• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Abapolisi babiri bo ku rwego rwa Ofisiye bakuru bo mu gihugu cya Ecosse bari kumwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling, ku wa mbere tariki ya 6 Gashyantare basuye Polisi y’u Rwanda, aho baganiriye n’Umuyobozi Mukuru wayo, IGP Emmanuel K Gasana.

Mu biganiro byabo bunguranye ibitekerezo ku kuntu habaho ubufatanye hagati ya Polisi zombi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Aba bashyitsi uko ari babiri bari mu Rwanda mu rugendo shuri rw’iminsi ine; abo akaba ari: Superintendent Shaun McKillop; akaba ayobora Ishami rishinzwe ibikorwa byo guteza imbere Polisi y’iki gihugu n’iterambere mpuzamahanga, rikorera ku cyicaro cya Polisi ya Ecosse ; yari kumwe na Senior Inspector Iain Ward., akaba we ashinzwe ibijyanye n’umugabane wa Afurika.

Bari mu gihugu, aho barimo kwiga uburyo u Rwanda rukoresha mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kureba uko habaho imikoranire hagati ya Polisi zombi kugira ngo ubwo bufatanye burusheho gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda aganira n’abo bashyitsi, yavuze ko ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi ari ingenzi ku buryo buri ruhande rubyungukiramo kuko hari ibyiza rukuramo.

Yagize ati,” Tugiye kubigiraho byinshi kubera ubumenyi mufite mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, cyane cyane binyuze mu mahugurwa n’ubundi bumenyi. Ariko kandi hari natwe ibyo tumaze kugeraho twifuza kubasangiza”.

Yakomeje ababwira ko u Rwanda rufite umwihariko mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko buri nzego zose kuva hasi kugera hejuru bafite ingamba zo kurirwanya.

Yagize ati,”Polisi y’u Rwanda nk’urwego rushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, dukorana n’abaturage ndetse bafite uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Dufite kandi ibigo bya Isange one stop centers mu gihugu hose, agashami gashinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse n’imirongo ya terefone yo guhamagaraho mu gihe hakenewe ubufasha ku gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana. Ibi byose byatumye abaturage ubwabo bagira uruhare mu kurwanya iryo hohoterwa.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakomeje avuga ko ingamba zitandukanye zo kurwanya iryo hohoterwa zashyizweho, zirimo kuba u Rwanda ari rwo rurimo Ikigo cy’icyitegererezo cy’Ubunyamabanga bw’akarere mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Isange one stop center yo yatowe n’Inama rusange ya 84 ya Polisi mpuzamahanga kuba rumwe mu ngero nziza ibindi bihugu byakoresha mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Amaze kubwirwa no gusobanurirwa n’Umukuru wa Polisi y’u Rwanda ingamba za Polisi y’u Rwanda zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Supt McKillop yagize ati,”Hari byinshi ibihugu byo muri aka karere, ndetse no hanze yako byakwigira ku Rwanda mu bijyanye no kurwanya bene iri hohoterwa. Turabashyigikiye mu rugendo murimo; kandi Ubwami bw’Ubwongereza buzakomeza kubasangiza ubunararibonye bubifitemo .”

Yavuze ko yashimishijwe n’imikorere ya Isange One stop Centers, ndetse n’imikoranire yazo n’izindi nzego mu kwita no gufasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; baba abakuru, ndetse n’abana.

Supt McKillop yagize ati,”Serivisi zitangwa na Isange One Stop Centers ni ntamakemwa.Nashimishijwe n’uburyo abakorewe ihohoterwa bakirwa neza, uburyo baganirizwamo, ubujyanama bahabwa, ubufasha bahabwa mu bijyanye n’amategeko, n’uburyo zikorana n’izindi nzego kugira ngo bahabwe ubutabera.”

Ku bijyanye n’umubano w’igihugu cya Ecosse (Ekose) na Polisi y’u Rwanda, Supt McKillop yavuze ko Polisi yo muri Ekose izohereza Impuguke mu Rwanda kugira ngo baganire na bagenzi babo b’u Rwanda ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubutwererane hagati y’impande zombi mu bya Gipolisi.

Nyuma y’ibyo biganiro, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda n’izo Ntumwa basuye Isange One Stop Center ya Kacyiru ; aho babwiwe amavu n’amavuko yayo, serivisi itanga; kandi berekwa aho zitangirwa n’uko zitangwa.

Bavuye ku Isange, basuye Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere kirwanya Ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana; aho bakiriwe n’Umuhuzabikorwa wacyo, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkurunga wababwiye ko ishyirwaho ryacyo ari umwe mu myanzuro y’Inama Mpuzamahanga y’Itangazo rya Kigali (KICD); aho abayitabiriye bemeranyijwe gushyiraho iki Kigo kugira ngo gihuze ibikorwa byo kurwanya iri hohoterwa.

-5678.jpg

IGP Emmanuel K Gasana n’abashyitsi

Mu nshingano z’iki Kigo harimo gukora ubushakashatsi ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kwegeranya no kubika mu buryo bugezweho amakuru ajyanye na ryo, no guhugura inzego zitandukanye ku kurirwanya.

Izi Ntumwa zizasura kandi Ishami rya Isange ryo mu Ntara y’Amajyepfo n’Ikigo cyita ku babaswe n’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Ubwanditsi 29 May 2018
Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba  ya Leta bakabitwikamo amakara

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba ya Leta bakabitwikamo amakara

Ubwanditsi 13 Apr 2016
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Urubyiruko  rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19
Amakuru

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya  Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports
Amakuru

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru