• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Ubwanditsi 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko nyuma y’ibitero byahagabwe bikibasira abaturage mu minsi ishize, hafashwe ingamba zikomeye zirimo gukaza umutekano mu gihe hagishakishwa abakoze ubwo bugizi wa nabi.

Mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018, abantu bataramenyekana bitwaje imbunda, barashe abantu mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bicamo babiri abandi barakomereka. Icyo gihe bakomerekeje n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge batwika n’imodoka ye.

Nyuma yaho ku Cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018, mu Mudugudu wa Cyumuzi, Akagari ka Ruhinga, abaturage bongeye guterwa n’abitwaje imbunda babasahura imitungo irimo ibiribwa, amatungo magufi, imyenda n’amafaranga.

Ibyo bitero bibiri byabaye nyuma y’uko tariki ya 10 Kamena 2018 amabandi yitwaje intwaro yari yateye mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru akomeretsa abaturage abatwara n’imitungo irimo amafaranga, televiziyo, inkweto n’ibindi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, avuga ko nyuma y’ibyo bitero hafashwe ingamba zikomeye zijyanye n’umutekano, birinda ko byazasubira kandi hashakishwa n’ababigizemo uruhare.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nyakanga 2018, Habitegeko yagize ati “Uko ubu bihagaze, ku bufatanye bw’Ingabo z’Igihugu n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, abo bantu twarabahashyije turabirukana baragenda basubira iyo bavuye.

“Bitwazaga ririya shyamba rya Nyungwe kuko muzi ko rihana umupaka n’igihugu cy’i Burundi bashobora kuba ari naho bazaga baturuka muri ariya mashyamba y’i Burundi kubera ko umutekano waho hafite ibibazo byaho bishobora guha icyuho n’abo bagizi ba nabi, bakitwaza ishyamba nijoro bagahungabanya umutekano wacu”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru yakomeje avuga ko abagabye ibyo bitero bataramenyekana neza, ariko bikekwako ari abasize bakoze ibyaha mu Rwanda birimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yakomeje agira ati “Ntabwo bamenyekanye kuko ni abantu baza basesera, abo dukeka bavuye muri iki gihugu bakoze ibyaha bitandukanye, hari abagiye bahunga kubazwa Jenoside yakorewe abatutsi bakoze, murabizi ko hari abagiye bahunga bagatorongera muri ayo mashyamba ya za Congo.”

“Abo rero batashejwe gukomeza kwica abantu, hari abagiye bakoze ibyaha bitandukanye barimo abagiye bahunga ubutabera bakatiwe n’inkiko gacaca, hari abagiye ari abajura. Abo bose nibo dukeka ko bafite uwo mutima wo kuba bagaruka bagahungabanya umutekano”.

Habitegeko akomeza avuga ko bagikurikirana kugira ngo hamenyekane abo bantu kuko iyo bateye baza bihishahisha.

Abaturage ubu baratuje

Meya Habitegeko avuga ko nyuma yo gucibwa mu rihumye n’abagizi ba nabi inshuro zirenga ebyiri bagatera abaturage, hafashwe ingamba ku buryo ubu hari umutuzo ndetse n’ibikorwa by’iterambere bikomeje.

Yagize ati “Uko umutekano uhagaze, umeze neza abaturage baratuje, Ingabo z’Igihugu zirinze imipaka kandi ziryamiye amajanja ku buryo nta kindi gishobora kuba cyaduca mu rihumye ngo cyongere gihungabanye umutekano w’abaturage bacu. Abaturage nabo bahagaze neza bahagurukiye kwirindira umutekano no gutanga amakuru kugira ngo uwahirahira akaba yagaruka kubahungabanya babe bamugaragaza”.

Polisi y’u Rwanda, ku wa 2 Nyakanga 2018, yatangaje ko abari baraye bagabye igitero cyo gusahura abaturage mu Karere ka Nyaruguru baturutse mu Burundi, bakanyura mu ishyamba rya Nyungwe riri hagati y’ibihugu byombi, ari na yo nzira baciye basubira mu gihugu cyabo.

Muri iryo tangazo hari ahagira hati “Abo bagizi ba nabi bateye baturutse mu gihugu cy’u Burundi banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ari nayo nzira banyuze basubirayo. Ibi bikaba bibaye nta n’ibyumweru bibiri bishize mu karere kamwe habaye igitero nk’iki”.

Polisi yasabye abaturage gukomeza ubufatanye n’Inzego z’Umutekano bahanahana amakuru kugira ngo abo bagizi ba nabi bamenyekane.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Abahoze muri FDLR birukanwe muri Congo bakomeje gutaha mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Ubwanditsi 17 Jul 2016
Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Ubwanditsi 02 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.
Mu Rwanda

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Ubwanditsi 15 May 2017
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya
Mu Mahanga

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Ubwanditsi 09 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru