• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018 Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize itsinda ry’abanyamakuru  bibumbiye  mu ishyirahamwe ry’Abanyamakuru barwanya Sida mu Rwanda no guharanira ubuzima [ABASIRWA] basuye Akarere ka Musanze mu rwego rw’ubukangurambaga bujyanye no kwirinda, kurwanya Sida. Muri urwo rugendo bahuye  n’ubuyobozi  bw’akarere ka Musanze by’umwihariko abakora umwuga w’uburaya ndetse basura n’ibitaro by’akarere ka Musanze.

Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima, yagaragaje ko mu Rwanda, ubwandu bwa Sida buri ku kigero cya 3%, Kubera ko uy’umubare umaze igihe kirekire udahinduka, Minisiteri y’ Ubuzima ikaba itangaza ko igiye gukora  ubundi bushakasghatsi bushya bwiswe (RAPHIA) buzagaragaza uko icyorezo cya SIDA gihagaze nyuma y’imyaka isaga 10.

Bikaba biteganyijwe ko ibizavamo byazashyirwa ahagaragara nyuma y’umwaka umwe, ubu bushakashatsi buzakorwa na Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’Ikigo cy’Abanyamerika cyo gucunga ibiza n’umushinga (ICAP), bukaba bwaratangiye  ku ya 8 Ukwakira 2018 bukazamara amezi atandatu, buzakorerwa mu ngo ibihumbi 11 zatoranyijwe mu turere twose two mu gihugu, hakazabazwa abantu ibihumbi 30 bafite hagati y’imyaka 10 na 64.

Dr Hirwa Aimé Umuyobozi w’ibitaro bya  Musanze yabwiye abanyamakuru ko bafite umwihariko wo kwakira neza abanduye agakoko gatera Sida, mugihe baba baje kubitaro gufata imiti ati : Icyangombwa ni ugutanga service nziza no kugirira ibanga abaza batugana kandi imyumvire imaze guhinduka cyane kuburyo ntawe ukitinya kuza gufata imiti ku gihe.

Dr Hirwa Aimé avuga ko  imibare y’abantu bagera  ku bihumbi bitatu magana cyenda 3.900 bafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera  Sida mu bitaro byabo, muri bo abagera ku bihumbi 2000 bafite imyaka iri  hagati  15 na 35 bikaba bigaragara ko ari urubyiruko, ibyo ngo bikaba biterwa n’uko urubyiruko rudafite amakuru ahagije kuri Sida no kubirebana n’ubuzima bw’imyororokere naho ubwandu bw’agakoko gatera Sida mu Karere ka Musanze buri ku kigero cya 0,9%.

Dr Hirwa Aimé Uyobora ibitaro bya Musanze

Abanyamakuru bo mu Ishyirahamwe ABASIRWA

Aho abarwayi bafatira imiti igabanya ubukana bw’agakoko ka Sida

Abakora umwuga w’uburaya bavuze ko bahohoterwa n’abagabo banga gukoresha agakingirizo

Nk’uko byatangajwe na bamwe bari mw’Ishirahamwe ry’abakora uburaya mu Karere ka Musanze, yavuze ko abari mu buraya usanga abenshi ari abana bakiri bato bakaba basaba ko Ubuyobozi n’abafatanyabikorwa  bakora ibikorwa byo kurwanya Sida babatera inkunga y’imishinga iciriritse yabateza imbere aho guhora babaha amahugurwa ngo bave m’uburaya bagera mungo bakaburara bakabura icyo kurya.

Ikindi ngo ni uko bahohoterwa n’abagabo banga gukoresha agakingirizo bakemera kongeraho amafaranga ngo bakorere aho ibi bikaba aribyo bituma ubwiyongere bwa Sida bufata indi ntera mu bakora uburaya.

Bamwe mu bakobwa bakora umwuga w’uburaya mu kiganiro n’abanyamakuru

Musabyimana François, Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi mu karere ka Musanze, akaba ariwe   wari uhagarariye umuyobozi w’akarere yadutangarije ko akarere gafite mu mihigo gushakira abakora uburaya bakabakorera imishinga ibyara inyungu.

Avuga ko ubu hari abagera 240 bakoraga uburaya bashakiwe ibibanza mw’isoko by’ibiribwa bakorera mo ubu bakaba baravuye mu buraya, bikaba bigaragaza ko abakora uburaya babonewe imirimo bashobora kureka uburaya bikaba byagabanya gukomeza  gukwirakwiza virusi itera SIDA.

Musabyimana François, Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi mu karere ka Musanze

Musabyimana Francois,  asubiza ibibazo yabajijwe n’abanyamakuru ku abakora uburaya bahohoterwa n’abanyerondo, yavuze ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, ngo kugira ngo irondo rikorwe neza, akarere kashyizeho imodoka icunga umutekano n’ijoro inafashe abantu babafata hakurikijwe n’amategeko.

Avuga kandi ko ubuyobozi n’inzego z’umutekano bahurira mucyo bise “JOK” aho basobanura abaturage ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu; basobanura uburyo umuntu afatwa, nabo bakagenzura abakora irondo, binaramutse bibayeho byaba ari umuntu ku giti cye atari ubuyobozi.

Avuga ko icyo kibazo kigaragajwe, iyo modoka y’irondo izajya ibigenzura kandi ngo bagiye kubiganiraho n’inzego zitandukanye z’umutekano kubera ko ari ikibazo gikomeye badashobora guceceka ngo gufata ingamba mu nama z’umutekano zitandukanye.

Yashoje avuga kandi ko ngo niba hari n’ibyabaye  bazabatungira agatoki, hanyuma  ababikoze bahanwe by’intangarugero  kuko ntawe uri hejuru y’amategeko ndetse n’abandi bibabere isomo kugira ngo icyo kintu gicike burundu.

Burasa Jean Gualbert

 

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Ikinyamakuru Rushyashya  ubu kiraboneka  kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Ikinyamakuru Rushyashya ubu kiraboneka kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Ubwanditsi 29 May 2017
” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV
SHOWBIZ

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Ubwanditsi 23 Nov 2017
UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI
ITOHOZA

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
HIRYA NO HINO

Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 11 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru