• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Abapolisi babiri bo ku rwego rwa Ofisiye bakuru bo mu gihugu cya Ecosse bari kumwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling, ku wa mbere tariki ya 6 Gashyantare basuye Polisi y’u Rwanda, aho baganiriye n’Umuyobozi Mukuru wayo, IGP Emmanuel K Gasana.

Mu biganiro byabo bunguranye ibitekerezo ku kuntu habaho ubufatanye hagati ya Polisi zombi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Aba bashyitsi uko ari babiri bari mu Rwanda mu rugendo shuri rw’iminsi ine; abo akaba ari: Superintendent Shaun McKillop; akaba ayobora Ishami rishinzwe ibikorwa byo guteza imbere Polisi y’iki gihugu n’iterambere mpuzamahanga, rikorera ku cyicaro cya Polisi ya Ecosse ; yari kumwe na Senior Inspector Iain Ward., akaba we ashinzwe ibijyanye n’umugabane wa Afurika.

Bari mu gihugu, aho barimo kwiga uburyo u Rwanda rukoresha mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kureba uko habaho imikoranire hagati ya Polisi zombi kugira ngo ubwo bufatanye burusheho gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda aganira n’abo bashyitsi, yavuze ko ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi ari ingenzi ku buryo buri ruhande rubyungukiramo kuko hari ibyiza rukuramo.

Yagize ati,” Tugiye kubigiraho byinshi kubera ubumenyi mufite mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, cyane cyane binyuze mu mahugurwa n’ubundi bumenyi. Ariko kandi hari natwe ibyo tumaze kugeraho twifuza kubasangiza”.

Yakomeje ababwira ko u Rwanda rufite umwihariko mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko buri nzego zose kuva hasi kugera hejuru bafite ingamba zo kurirwanya.

Yagize ati,”Polisi y’u Rwanda nk’urwego rushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, dukorana n’abaturage ndetse bafite uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Dufite kandi ibigo bya Isange one stop centers mu gihugu hose, agashami gashinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse n’imirongo ya terefone yo guhamagaraho mu gihe hakenewe ubufasha ku gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana. Ibi byose byatumye abaturage ubwabo bagira uruhare mu kurwanya iryo hohoterwa.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakomeje avuga ko ingamba zitandukanye zo kurwanya iryo hohoterwa zashyizweho, zirimo kuba u Rwanda ari rwo rurimo Ikigo cy’icyitegererezo cy’Ubunyamabanga bw’akarere mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Isange one stop center yo yatowe n’Inama rusange ya 84 ya Polisi mpuzamahanga kuba rumwe mu ngero nziza ibindi bihugu byakoresha mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Amaze kubwirwa no gusobanurirwa n’Umukuru wa Polisi y’u Rwanda ingamba za Polisi y’u Rwanda zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Supt McKillop yagize ati,”Hari byinshi ibihugu byo muri aka karere, ndetse no hanze yako byakwigira ku Rwanda mu bijyanye no kurwanya bene iri hohoterwa. Turabashyigikiye mu rugendo murimo; kandi Ubwami bw’Ubwongereza buzakomeza kubasangiza ubunararibonye bubifitemo .”

Yavuze ko yashimishijwe n’imikorere ya Isange One stop Centers, ndetse n’imikoranire yazo n’izindi nzego mu kwita no gufasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; baba abakuru, ndetse n’abana.

Supt McKillop yagize ati,”Serivisi zitangwa na Isange One Stop Centers ni ntamakemwa.Nashimishijwe n’uburyo abakorewe ihohoterwa bakirwa neza, uburyo baganirizwamo, ubujyanama bahabwa, ubufasha bahabwa mu bijyanye n’amategeko, n’uburyo zikorana n’izindi nzego kugira ngo bahabwe ubutabera.”

Ku bijyanye n’umubano w’igihugu cya Ecosse (Ekose) na Polisi y’u Rwanda, Supt McKillop yavuze ko Polisi yo muri Ekose izohereza Impuguke mu Rwanda kugira ngo baganire na bagenzi babo b’u Rwanda ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubutwererane hagati y’impande zombi mu bya Gipolisi.

Nyuma y’ibyo biganiro, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda n’izo Ntumwa basuye Isange One Stop Center ya Kacyiru ; aho babwiwe amavu n’amavuko yayo, serivisi itanga; kandi berekwa aho zitangirwa n’uko zitangwa.

Bavuye ku Isange, basuye Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere kirwanya Ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana; aho bakiriwe n’Umuhuzabikorwa wacyo, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkurunga wababwiye ko ishyirwaho ryacyo ari umwe mu myanzuro y’Inama Mpuzamahanga y’Itangazo rya Kigali (KICD); aho abayitabiriye bemeranyijwe gushyiraho iki Kigo kugira ngo gihuze ibikorwa byo kurwanya iri hohoterwa.

-5678.jpg

IGP Emmanuel K Gasana n’abashyitsi

Mu nshingano z’iki Kigo harimo gukora ubushakashatsi ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kwegeranya no kubika mu buryo bugezweho amakuru ajyanye na ryo, no guhugura inzego zitandukanye ku kurirwanya.

Izi Ntumwa zizasura kandi Ishami rya Isange ryo mu Ntara y’Amajyepfo n’Ikigo cyita ku babaswe n’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “

Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Ubwanditsi 02 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Abahuzabikorwa ba DASSO muri Nyamagabe basabwe kwibanda ku gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abahuzabikorwa ba DASSO muri Nyamagabe basabwe kwibanda ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare
INKURU NYAMUKURU

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Ubwanditsi 18 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru