• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete y’abanyamerika, Uber, itanga serivisi z’ingendo yifashishije porogaramu z’ikoranabuhanga zihuza abagenzi n’imodoka, yagaragaje ubushake bwo gutangira gutanga izi serivisi mu Rwanda.

Umuyobozi gutwara abantu mu Rwego Ngenzuramikorere, RURA, Eng Emmanuel Asaba yabwiye The New Times ko muri uyu mwaka abahagarariye Uber begereye iki kigo bakabaza ibisabwa kugira ngo serivisi zacyo zitangire mu Rwanda.

Iyi sosiyete mu karere yatangiye gukorera mu bihugu nka Kenya, Uganda na Tanzania.

Uber ikoresha abashoferi bafite imodoka zabo. Umugenzi ukeneye gutwarwa agomba kuba afite porogaramu ya Uber muri telefone ye, akayikoresha ahamagaza imodoka bijyanye n’igihe ayikenereye. Umushoferi na we agomba kuba akoresha iyo porogaramu.

Umugenzi yishyuzwa bitewe n’aho agiye, igihe agendeye n’ibindi, akishyura mu ntoki, akoresheje ikarita ya banki, Mobile Money n’ibindi.

Asaba yavuze ko Uber yamaze guhabwa urutonde rw’ibyo ibyo igomba kuzuza niba ishaka gukorera mu Rwanda.

Ati “Baraje tubaha urutonde rw’ibisabwa kugira ngo bemerewe gukora ariko ntibaragaruka. Nibagaruka tugasanga bujuje ibisabwa, tuzabaha uburenganzira batangire gukora.”

Yavuze ko kwiyongera kwa sosiyete zifasha mu buryo bw’ingendo hifashishijwe ikoranabuhanga, bizongera imitangire ya serivisi.

Sosiyete zindi zifasha mu buryo bw’ingendo zifashishije ikoranabuhanga ziri mu Rwanda zirimo Taxi Rwa na Yego Cab iherutse kwemererwa. Jquicker na Panda nazo ziri kuzuza ibisabwa.

Eng. Katabarwa yavuze ko bimwe mu by’ingenzi basaba izo sosiyete harimo porogaramu y’ikoranabuhanga ibanza gusuzumwa.

Ati “Ni ngombwa ko ibanza gusuzumwa kugira ngo itazazana ibibazo nitangira gukoreshwa. Hari n’ibindi RURA irebaho mbere yo gutanga uburenganzira.”

“Hari porogaramu ushobora gusanga itaregeye neza, baguha serivisi ingana na kilometero enye, bakaguca amafaranga ya kilometero icumi. Ntabwo nkeka ko abantu babyishimira. Dushaka kurengera iyo serivisi kugira ngo umuntu yishyure ibihwanye na serivisi ahawe.”

Umwe mu bigeze gukora ingendo bakoresheje Uber, Karen Uwera, yavuze ko byaba ari amahirwe iyo sisoyete ije gukorera mu Rwanda.

Yagize ati “Maze igihe nifuza Uber. Dufite sosiyete zitwara abantu muri ubu buryo zihenze nubwo nazo ari nke ugereranyije n’abazikeneye.”

Nyuma ya buri rugendo rwa Uber, umugenzi n’umushoferi bahana amanota hifashishijwe ya porogaramu.

Umushoferi bigaragaye ko akunze guhabwa amanota make n’abagenzi ashobora guhagarikwa cyangwa agahanwa, naho umugenzi abashoferi bakunze guha amanota make ashobora kujya yimwa serivisi za Uber.

Kuri ubu Uber ikorera mu mijyi isaga 600 hirya no hino ku Isi.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019
U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze
Amakuru

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana
INKURU NYAMUKURU

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru