• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi

Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi

Ubwanditsi 08 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’abaturage mu mujyi muto wa Igayaza mu Karere ka Kakumiro mu gihugu cya Ugada ryagabye igitero ku biro by’ushinzwe umutekano mu karere (DISO) bamusaba kumenya aho abantu babiri batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bashinjwa gukorana n’umutwe w’inyeshyamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Abo bantu babiri ni Abdul Karim Niwamanya na Abdul Safari, bose batuye muri Igayaza muri Kakumiro, batawe muri yombi kuwa Gatanu saa 5:30 z’umugoroba ngo n’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu gihugu (ISO.

Uwitwa Ali Ahimbisibwe, wahoze mu gisirikare cya Uganda (UPDF) ari nawe se wa Niwamanya, yavuze ko yifatanyije n’abandi baturage bakajya ku biro by’ushinzwe umutekano mu karere (DISO) bagiye gushaka amakuru y’umuhungu we ariko bakabwirwa kujya kubariza ku biro bya ISO muri Kampala.

Yavuze ko ubwo bajyaga Kampala babwiwe gusubira Kakumiro bakabaza amakuru y’abantu babo DISO.

Uyu ati: “Ni gute umuhungu wanjye yajya mu bikorwa by’inyeshyamba kandi ari njye ukorana n’umutekano? Ndashaka DISO kutubwira aho aba bantu bafungiye,”

Ku ruhande rwe ariko, DISO Edward Byarugaba ntiyigeze abitaho ahubwo yifungiranira mu biro amasaha agera kuri atandatu aza kuvanwamo na polisi yahise imujyana kuri station ya polisi ya Kakumiro.

Uhagarariye abaturage mu karere, Mary Lule Senkungu, yanenze inzego z’umutekano guta muri yombi abantu zitabimenyesheje igipolisi cy’akarere n’abandi bayobozi bashinzwe umutekano mu karere.

Madamu Senkungu yakomeje avuga ko yagiye ku biro bya minisitiri w’umutekano utari uhari, ariko abasha kumenya ko aba batawe muri yombi bakiriho kandi batekanye nk’uko Daily Monitor  dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Ni mu gihe umuyobozi wa polisi mu Karere ka Kakumiro, Hassan Katumba Mugerwa, yavuze ko atigeze amenyeshwa igikorwa cyo guta muri yombi abo bantu.

Kimwe mu binyamakuru byandikirwa mu Rwanda kikaba giherutse gutangaza ko Abdul Safari na Abdul karim Niwamanya, bakorera ishyaka RNC, rikuriwe na Kayumba Nyamwasa, aho baba mu bikorwa byo gushakisha abantu bo kwinjiza mu ngabo z’iri shyaka rifite imigambi yo guhungabanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Bikaba bivugwa ko uturere twa Kakumiro, Kibaale na Kagadi dutuwe n’Abanyarwanda benshi usanga bari mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi n’indi mirimo ijyanye nabyo.

Ibi biravugwa mu gihe imibanire y’u Rwanda na Uganda ikomeje kuba ndanze, aho abategetsi b’u Rwanda bakomeje gushinja aba Uganda gufasha, no korohereza abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, mu gihe Uganda nayo ikomeje guta muri yombi Abanyarwanda ibashinja kuba intasi za guverinoma y’u Rwanda. Ibi bibazo bikaba byaratangiye mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira na n’ubu ukiri mu maboko y’ubutabera bwa Uganda.

2018-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020

Igitekerezo kimwe

  1. rutahizamu
    August 9, 201810:12 am -

    Ariko se aba barihora iki rwose, ubu barareba bakabona hari aho bazamenera u Rwanda? baribeshya ahubwo ndi bo na mesa kamwe nkareka kwirirwa mburabunda nikanga n’imbeba ikomye nkaza nkafatanya n’abandi kubaka urwatubyaye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Nov 2023
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije
Amakuru

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru