• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 20 Jun 2018 IMIKINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yashimiye ikipe y’igihugu ya Sénégal yatsinze Pologne ibitego bibiri kuri kimwe, igakura umugabane w’Afurika mu isoni, dore ko ibindi bihugu byawuserukiye byabaye insina ngufi mu gikombe cy’Isi cya 2018.

Afurika yaserukiwe n’ibihugu bitanu mu Burusiya, bine birimo Maroc, Misiri, Nigeria na Tunisia byatsinzwe imikino ya mbere.

Kuri uyu wa Kabiri hari hatahiwe Sénégal yacakiranye na Pologne ya Robert Lewandowski.

Iyi kipe itozwa na Aliou Cissé yatangiye ikina neza nta gihunga iza kubona igitego ku munota wa 37 cyitsinzwe na myugariro wa Pologne, Thiago Cionek ku ishoti ryari ritewe na Idrissa Gana Gueye, ashatse gukiza izamu ahubwo awoherezamo.

Mu gice cya kabiri, umutoza Adam Nawalka wa Pologne yakoze impinduka, akomeza ubwugarizi bwari bwahuye n’akazi katoroshye yinjiza Jan Bednarek asimbuye Jakub Blaszczykowski, gusa ntibyabujije Abanya- Sénégal gukomeza gukina neza ndetse byaje no kuyihesha igitego cya kabiri ku munota wa 60 cya Mbaye Niang.

Umukino ugana ku musozo, Pologne yabashije kwishyuramo igitego kimwe cyatsinzwe na Grzegorz Krychowiak ku munota wa 86, igerageza gushaka n’ikindi cyari kuyihesha inota rimwe irakibura.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise, abinyujije kuri Twitter yashimiye cyane Sénégal.

Yagize ati “Ndashimira abavandimwe bacu b’Abanya-Sénégal ku kwitwara neza mu gikombe cy’Isi cya 2018. Sénégal ihesheje ishema Afurika.”

Indi kipe yo muri Afurika ihanzwe amaso kuri uyu wa kabiri ni Misiri ikina n’u Burusiya, ikaba isabwa gutsinda bikunze bitaba ibyo igahita isezererwa muri iri rushanwa.

Mu wundi mukino wabaye, u Buyapani bwatunguye Colombia buyitsinda ibitego 2-1 bya Shinji Kagawa kuri penaliti na Yuya Osako mu gihe impozamarira ya Colombia yatsinzwe na Juan Quintero.

Wojciech Szczesny wahoze akinira Arsenal ntiyabashije kugoboka Pologne ku mipira ibiri yinjiye mu izamu ryayo

Byari ibyishimo kuri Sénégal nyuma yo kwitwara neza ikaba igihugu cya mbere cyo muri Afurika gitsinze umukino mu gikombe cy’Isi cya 2018

Abafana ba Sénégal bari babukereye

Kapiteni Sadio Mané na bagenzi be bahesheje ishema Afurika

Krychowiak yatsinze impozamarira ya Pologne mu minota ya nyuma

Krychowiak yatsinze impozamarira ya Pologne mu minota ya nyuma

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane
ITOHOZA

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.
Amakuru

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru