• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Ubwanditsi 08 Jun 2018 Mu Rwanda

Abanyarwanda bagiye kujya bishyura kimwe cya kabiri cy’amafaranga bishyuraga mu gukoresha ibizamini bya DNA bashaka kumenya umubyeyi w’umwana cyangwa bashaka ibimenyetso by’ibyaha bishingiye ku gitsina cyangwa ibindi nyuma y’aho u Rwanda rutangirije laboratwari yarwo yabugenewe I Kigali.

Iyi laboratwari iherereye ku Kacyiru, yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, itariki 07 Kamena na minisitiri w’ubutabera, yatangiye kwakira ubusabe bwo gupima DNA ku mafaranga 270,000 frw, igiciro kiri hafi kimwe cya kabiri cy’icyari gisanzwe iyo gupima byakorerwaga hanze y’u Rwanda nko mu Budage.

Gupima DNA mu Rwanda bizanagabanya igihe cyagendaga hategerejwe ibisubizo, aho kizava ku mezi abiri cyangwa atatu ibisubizo byategerezwaga kuva mu Budage, bikazajya biboneka hagati y’umunsi umwe n’ibyumweru bitatu.

Iyi laboratwari yubatswe kuri miliyari 6 z’Amanayarwanda izajya inakora ibizamini mu zindi nzego nyinshi nko mu bijyanye no kugaragaza umwimerere w’inyandiko, gusuzuma ko hari ibiyobyabwenge, alcohol cyangwa uburozi biri mu maraso y’umuntu, gupima ibikumwe, kugaragaza ikishe umuntu no gupima ubwoko bw’amasasu yarashwe umuntu ngo hamenyekane imbunda yakoreshejwe n’ibindi.

Abayobozi b’u Rwanda bavuga ko iyi laboratwari igiye kurushaho kuzamura ubushobozi bw’inzego z’ubutabera z’igihugu kuko izafasha mu gukora iperereza no gushinja ibyaha mu buryo bworoshye itanga ibimenyetso byizewe.

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye avuga ko iyi laboratwari izajya itanga serivisi ubusanzwe usanga mu bihugu byateye imbere hanze ya Afurika, asobanura ko uyu munsi wo kuyitangiza ari umunsi ukomeye ku Rwanda.

Umuyobozi mukuru w’iyi laboratwari, ACP Dr Francois Sinayobye, avuga ko izagira uruhare mu kurwanya ibyaha bikomeye nk’ibishongiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kubera ko ngo abantu bazaba bazi ko kubonera ibimenyetso ibi byaha bizajya byoroha.

Yongeyeho ko serivisi z’iyi laboratwari zizajya zinaboneka mu nzego zitandukanye nko mu gisirikare cy’u Rwanda, mu gipolisi no mu rwego rw’amagereza, aho ngo kenshi izi nzego ziba zikeneye kumenya ko zikoresha abantu batabaswe n’ibiyobyabwenge.

Naho Umushinjacyaha Mukuru wa leta, Jean Bosco Mutangana, avuga ko ibi bizongera imitangire y’ubutabera mu gihugu kuko bizagabanya umwanya wagendaga ku manza mu nkiko bitewe no kubura ibimenyetso.

2018-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Ubwanditsi 16 Apr 2022
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Ubwanditsi 30 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “
INKURU ZAKUNZWE CYANE

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “

Ubwanditsi 24 Mar 2018
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.
Amakuru

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko
Amakuru

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru