi nyuma y’aho u Rwanda rutangirije laboratwari yarwo yabugenewe I Kigali.

Iyi laboratwari iherereye ku Kacyiru, yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, itariki 07 Kamena na minisitiri w’ubutabera, yatangiye kwakira ubusabe bwo gupima DNA ku mafaranga 270,000 frw, igiciro kiri hafi kimwe cya kabiri cy’icyari gisanzwe iyo gupima byakorerwaga hanze y’u Rwanda nko mu Budage.

Gupima DNA mu Rwanda bizanagabanya igihe cyagendaga hategerejwe ibisubizo, aho kizava ku mezi abiri cyangwa atatu ibisubizo byategerezwaga kuva mu Budage, bikazajya biboneka hagati y’umunsi umwe n’ibyumweru bitatu.

Iyi laboratwari yubatswe kuri miliyari 6 z’Amanayarwanda izajya inakora ibizamini mu zindi nzego nyinshi nko mu bijyanye no kugaragaza umwimerere w’inyandiko, gusuzuma ko hari ibiyobyabwenge, alcohol cyangwa uburozi biri mu maraso y’umuntu, gupima ibikumwe, kugaragaza ikishe umuntu no gupima ubwoko bw’amasasu yarashwe umuntu ngo hamenyekane imbunda yakoreshejwe n’ibindi.

Abayobozi b’u Rwanda bavuga ko iyi laboratwari igiye kurushaho kuzamura ubushobozi bw’inzego z’ubutabera z’igihugu kuko izafasha mu gukora iperereza no gushinja ibyaha mu buryo bworoshye itanga ibimenyetso byizewe.

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye avuga ko iyi laboratwari izajya itanga serivisi ubusanzwe usanga mu bihugu byateye imbere hanze ya Afurika, asobanura ko uyu munsi wo kuyitangiza ari umunsi ukomeye ku Rwanda.

Umuyobozi mukuru w’iyi laboratwari, ACP Dr Francois Sinayobye, avuga ko izagira uruhare mu kurwanya ibyaha bikomeye nk’ibishongiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kubera ko ngo abantu bazaba bazi ko kubonera ibimenyetso ibi byaha bizajya byoroha.

Yongeyeho ko serivisi z’iyi laboratwari zizajya zinaboneka mu nzego zitandukanye nko mu gisirikare cy’u Rwanda, mu gipolisi no mu rwego rw’amagereza, aho ngo kenshi izi nzego ziba zikeneye kumenya ko zikoresha abantu batabaswe n’ibiyobyabwenge.

Naho Umushinjacyaha Mukuru wa leta, Jean Bosco Mutangana, avuga ko ibi bizongera imitangire y’ubutabera mu gihugu kuko bizagabanya umwanya wagendaga ku manza mu nkiko bitewe no kubura ibimenyetso.

2018-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Ubwanditsi 31 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021
Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 
Mu Rwanda

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018
U Rwanda rwemeje ko Bazeye na Abega bayoboraga FDLR barimo gutanga ‘amakuru akomeye’
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwemeje ko Bazeye na Abega bayoboraga FDLR barimo gutanga ‘amakuru akomeye’

Ubwanditsi 21 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru