• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Editorial 09 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Dr Riek Machar utavuga rumwe na Leta ya Sudani y’Epfo yongeye guhabwa umwanya wa Visi Perezida muri Guverinoma nshya igiye gushyirwaho nyuma y’ibiganiro bigamije kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Machar yabaye Visi Perezida wa Perezida Salva Kiir ubwo icyo gihugu cyabonagaga ubwigenge. Bashwanye mu 2013 ubwo Kiir yashinjaga Machar gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Mu biganiro byabereye Entebbe muri Uganda ku buhuza bwa Perezida Yoweri Museveni na Omar Al Bashir wa Sudani, hemejwe ko Sudani y’Epfo igira ba Visi Perezida bane barimo babiri bo mu mashyaka atavuga rumwe na Leta, biyongera kuri babiri bari basanzweho.

Umwanya umwe urahabwa Machar w’ishyaka SPLM-IO mu gihe hagitegerejwe undi mwanya uzahabwa umugore.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Al-Dierdiry al-Dhikheri , yabwiye abanyamakuru i Kampala ko mu bindi by’ingenzi byemejwe harimo kongera umubare w’abagize Guverinoma ukava kuri 30 bakaba 45. Abaminisitiri 15 baziyongeraho bazava mu mashyaka atavuga rumwe na Leta, SPLM-IO ifitemo imyanya 10.

Inteko Ishinga Amategeko izaba igizwe n’imyanya 400, aho imyanya 150 izahabwa abatavuga rumwe na Leta, ishyaka SPLM-IO rya Machar rifitemo imyanya ijana, naho 50 isigaye isaranganywe andi mashyaka n’imitwe itavuga rumwe na Leta.

Machar n’abandi batavuga rumwe na Leta bemeye ibiri muri ayo masezerano, icyakora banga guhita bayasinya, bavuga ko kuri iki Cyumweru ari bwo baratangaza umwanzuro wa nyuma bamaze kubyumvikanaho neza.

Umugore wa Machar, Angelina Teny, yavuze ko abatavuga rumwe na Leta bizeye ko ayo masezerano azashyirwaho umukono mu minsi ya vuba nkuko Daily Monitor yabitangaje.

Ibiganiro birakomeza kugeza kuri uyu wa Kabiri hategurwa amasezerano azasinyirwa i Nairobi muri Kenya mu minsi mike, bishoboka ko ari mu cyumweru gitaha.

Ukutumvikana kwa Machar na Kiir kwakuruye imvururu n’imirwano mu gihugu, bituma kimwe cya gatatu cy’abaturage bava mu byabo.

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat,  yapfubye hafatiwe  ibikoresho bya gisirikare

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Editorial 13 Mar 2019
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Editorial 09 Sep 2021
Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Editorial 10 Jun 2017
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Editorial 08 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.
Mu Rwanda

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Editorial 16 Feb 2016
Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC
ITOHOZA

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Editorial 02 Mar 2017
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo
ITOHOZA

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Editorial 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru