• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda
ASP Muhammad Kirumira wishwe yari inshuti ikomeye na Bobi Wine

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Editorial 12 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku mugoroba w’uwa 8 Nzeri 2018 nibwo hamenyekanye urupfu rw’uwahoze ayobora Polisi mu Karere ka Buyende, Assistant Superintendent of Police (ASP) Muhammad Kirumira, warashwe n’abantu bataramenyekana bagendaga kuri moto, agahita yitaba Imana.

Ni urupfu rwakurikiye urw’abandi benshi baraswa muri Uganda mu buryo bumwe, bikibazwaho n’abatari bake muri icyo gihugu.

Umwanditsi mu kinyamakuru, Great lakes Watchman, yasubije amaso inyuma yifashisha indirimbo ‘Redemption Song’y’umuhanzi w’umunyabigwi mu njyana ya Reggae, Bob Marley, waririmbye ati “bazica abahanuzi bacu kugeza ryari, kandi duhari turebera?”

Icyo gihe ngo nicyo Abanya-Uganda bagezemo, mu kunamira Kirumira hamwe n’abandi bagiye bicwa bazira kugaragaza ko badashyigikiye Museveni.

Afande Kurumira nk’uko yabyitwaga n’abatari bake, yatangiye kumenyekana ubwo yamaganaga uko Museveni ayoboye Uganda.

Hari ubwo yigeze kuvuga ati “niba gukosora isura ya polisi bisaba ko bamwe tuba ibitambo, aho nzashyingurwa i Mpigi; azabe ariho bajyana umurambo wanjye.”

Kirumira yagiye ashimangira ko abaturage bakwiye guhaguruka bakavana igihugu cyabo mu maboko ya Museveni kuko igihe akiburiho nta n’umwe ushobora kwisanzura.

ASP Muhammad Kirumira [ RIP ] n’umuryango we
Hari n’aho yagize ati “Iyo uvuze urapfa; waceceka ugapfa. Ikiruta ni uko wavuga ugapfa kuko ubutumwa buba bwageze ku bantu; nkora nk’intumwa. Icyo mbwira abicanyi bafite imbunda ni uko kunyica ubu ntacyo bimaze, narangije inshingano zo gutanga ubutumwa ku baturage.”Yakunze no kwamagarana yivuye inyuma ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu muri Uganda n’iyicarubozo, agashishikariza itangazamakuru gukomera ku rugamba basangiye rwo kurwanira ubwisanzure.

Nyuma ngo inshuti ye Bobi Wine yenyegeje umuriro, bikora icyo iki kinyamakuru cyise “imvange itoroheye igogora rya Museveni.”

Gikomeza kigira kiti “Biragaragara ko bombi bari mu bagomba kwicwa. Bobi Wine, ku buntu bw’Imana yabashije kurokoka igitero cyari kumuhitana gitwara umushoferi we. Afande Kirumira we ntiyagize ayo mahirwe. Gusa ibikorwa birigaragaza, nibwo butumwa bwatanzwe.”

“Ubutumwa ni ukwereka Bobi Wine ubu ukiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho ari gukiruka iyicarubozo yakorewe, ikimutegereje naramuka agarutse mu rugo ngo akomeze guhangana n’ubutegetsi bwa Museveni.”

Guhera mu 2012 nibura abantu 16 bakomeye barishwe mu Mujyi wa Kampala, mu bwicanyi bwibasiye cyane abayisilamu.

Aba barimo ba Sheikh Abdul Karim Sentamu, Abubakar Kiwewa, Yunus Mudungu, Mohammad Maganda, Abdul Kadir Muwaya, Mustafa Bayiga, Abdulrashid Wafula na Sheikh Ibrahim Hassan Kirya.

Ibyo ngo byafashwe nk’ibyaharuraga amayira yo kwivugana abandi bantu nka Major Mohammad Kiggundu na depite Ibrahim Abiriga wishwe arashwe mu mezi make ashize.

Icyo kinyamakuru gikomeza kigira kiti “Muri icyo gihe, byari byoroshye ko umuntu yafata ubwo bwicanyi ngo abuhirikire ku kudatinya amategeko muri Kampala, ngo byitwe ko ari abagizi ba nabi bari kubukora.”

“Nyamara abo bitwa abagizi ba nabi bafite imikorere ihamya ko Museveni ari kwica abanya-Uganda yifashishije inzobere zatojwe kwica; byongeye, ubwoko bw’intwaro bifashisha zerekana ko bari mu bagize Special Forces mu mikoranire na CMI ya Abel Kandiho.”

Umushinjacyaha Joan Kagezi, Komiseri Mukuru Wungirije wa Polisi ya Uganda, Andrew Kaweesi n’abandi, baricwaga Museveni akagenda nk’utabaye, nk’uko byagenze Afande Kirumira akimara kuraswa.

Nyamara ngo nubwo bigenda bityo abaturage bazi ibiri kuba, nk’uko bamaganye Museveni ageze aho Kirumira yarasiwe muri Bulenga.

Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, saa sita z’ijoro zibura iminota mike nibwo Perezida Museveni yahageze arinzwe n’abasirikare batabarika.

Bamwe mu baturage bateye hejuru bamubwira ko barambiwe uburyo abaturanyi bakomeje kwicwamo.

Umwe yagize ati “Mzee, urabibona? Ibi turabirambiwe. Turakurambiwe hamwe n’inzego z’umutekano zawe. Turagira ngo ugire icyo ukora. Ko abantu bari gushira uzayobora iki, igihugu cyambaye ubusa?”

Kubwira Museveni imbona nkubone ko bamurambiwe, bisa n’ubutumwa bwa Kirumira wavuze ati “ikiruta ni uko wavuga ugapfa ubutumwa bumaze kugera ku baturage.”

Ubu bwicanyi bwose Museveni ngo aburi inyuma, yibasira abashaka bose gushyira hanze imikorere ye idahwitse cyangwa kugaragaza ubushobozi muri politiki, ngo akunde agumishe hasi abanya-Uganda bashaka impinduka.

Icyo kinyamakuru gikomeza kiti “Iyo baba ari abagizi ba nabi bari kwica abantu, mu bushobozi Museveni afite yari kubafata nk’uko yihutiye gufata 33 avuga ko bateye amabuye imodoka ze muri Arua. Icyaha cyahawe intebe muri Uganda ubwo Museveni yahaga abanyabyaha bazwi, Col. Kaka na Gen. Abel Kandiho, kuyobora ISO na CMI.”

ISO ni urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu mu gihe CMI ishinzwe ubutasi bwa gisirikare.

Gusa ngo Abanya-Uganda bamaze kumenya neza ko Museveni “atananiwe guhagarika ibi bibazo by’umutekano muke, ahubwo ari kubyifashisha mu gukura mu nzira abanzi be muri politiki.”

Nyuma y’urupfu rwa Kirumira, umugore we yagize ati “Guverinoma izi abari kwica abagabo bacu. Ibiri kuba byose guverinoma irabizi. Kuki guverinoma itabihagarika? Uyu munsi bishe umugabo wanjye, ejo bazica umugabo w’undi mugore.”

Nyuma y’urwo rupfu, Museveni yavuze ko ibi bikorwa byose bizatuma yongera gukoresha icyo yise “Luwero methods”, uburyo bwakoreshejwe mu kwica abantu benshi mu ntambara y’inyeshyamba za NRA, ahagana mu 1980.

Ibyo ngo bisobanura ko urupfu rwa Kirumira ari nk’ubutumwa ku bandi barwanya Museveni, ko bagomba kwitonda.

Guhera muri Werurwe Kirumira yari yaravuze ko hari abantu bashaka kumwivugana, hakibazwa impamvu nta kintu Museveni yakoze mu kurengera ubuzima bwe, bigahuzwa n’uko ngo ari we utanga amategeko y’ubwo bwicanyi.

Muri ibi byose ngo abambari ba Museveni n’akazu kagizwe n’Abahima, nibo badafite icyo bikanga muri ibi bibazo byose Uganda irimo.

2018-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Editorial 20 Feb 2018
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Editorial 01 Jun 2019
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Editorial 05 Feb 2018
Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Editorial 20 Feb 2018
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Editorial 01 Jun 2019
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Editorial 05 Feb 2018
Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Editorial 20 Feb 2018
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Editorial 01 Jun 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    September 13, 20186:44 am -

    ASP Kirumira yishwe nabashaka kuzimangatanya ibimenyetso by’ ibikorwa bigayitse byagiye bihitana abagande benshi ndetse n’abandi batari abagande, hakiyongeraho n’ubujura bwakorwaga bwitwaje intwaro n’ibikundi bya Kale Kayihura.

    Kale kayihura yabaye umuntu mubi birenze urugero.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru