• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Ubwanditsi 01 Oct 2018 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye irushanwa ngarukamwaka ritegurwa na Agaciro Development Fund, itsinze mukeba wayo APR FC igitego 1-0, ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.

Igitego Mugisha François Master yatsinze APR FC ku munota wa 91 nicyo cyabaye ikinyuranyo, muri uyu mukino waranzwe no kwigana ku mpande zombi.

Iminota myinshi yaranzwe no gufungana cyane kuko abatoza b’amakipe yombi bahisemo gukoresha abakinnyi bo hagati bugarira batatu; Mugiraneza, Nizeyimana Mirafa, na Nshimiyimana Imran kuri APR FC na Olivier Sefu, Donkor Prosper Kuka na Mugisha Francois Master ba Rayon.

Byatumye igice cya mbere kirangira nta gitego nta n’uburyo bwinshi bwabyara ibitego bwabonetse.

Kimenyi Yves wa APRF yatabaye ikipe ye inshuro ebyiri ku mipira yatewe na Bimenyimana Bonfils Caleb na Muhire Kevin. Gusa ni umupira umwe gusa Bashunga Abouba yakuyemo wari utewe na Savio Nshuti Dominique.

Igice cya kabiri cyatangiye Ljubomir “Ljupko” Petrović utoza APR FC ahita akore impinduka. Akuramo umukinnyi wo hagati wugarira Imran Nshiyimana ashyiramo Blaise Itangishaka ukina hagati asatira.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yahise itangira kuyobora umukino kugera ku munota wa 53 ubwo kapiteni wungirije wayo Herve Rugwiro yahabwaga ikarita itukura ku ikosa yakoreye Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi Ishimwe Jean Claude.

Gukina ari abakinnyi 10 byahinduye umukino bituma Rayon Sports itangira gusatira cyane. Umutoza Robertinho wa Rayon yabyuririyeho yongeramo abandi bakinnyi basatira barimo rutahizamu mushya bavanye muri Ghana Michael Sarpong bita Balloteli.

Iminota 90 y’umukino yarangiye nta kipe irabona igitego ariko Rayon sports ikomeza gusatira cyane nubwo APR FC yari yongeyemo abakinnyi benshi bugarira nka Rusheshangoga Michel wagiye mu kibuga asimbuye Nkizingabo Fiston na Shaffy Songayingabo asimbura Savio Nshuti Dominique.

Ku munota hafi wa kabiri w’inyongera nibwo Rayon Sports yabonye igitego cy’intsinzi cyatsinzwe na Mugisha François Master ku mupira yahawe na Michael Sarpong.

Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Agaciro ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuko ni nayo yari yagitwaye muri 2017.

Rayon sports yatwaye igikombe yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, APR FC ihembwa miliyoni imwe. AS Kigali yabaye iya gatatu itsinze Etincelles FC 2-1 yahembwe ibihumbi 500Frw.

Umukinnyi w’irushanwa ni Muhire Kevin watanze imipira ibiri yavuyemo ibitego muri iri rushanwa. Yahembwe itike ya RwandAir ijya aho azahitamo mu byerekezo byayo.

Abakinnyi batatu banganyije ibitego bibiri bahembwa nk’abatsinze byinshi kurusha abandi ni Bimenyimana Bonfils Caleb wa Rayon Sports, Byiringiro Lague wa APR FC na Ndarusanze Jean Claude AS Kigali. Nabo bahembwe itike ya RwandAir.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Buregeya Prince, Nshimiyimana Imran, Nkizingabo Fiston, Nizeyimana Mirafa, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Byiringiro Lague, na Nshuti Dominique Savio.

Rayon Sports: Bashunga Abouba, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Eric Rutanga, Iradukunda Eric, Donkor Prosper Kuka, Niyonzima Olivier Sefu, Muhire Kevin, Bimenyimana Bonfils Caleb, Mugisha Francois na Manishimwe Djabel.

2018-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Ubwanditsi 27 Dec 2022
APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma

APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Ubwanditsi 08 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale
UBUKUNGU

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ku munsi wa kane  Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga
Amakuru

Ku munsi wa kane Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga

Ubwanditsi 18 Jul 2017
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Ubwanditsi 29 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru