• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018 UBUKUNGU

U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari, ni ukuvuga miliyari zirenga 174 z’amafaranga y’u Rwanda, zizakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo mu byanya byahariwe inganda no guteza imbere ubuhinzi binyuze muri gahunda yo kuhira.

Aya masezerano yasinywe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubwo Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’u Rwanda bakiraga Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, n’itsinda ryamuherekeje muri Village Urugwiro.

Narendra watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere w’u Buhinde uhagiriye uruzinduko.

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 100 z’amadolari zo kubaka ibikorwa remezo byo mu byanya byagenewe inganda ari byo; Bugesera, Rwamagana ndetse no kwagura igice cyahariwe inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone). Izindi miliyoni 100 z’amadolari zizifashishwa mu mishinga itatu yo kuhira imyaka.

Ibihugu byombi byasinyanye andi masezerano atandatu arimo ay’ubufatanye mu by’ingabo, ubufatanye mu bucuruzi, guhanahana ubumenyi mu by’ubutoza bw’imikino itandukanye, ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi, ubufatanye mu bushakashatsi mu by’inganda n’ubufatanye mu bushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi.

Nyuma y’uko Abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo ku mpande zombi bashyize umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byombi bisangiye intumbero z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage babyo, ashimira ubufasha bw’u Buhinde mu gushyigikira gahunda z’iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi, azatuma dukomeza kwibanda ku bufatanye mu bintu by’ingenzi. Duhaye ikaze uhagarariye u Buhinde mushya ari we wa mbere uzaba ufite icyicaro i Kigali, ibi bizateza imbere umubano usanzwe”.

Yakomeje agira ati “Iyo muduhaye miliyoni 100 z’amadolari, ni izo guteza imbere imibereho y’abaturage ntabwo ari izo kugabana ngo buri umwe ashyire mu mufuka we, turabizeza ko azakoreshwa neza ibyateganyijwe kuko niwo muco turimo gushyira imbere kandi na Afurika yose irimo kubyumva gutyo”.

U Rwanda ruherutse kwemeza ko uwitwa Oscar Kerketta ahagararira u Buhinde mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, afite icyicaro i Kigali. Niwe wa mbere ugize icyicaro i Kigali kuko ubusanzwe Ambasade y’u Buhinde muri Uganda ari yo yakurikiranaga ibikorwa byabwo mu Rwanda n’u Burundi.

Perezida Kagame yahaye ikaze abashoramari bo mu Buhinde cyane cyane mu byerekeye n’inganda zikora imyenda n’imiti, aho iki gihugu gifite byinshi cyagezeho kandi byafasha u Rwanda muri gahunda yarwo yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi, yashimye intambwe y’iterambere u Rwanda rumaze gutera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko imiyoborere ya Perezida Kagame no kugira intego ari byo byatumye rutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse.

Yavuze ko u Buhinde bufite uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi buzakomeza gutanga umusanzu wabwo mu rugendo rw’iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Dufitanye ubufatanye mu mahugurwa mu by’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwa remezo, mu by’imari, guteza imbere icyaro ndetse n’ikoranabuhanga, kubaka ubushobozi kandi turashaka gukomeza”.

Minisitiri w’Intebe Narendra, yanatangaje ko bifuza gushyiraho isomero ryo kuri Internet ry’abana ndetse n’uburyo bwo kwiga Iyakure buzatuma Abanyarwanda baruhuka gukora ingendo bajya kwiga mu Buhinde.

Ku rwego Mpuzamahanga u Rwanda n’u Buhinde bihuriye mu bikorwa byo kugarura amahoro nk’ibihugu bitanga umusanzu munini mu bikorwa bya Loni byo kugarura amahoro.

Minisitiri w’Intebe Narendra yazanye n’itsinda ry’abashoramari n’abikorera, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri bazahura na bagenzi babo bo mu Rwanda bakaganira ku buryo bakorana.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kabiri Narendra azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, akajyana na Perezida Kagame mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera gutanga impano y’inka 200 yageneye abaturage ngo ashyigikire gahunda ya Girinka.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 26, 20187:54 am -

    Ariko ndabaza , igihugu kiguriza ikindi gifite abaturage bakennye bikabije? Kuki iyi mfashanyo batayifashisha abaturage babo baba bakennye? Iyi politiki sindayumva. Iyo ageze ino nabwo leta ihita iyamira abaturage bagakomeza gusama isazi.
    Singaye na Muligande wigeze kuvuga ko aterwa isoni n abiba ib yabanyarwanda aribo bakagombye kubareberera, andi reka abivuge we ntiyigeze yiba aho yanyuze hose. Imana imurinde akaga kose.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi
ITOHOZA

Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel
Mu Mahanga

Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi
Mu Rwanda

Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru