• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016 Mu Mahanga

Ku isaha ya saa sita z’ijoro yo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Werurwe 2016, nibwo indege yazanye Jose Chameleone na Good lyfe yari igeze ku kibuga cy’indege i Kanombe, uru rugendo rukaba ari urugendo rwakozwe bucece kuburyo nta tangazamakuru ryabimenyeshejwe mbere.

Ubwo bageraga ku kibuga cy’indege i Kanombe, aba bagabo batanu bahasanze Dj Pius na Nina uririmbana na Charly bari kumwe n’umujyanama wabo Muyoboke Alexis babategereje. Ubwo yahageraga, umunyamakuru wa Inyarwanda.com akaba yari yamaze kubimenya maze aganira na Chameleone, watangaje ko aje mu Rwanda mu rwego rw’akazi gusa ko batigeze bifuza ko bimenyekana mu itangazamakuru.
Icya mbere kituzanye ni ukwamamaza mu Rwanda igitaramo dufite mu mujyi wa Kampala hamwe na Jody, Charly na Nina bafatanyije na Dj Pius ndetse na Big Farious, tuje kwereka Abanyarwanda ko iki gitaramo twakiteguye kandi kizaba kiryoheye ijisho, dukangurira abanyarwanda bakunda aba bahanzi kuzitabira iki gitaramo – Chameleone

-2582.jpg

Jose Chameleone na Weasel bakigera i Kigali

Iki gitaramo kizabera mu mujyi wa Kampala tariki ya 15 Mata 2016 ahitwa Cayenne Lounge. Jose Chameleone wari uherekejwe na Good Lyfe yatangaje ko hari n’izindi gahunda za muzika zimuzanye mu Rwanda atwizeza ko vuba ari buzitangaze. Mu kiganiro na Muyoboke Alexis, umujyanama wa Charly na Nina ndetse na Dj Pius yadutangarije ko mu byukuri ibizanye Chameleone agaherekezwa n’itsinda rya Goodlyfe ari ukwamamaza iki gitaramo ndetse n’izindi mpamvu z’akazi kabo ka buri munsi ariko ka muzika badashaka gutangaza.

Aba basore bageze i Kigali bananiwe bahita berekeza kuri Hotel bagombaga kuraramo bakaruhuka cyane ko ibikorwa byose bateganya biri butangire kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Mata 2016 kugeza tariki 3 Mata 2016 ubwo bazaba basubiye muri Uganda.

inyarwanda

2016-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Abagabo 2 bafunzwe bakekwaho ubwambuzi bushukana biyita abakomisiyoneri ba Polisi

Abagabo 2 bafunzwe bakekwaho ubwambuzi bushukana biyita abakomisiyoneri ba Polisi

Ubwanditsi 23 Jun 2016
U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Ubwanditsi 19 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye
POLITIKI

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Parapara no gupapira byambuye umugati Kanyankore na Nshimiyimana Eric
IMIKINO

Parapara no gupapira byambuye umugati Kanyankore na Nshimiyimana Eric

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika
ITOHOZA

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru