• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Jenerali Ulimwengu, Impuguke mu mategeko ukomoka muri Tanzania yagereranyije Yoweri Museveni uyobora Uganda, n’umusore wayoboye abandi mu rugamba rwo kubohora iki gihugu mu myaka isaga 30 ishize avuga ko bombi bahuye bakozanyaho.

Ulimwengu usanzwe ari umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’ikinyamakuru Raia Mwema, yashingiye ku myitwarire ya Museveni w’iki gihe, n’ibitekerezo yari afite ubwo yatangizaga impinduramatwara yamusize ku butegetsi.

Ibitekerezo bye kuri iyi ngingo yabinyujije mu nyandiko igaragara mu kinyamakuru, The East African.

Ulimwengu yahamije ko benshi mu bamenye Museveni nk’umunyeshuri wari urangaje imbere impinduramatwara ubwo yigaga muri Kaminuza ya Dar es Salaam, iyo bitegereje uwo yaje kuba we batangira kwibaza icyacura aba bombi baramutse bahuye.

Umwe mu bamumenye mu myaka ya 1960 na 70 we ngo ntiyatinye kuvuga ko bahuye ‘Bakozanyaho’.

Uyu mugabo avuga ko mu gihe akomeje kujanjagura imitwe y’abagerageza kugaragaza ko batamushyigikiye ariko, niko ahindukiza amaso akabona inyandiko ku nkuta zimubwira ziti “genda! Ntabwo ugikenewe, kandi n’utabikora ku bushake tuzashakisha uburyo bwose tukwikurira mu nzira”.
Ulimwengu avuga ko bitangaje kuba aho gushakisha umuti urambye, Museveni yahisemo gufunga Bobi Wine mu minsi yashize agakorerwa iyicarubozo ashinjwa ‘ubugambanyi’. Yarekuwe atanze ingwate.

Ni mu gihe nyamara icyaha nk’iki Museveni ubwe yagishinjwe mu 1980, ubwo yafataga umwanzuro wo kwegura intwaro akarwanya guverinoma yari iyobowe na Milton Obote.

Ni igikorwa cyashyigikiwe cyane kuko uretse kuba cyari gifite ishingiro, buri wese yemezaga ko ari ngombwa.

Ulimwengu ati “Sinzi byinshi ku byo Bobi Wine yavuze cyangwa yaririmbye, gusa nkeka ko ibyaha by’ubugambanyi ashinjwa ari ibinyoma, ariko impinduramatwara yatangije ifite ishingiro.”

Nk’uko yakomeje abivuga muri kirya gihe, ngo Museveni ntiyigeze anategereza ko haba amatora ngo byemezwe ko habaye uburiganya ahubwo yavuze ko naramuka adatsinze hazaba intambara.

Museveni ufite ipeti rya Lt.Gen. yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1986 aho yari amaze imyaka itanu mu ishyamba, abugeraho ahiritse Milton Obote.

Ibi kandi ni nako byaje kugenda, maze mu 1986 ajya ku butegetsi, nyuma y’imyaka itandatu y’intambara itoroshye yasize imennye amaraso y’abaturage batari bake.

Ibyishimo n’icyizere yari yarahaye abaturage ariko ngo ntibyarambye kuko yaje gutangira guhinduka no kwigwizaho ubutegetsi binyuze muri ruswa, kubaka akazu n’igisirikare gikoresha imbaraga z’umurengera.
Yacishagamo agategura amatora abeshya ko anyura mu mucyo.

Ulimwengu avuga ko nyuma y’uko Kizza Besigye bahanganye igihe kirekire abaye nk’unaniwe, kuri ubu Museveni ari guhangana n’umugabo ukiri muto unyeganyeza imisozi.

Ngo ni ibintu bitagoye kubera ibibazo biri muri Uganda birimo ubukungu butifashe neza n’ubushomeri mu rubyiruko bugenda bufata indi ntera.

Ati “Mu bigaragara ariko Yoweri nta gitekerezo na kimwe afite ku birebana n’icyo yabikoraho uretse kuvuga ko azaguma ku butegetsi uko byagenda kose.”

Ulimwengu asanga Museveni yagakwiye gufatira urugero kuri Repubulika ya Congo, izwi nka Congo-Brazzaville iherutse gushyira umukono ku masezerano yo guhagarika imvururu z’urudaca zari zarayogoje igihugu, ndetse umutwe wa Ninjas ukemera gushyira intwaro hasi.

Mu Cyumweru gishize umuyobozi w’umutwe wa Ninjas, Frederick Bintsamou, yavuze amagambo y’ubuhanga, Ulimwengu avuga ko yagakwiye kubera Museveni impumeko.

Uyu mugabo uzwi nka Pastor Ntumi, yagize ati “ Umuntu ashobora gushyira intwaro hasi, ariko impamvu zituma twese dufata intwaro zigomba gukemurwa.”

Ulimwengu yemeza ko Museveni aramutse ahaye agaciro “Impamvu ituma twese dufata intwaro”, haboneka umuti usumba gukozanyaho na Bobi Wine.

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Btwenge
    August 29, 201811:51 pm -

    MATTHEW. 7: 3 Yesu christ ati;
    Kuki mushimishwa no kureba
    agatotsi kari mujisho rya bagenzi banyu
    Mukirengagiza inkingi nini yitambitse
    Mumaso yanyu?????

    We must buy the Mirror!!! Indorerwamo!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima
Amakuru

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi
Mu Mahanga

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Ubwanditsi 25 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru