• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018 UBUKUNGU

Abanyamuryango b’Urugaga Rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ko nubwo hari intambwe yatewe mu gushyiraho politiki igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, bafite ikibazo cy’uko bimwe mu bikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bigisoreshwa, mu gihe ibisa nabyo bitumizwa hanze y’u Rwanda byo byasonewe umusoro.

Ibi abikorera babigarutseho ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama mu birori byo gushimira abacuruzi bafatwa nk’indashyikirwa mu byiciro bitandukanye bahuriye muri Golden Circle, byahujwe no guhemba abitwaye neza mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2018.

Umuyobozi wa PSF, Robert Bapfakurera yavuze ko nk’abikorera biyemeje gutanga umusanzu mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bibanda cyane ku bikorwa bigamije kongerera abacuruzi ubushobozi no kubona amasoko hanze.

Yakomeje avuga ko kandi bishimira ko muri uru rugamba Guverinoma y’u Rwanda hari byinshi yakoze igamije kubashyigikira birimo nko gukuriraho umusoro bimwe mu bikoresho nkenerwa mu nganda, ariko avuga ko babangamirwa n’uko hari ibikorerwa mu gihugu bisoreshwa.

Ati “Iri sonerwa ry’imisoro usanga rireba gusa ibikoresho bitumizwa mu mahanga, mu gihe ibikorerwa mu Rwanda usanga bitanga umusoro. Aha usanga bisubiza inyuma abakorera ibyo bikoresho mu Rwanda, ingero ni nyinshi ariko natanga nk’urugero rumwe rw’ibikoresho abantu bakoresha mu gupfunyika. Ibikoresho byo gupfunyika usanga abantu bamwe babitumiza hanze badatanga umusoro, ariko ibikorerwa mu Rwanda bigatanga umusoro.”

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye abikorera kubera uruhare rukomeye bakomeje kugira mu iterambere ry’igihugu binyuze mu gutanga akazi kuri benshi, ubucuruzi n’ubuhahirane haba imbere mu gihugu no hanze, abizeza ubufasha mu gukuraho imbogamizi bahura nazo.

Ati “Guverinoma irashimira abacuruzi n’abashoramari bose kubera uruhare bakomeje kugira mu iterambere. Guverinoma y’u Rwanda kandi ikaba ibasaba kurushaho kongera ingano y’ibyo mukora haba mu bwiza no mu bwinshi kandi irabasezeranya ubufatanye buhoraho nk’uko twabyiyemeje.”

Dr Ngirente yashimye urwego imurikagurisha rya Kigali rimaze kugeraho mu myaka 21 ishize ritangiye, avuga ko kugira ngo intego guverinoma yihaye zizagerweho bazakomeza gufatanya n’abikorera muri gahunda zitandukanye, anabasezeranya ko ibibazo bagaragaje bazicara hamwe bakabiganiraho.

Muri ibi birori hahembwe abacuruzi umunani bahize abandi bahuriye muri Golden Circle ndetse hanatangwa ibihembo ku bamurika bitwaye neza muri Expo iri kubera mu Rwanda kuva tariki ya 26 Nyakanga.

Iyi Expo iri busozwe kuri uyu wa 15 Kanama yitabiriwe n’abamurika bagera kuri 500, muri bo 85% bakaba barishimiye uko ryateguwe. Ni mu gihe 95% by’abarisuye umunsi ku munsi bishimiye ibicuruzwa byagaragayemo, n’aho 98% bashima uburyo bushya bwo kwinjira hakoresheje ikarita rya Tap&Go.

PSF kandi ivuga ko abasaga 97% bishimiye uko umutekano wari wifashije, gusa bose bahuriza ku kuba aho imurikagurisha ribera ari hato, umugambi wo kwihutisha kubaka aho rizajya ribera hajyanye n’igihe ukaba ugiye kwihutishwa.

Abahawe ibihembo bari kumwe na Minsitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

Abitwaye neza muri Expo ya 2018 bashimiwe

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasezeranyije abikorera ko bazafatanya gushaka umuti w’ibibazo bafite

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker yakira igihembo cy’umucuruzi wahize abandi mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine
SHOWBIZ

’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…
ITOHOZA

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 8)

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru