• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Editorial 12 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko ikigo cy’ubucuruzi cyitwa ‘World Ventures’ kiri gukorera mu Rwanda ubucuruzi mu buryo butemewe n’amategeko. Iki kigo bivugwa ko ari icy’Umucuruzi Dennis Karera nyiri Kigali Heights.

Mu itangazo Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yasoye ku wa 11 Nzeri 2018, yaburiye abaturage ko kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Yagize ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

Akamanzi yavuze ko ubucuruzi kiri gukora butemewe mu gihugu.

Yagize ati “Tumaze kugenzura ubwoko bw’ubucuruzi bw’icyo kigo, twasanze gifite ubucuruzi bw’uruhererekane rw’abantu benshi bagenda bagabana inyungu (pyramid scheme). Turifuza kumenyesha abaturage ko ubu bucuruzi butemewe mu Rwanda.”

Ubwo bucuruzi buzwi nka ’Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyiri kigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, kikamwizeza ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo nawe yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Uretse iki kigo, itangazo rya RDB riravuga ko hari abahagarariye ibigo bagenda bavuga ko bahawe ibyemezo byo gukora na RDB cyangwa izindi nzego za leta, bayobya rubanda.

Mu bihe bishize, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yasobanuye ko ubucuruzi bwa Pyramid bugira ingaruka mbi ku baturage no ku gihugu kuko utanze amafaranga nta cyizere aba afite cyo kuyasubizwa.

Nta servisi cyangwa ingurane ahabwa, nta kontaro asinya igaragaza uburenganzira n’inshingano afite.

Uretse kuba umuturage arangarira muri ibyo bikorwa ntiyizigamire cyangwa ngo ashore umutungo we mu bikorwa bimuteza imbere, imikoresherereze y’amafaranga yakirwa n’icyo kigo cy’ubucuruzi ntigaragara.

2018-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 19 Sep 2021
Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Editorial 01 Mar 2025
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Editorial 12 Apr 2018
Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Editorial 11 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009
INKURU NYAMUKURU

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Editorial 27 Jun 2018
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU
Mu Mahanga

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Editorial 18 Jul 2016
Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!
POLITIKI

Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Editorial 02 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru