• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Canada baratangaza ko banejejwe no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzitabira kuri uyu wa 09 Kamena 2018 inama ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye izanitabirwa n’abandi bayobozi n’abakuru b’imiryango mpuzamahanga.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Rushyashya ifitiye kopi, ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango Nyarwanda muri Canada (La Communauté rwandaise au Canada (RCA-Canada) ngo intego y’uyu muryango wabo ni ukwigisha abawugize kubana mu mahoro n’abandi, kuba abaturage bafite inshingano no kugira uruhare mu mibereho n’ubukungu by’igihugu cya Canada cyabakiranye yombi.

Bavuga ko bakurikiranira hafi impinduka nziza zigenda ziba mu Rwanda kuva mu 1994, kandi bakaba bateganya gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere ubumwe bw’igihugu no mu iterambere ryacyo na cyane ko guverinoma y’u Rwanda ishyira imbere kwegera abaturage bayo bari muri diaspora.

Uyu Muryango Nyarwanda muri Canada ukaba utangaza ko utewe ishema no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzafatanya n’abandi bayobozi b’isi ndetse n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga mu nama idasanzwe igamije kwigisha kwita ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye iteganyijwe kuri uyu wa gatandatu, itariki 09 Kamena 2018.

Abanyarwanda baba muri Canada bavuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize isenye u Rwanda ikamara abaturage barwo mu nzego zose z’ubukungu, ariko imiyoborere myiza, amahoro n’umutekano byazanywe na guverinoma iriho bikaba byarafashije igihugu kugera ku iterambere ritangaje muri politiki, ubukungu n’imibereho.

Umuryango Nyarwanda muri Canada ngo ukaba wongeye gutangaza ko ushyigikiye perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe. Ngo kubera kureba kure kwe n’ubuyobozi bwe, ubukungu bw’u Rwanda bukomeza kuzamuka byibuze ku rugero rwa 7%, ubukene bwaragabanyutse bigaragara, ndetse ngo n’icyizere cyo kubaho cyavuye ku myaka 34 mu 1990 kigera ku myaka 64 mu 2015.

Ngo nk’uko byemezwa na raporo ya Loni kandi, u Rwanda ruri mu bihugu 5 bya mbere bifite ingabo nyinshi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye n’abasirikare 5136, abapolisi 978, n’indorerezi za gisirikare 32 mu butumwa 6 bwa Loni harimo n’ubwo ihuriyeho na Afurika Yunze Ubumwe nka MINUAD na MINUSS.

2018-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 12 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru