• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Editorial 23 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Hassan Rouhani wa Iran yihanije Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amubwira ko intambara yashoza kuri icyo gihugu zaba umubyeyi w’intambara nyinshi.

Ibi perezida Rouhani yabitangaje nyuma y’uko mu minsi ishize Trump yemeje ko azasubizaho ibihano by’ubukungu byari byarafatiwe Iran kubera gucura intwaro kirimbuzi.

Mu ijambo yagejeje ku badipolomate batandukanye mu murwa mukuru Tehran kuri iki Cyumweru, Perezida Rouhani yagize ati “Abanyamerika bagomba kumva ko intambara na Iran ari nyina w’intambara zose kandi amahoro na Iran ari nyina w’amahoro yose.”

Nk’uko ibiro ntaramakuru by’icyo gihugu, IRNA, byabitangaje, Perezida Rouhani yanageneye ubutumwa Prezida Trump ati “wirinde gukinisha umurizo w’Intare kuko uzabyicuza ubuziraherezo.”

Ubuyobozi bwa Trump buheruka gutangaza ko bwivanye mu masezerano ibihugu byombi byari byaragiranye ku buyobozi bwa Barack Obama, ngo hakurweho ibihano by’ubukungu Iran yari yarafatiwe. Biteganywa ko ibyo bihano bizasubiraho ku wa 4 Ugushyingo, ndetse ibigo mpuzamahanga bisaga 50 byatangaje ko bizahita biva ku isoko rya Iran.

Trump na we yasubije Rouhani yifashishije Twitter mu magambo akarishye yanditse mu cyapa, amubwira ko ashobora kuzahura n’ingaruka zikaze.

Yagize ati “Kuri Perezida Rouhani wa Iran: Ntuzongere na rimwe gutera ubwoba Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukundi cyangwa uzirengere ingaruka abantu bake mu mateka baba barahuye nazo. Ntitukiri igihugu cyihanganira amagambo yawe asura ubugizi bwa nabi n’urupfu. Witonde!”

Si ubwa mbere aba bakuru b’ibihugu bombi bateranye amagambo kuko no mu minsi yashize Perezida Rouhani yibasiye Trump amuziza gukumira bimwe mu bihugu by’Abisilamu kwinjira muri Amerika.

Mu 2015 Amerika n’ibindi bihugu bikomeye ku Isi byagiranye amasezerano na Iran ko Amerika izayigabanyiriza ibihano niramuka ihagaritse ikorwa ry’intwaro kirimbuzi. Gusa muri Gicurasi Perezida Trump yitandukanyije n’ibyo bihugu birimo ibyo mu Burayi.

2018-07-23
Editorial

IZINDI NKURU

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018
Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma  yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Editorial 10 Oct 2018
Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Editorial 17 Apr 2019
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Editorial 21 Jan 2016
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018
Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma  yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Editorial 10 Oct 2018
Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Editorial 17 Apr 2019
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Editorial 21 Jan 2016
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018
Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma  yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Editorial 10 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru