• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Ubwanditsi 15 Nov 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi y’Abatarengeje imyaka 23 yaguye miswi n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera mu Misiri mu Ugushyingo 2019.

Uyu mukino wakiniwe kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu ku mugoroba wo ku wa 14 Ugushyingo 2018. Warangiye amakipe yombi nta n’imwe ishoboye kureba mu izamu ry’indi.

Ikipe ya Les Léopards ni yo yihariye iminota 90 y’umukino ndetse yabonye amahirwe menshi yabazwe ariko ntiyahirwa kuko abasore b’Umutoza Mulisa Jimmy bababereye ibamba.

Umutoza w’Amavubi Jimmy Mulisa, yatunguranye ahitamo gukina nta mukinnyi wo hagati wugarira urimo kuko uwo mwanya wahawe Blaise Itangishaka, usanzwe ukina inyuma ya ba rutahizamu bituma Ishimwe Saleh ukina hagati muri Kiyovu Sports yicara iminota 90 yose.

Iminota ya mbere y’igice cya mbere yaranzwe no gusatira gukomeye kw’abakinnyi ba RDC, bakiniraga imbere y’umubare munini w’abafana babo nyamara bari mu mahanga.

Abakinnyi bamenyereye amarushanwa nka; Muhire Kevin na Manishimwe Djabel ba Rayon Sports, bari bitezweho kuyobora imipira ijya kuri ba rutahizamu Byiringiro Lague na Nshuti Innocent.

Icyakora akazi kabo ntikagaragaye cyane kubera ibigango by’abakinaga hagati muri Congo; Peter Mutumosi Zulu, Nelson Felix Balongo, na Dieu Merci Mukoko.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa bituma abatoza bombi bakora impinduka; ku ruhande rw’u Rwanda hinjira Samuel Guelette, Patrick Mugisha na Biramahire Abeddy ngo bongere imbaraga mu busatirizi.

Byabyaye umusaruro kuko abakinnyi b’Amavubi batangiye gukina basatira izamu ryari ririnzwe na Jackson Lunanga. Amavubi yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa 67 ku gitego Savio Nshuti yatsinze ahawe umupira na bazina we Nshuti Innocent, ariko umusifuzi ukomoka muri Cote d’Ivoire yemeza ko habayeho kurarira.

Ibyo byabaye iherezo y’ibihe byiza by’Amavubi kuko iminota yakurikiyeho RDC yakomeje kuyobora umukino ariko umunyezamu w’u Rwanda Ntwari Fiacre, akomeza gutabara Amavubi.

Uyu musifuzi kandi yahakanye igitego cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, cyatsinzwe na rutahizamu Kayemba Edo wagiye mu kibuga asimbuye ariko yabanje kugongana na Aimable Nsabimana, yemeza ko igitego cyinjiye habanje kubaho ikosa.

Iminota ya nyuma y’umukino Amavubi yakinaga yirwanaho ariko ntiyinjizwa igitego kuko umukino warangiye amakipe yombi anganya 0-0, ibintu byashimishije umutoza Jimmy Mulisa.

Ati “Ndashimira abakinnyi banjye cyane kuko bakoze ibyo nabasabye neza. Byari bigoye guhangana na RDC irimo abakinnyi bamenyereye amarushanwa akomeye nka Champions League. Nasabye abakinnyi kudatakaza imipira myinshi no kurwana ku izamu kuko gutsindirwa igitego mu rugo biha amahirwe menshi abo muhanganye. Mfite icyizere cyo kwitwara neza mu mukino wo kwishyura kuko ubu Congo niyo iri ku gitutu.”

Uyu mutoza yasoje avuga ko yahisemo gukina nta mukinnyi ukina hagati yugarira kuko yashakaga abakinnyi bagumana umupira ngo adasatirwa cyane. Gusa ngo byo ntabwo byatanze umusaruro 100%.

Umukino wo kwishyura uzabera i Kinshasa tariki 20 Ugushyingo 2018. Ikipe izakomeza izabona itike yo guhangana na Maroc mbere yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri mu Ugushyingo 2019.

Uko indi mikino yagenze

Ibirwa bya Maurice 0-5 Kenya

Burundi 2-0 Tanzania

Ethiopia 4-0 Somalia

Rwanda 0-0 RDC

Uganda 1-0 Sudani y’Epfo

Seychelles 1-1 Sudani

 

2018-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Ubwanditsi 04 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’
Mu Mahanga

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru