• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Ubwanditsi 12 Jul 2018 POLITIKI

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli umaze imyaka igera kuri itatu ayobora icyo gihugu, yagaragaje umwihariko mu mpinduka mu miyoborere y’igihugu n’imibereho y’abagituye.

Uyu mukuru w’igihugu yafashe ibyemezo byashaririye bamwe birimo gukuraho ingendo zose zo hanze ku bayobozi bakuru, gukaza ingamba zo gukurikirana abakoresha nabi umutungo wa leta, gukuraho ibirori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’ibindi.

Magufuli wabaye Perezida wa Gatanu uyoboye Tanzania kuva yagira Ubwigenge, akigera ku butegetsi mu Ugushyingo 2015, yahamagaye abakuru b’ibihugu bitandukanye mu kurushaho kunoza umubano hagati yabyo no gushaka ubujyanama ku mishinga y’iterambere.

Ikibazo cyari mu by’ingutu ni icyo kuba Guverinoma yamubanjirije itari ifite sosiyete yayo y’indege mu gihe ba mukerarugendo bazi Tanzania ari benshi ariko igasurwa n’umubare udashamaje.

Sosiyete y’Indege ya Tanzania yagenzurwaga na Guverinoma kugeza mu 2002, mbere yo kuyifatanya n’ikindi kigo. Leta yagabanyije imigabane yayo igera kuri 51%, itangira gufatanya na South African Airways. Iyi mikoranire yamaze imyaka ine yahombeje miliyoni zirenga 19 z’amadolari ya Amerika.

Tanzania yongeye kugura imigabane yose mu 2006, itangira gukora mu ngendo z’imbere mu gihugu, mu karere, no hanze ya Afurika.

Taarifa dukesha iyi nkuru ivuga ko Magufuli akimara kubona iyi mibare yaguye mu kantu agaragaza inyota yo kuzamura imibare ya ba mukerarugendo bagana igihugu. Yahise akoranya abajyanama be bakora ubushakashatsi bw’icyakorwa mu gushaka igisubizo kirambye.

Yagize ati “Twakoze isesengura dusanga ibihugu bifite sosiyete y’indege yabyo byakira umubare munini wa ba mukerarugendo. Twarebye Misiri, tuganira na Kenya ndetse na Maroc, nk’ibihugu bisurwa na ba mukerarugendo benshi. Nka Misiri isurwa na ba mukerarugendo barenga miliyoni 10 mu gihe twe twakira abangana na miliyoni imwe gusa.”

Muri Mata 2016, Magufuli yakoze uruzinduko rwe rwa mbere hanze y’igihugu yakoreye mu Rwanda, nyuma y’uko we na Perezida Kagame bari bamaze gufungura umupaka uhuriweho wa Rusumo.

Ababanjirije Magufuli bagiye bagira umubano urimo agatotsi n’u Rwanda ndetse byatumye benshi bibaza ku mahitamo ye yo kurugenderera.

Icyo gihe yagize ati “Ntabwo nkunda gutembera kuko mba mpuze kandi nshaka kubika ku mutungo. Natumiwe ahantu henshi harimo i Burayi, ariko sinabikoze ariko ubwo Perezida Kagame yantumiraga, nagombaga kuza.”

Perezida Kagame yabwiye Magufuli ko ibihugu byombi bikeneye “ubucuti, dukeneye ubuvandimwe, kandi dukeneye gukorana ishoramari mu nyungu z’impande zombi.”

Mu gihe aba bakuru b’ibihugu byombi bahuriraga ku Kiyaga cya Muhazi, nta byinshi byari byatangajwe ku biganiro bagiranye. Nyuma y’imyaka itatu bahuye, Magufuli yagaragaje ko Perezida Kagame ari inkoramutima ye ndetse yamugiriye inama yo guteza imbere no kuvugurura Air Tanzania Company limited (ATCL).

Yagize ati “Ndashimira Perezida Kagame. Yarambwiye ngo bikore. Uramutse utinze ushobora guhura n’imbogamizi zikomeye.’’

Mu birori byo kwakira indege ya Boeing 787 Dreamliner kuri Julius Nyerere International Airport (JNIA), ku wa 8 Nyakanga 2018, Magufuli yagize ati “Kagame yangiriye inama yo kuganira n’inganda zikora indege ndetse no ku buryo bwo kuzihabwa ku biciro byiza. Narabikoze kandi tumaze kugura indege zirindwi.”

Magufuli yahaye ATCL indege enye zirimo eshatu za Bombardier n’imwe ya Boeing ndetse biteganyijwe ko mu Ugushyingo 2018, iki kigo kizakira izindi ebyiri zo mu bwoko bwa CS300 za Bombardier.

U Rwanda rukomeje kuzamuka mu bwikorezi bwo mu kirere aho RwandAir imaze kuba ubukombe mu ngendo z’indege muri Afurika no ku yindi migabane.

Iyi sosiyete ifite indege 12 zirimo Airbus A330 – 300 imwe, Airbus A330 – 200 imwe, Boeing 737-800NG enye, Bombardier Q-400 Next Gen ebyiri, Bombardier CRJ-900 NextGen ebyiri na Boeing 737-700NG na zo ebyiri. Iteganya kwakira izindi ebyiri nshya za Airbus A330 n’ebyiri za Boeing 737 MAX mu ntangiriro za 2019.

RwandAir igana mu byerekezo 26 birimo Uburasirazuba, Uburengerazuba n’Amajyepfo ya Afurika, Uburasirazuba bwo Hagati, u Burayi na Aziya. Mu 2019, ifite intego zo kwerekeza Guangzhou, Tel Aviv, Bamako na Conakry no kugana ku isoko rya Amerika muri Leta ya New York.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni arashaka guhuma amaso abayobozi bo mu karere yemereye ko agiye gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizeho umukono

Museveni arashaka guhuma amaso abayobozi bo mu karere yemereye ko agiye gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizeho umukono

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda
Amakuru

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Mar 2023
Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere
ITOHOZA

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22
Mu Mahanga

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru