• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Editorial 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Muhanga – Mu ijoro ryakeye mu murenge wa Shyogwe, abantu bivugwa ko barenga 10 bitwaje imihoro n’ibisongo biraye mu baturage batema abantu bane (4) ku mpamvu zitaramenyekana, harakekwa ubujura n’ubwo ntacyo bibye aho banyuze hose.

Abaturage bakorewe ubu bugizi bwa nabi babwiye Umunyamakuru wacu i Muhanga ko ababateye bari itsinda ry’abantu barenga icumi (10), ryaje ritema abantu bane (4) mu midugudu itandukanye.

Abo batemye barimo umugabo umwe wubatse n’abasore batatu, icyakora bose baracyariho ntawapfuye kuko bahise bajyanwa kwa muganga.

Aba bantu bane batemwe n’aba bagizi ba nabi babakomerekeje nyuma babajyana mu bitaro baravurwa barataha.

Umwe mubatemwe ni Nishimwe Viateur wo mu kigero k’imyaka 25, mu buzima busanzwe ni ‘kigingi’ w’imodoka zitwara abagenzi, bamutemye mu nda no mu mutwe.

Nishimwe yadutangarije ko baje agiye kwinjira mu nzu umwe aturuka hepfo undi aturuka haruguru baramugota, mu minota ibiri hahita haza n’abandi bamuhurizaho imihoro baratema, icyakora bikanga irondo bariruka barahunga.

Se w’uyu musore wari uryamye abyutse ngo yasanze biruka.

Intego z’aka gatsiko k’abagizi ba nabi ntiziramenyekana kuko n’ubwo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukeka ko intego yako yari ubujura, abaturage bo bavuga ko nta kintu na kimwe bigeze biba ahubwo batemye abantu.

Mu midugudu ya Murambi, Nyacyamu, na Kabeza, yo mu kagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe bagiye bahatema byibura umuntu umwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Shyogwe Habinshuti Vedaste, yavuze ko amakuru bafite ari uko abo bantu “bashakaga kwiba”, ngo kuko hari amakuru yari yasakaye mu baturage ko umukecuru batemeye umwuzukuru yaba yagurishije itungo, bagezeyo basanga ntaryo yagurishije batema umwuzukuru we w’umusore.

Mu ngo zose banyuze nta kintu bibye, icyakora habaye inama y’umutekano yo guhumuriza abaturage, hasabwa ko abantu bakora irondo bakongerwa.

Hari amakuru  avuga ko haba hafashwe abantu batandatu bafitanye isano n’iki gitero bakaba bari gukorwaho iperereza.

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Editorial 16 Jul 2021
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Editorial 18 Jun 2016
Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Editorial 09 Mar 2016
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere
Mu Mahanga

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Editorial 26 Feb 2017
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana
INKURU NYAMUKURU

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019
Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
INKURU NYAMUKURU

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Editorial 22 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru