• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Burundi, yatangaje ko hatawe muri yombi abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwari Perezida w’iki gihugu, Melchior Ndadaye wishwe mu 1993.

Ni nyuma y’uko abaregera indishyi bakomeje gusaba ko abari abasirikare bakuru bakekwaho kumwica bafatwa dore ko abari barafashwe bose bari abasirikare bato. Bavuga ko abakuru ari bo bateguye umugambi wo guhirika ubutegetsi nyuma yo kwivugana umukuru w’igihugu.

Abavugwa ko bafashwe ni Gen Celestin Ndayisaba (Kibadashi ), Col Gunungu, Col Nahigombeye hamwe na Col Niyonkuru.

BBC yaganiriye n’umunyamategeko w’umuryango wa Ndadaye witwa Fabien Segatwa, asobanura impamvu hari abagifatwa nyuma y’imyaka 25, mu gihe hari n’urubanza rwabaye bamwe bakagirwa abere abandi bagakatirwa igifungo.

Ati “Urwo rubanza rwari rwatangirijwe mu rukiko rukuru , rukomereza mu rukiko rusesa imanza icyo gihe hari mu 1999. Kuva icyo gihe kugeza ubu urukiko rusesa imanza ntacyo rwigeze rubivugaho. Abantu bari bakurikiranwe bari abasirikare bato 79, abagera kuri 50 baciriwe urubanza bidegembya, nibwira ko abaciriwe urubanza batarenga 20.”

Yakomeje avuga ko abo basirikare bari bakurikiranwe ndetse n’abasabaga indishyi z’akababaro bavugaga ko abari gukurikiranwa atari bo kuko abasirikare bato batafata icyemezo cyo guhirika ubutegetsi babyibwirije.

Ati “Umusirikare mukuru wagombaga gukurikiranwa utarakurikiranwe yari uwigeze kuba umugaba w’ingabo, Col. Jean Bikomagu, yagizwe umwere, harimo uwitwa Charles Ntakije yari Minisitiri w’Ingabo nawe yagizwe umwere, harimo Isai Niyibizi wari komanda ya Kamuha yari ishinzwe umutekano w’umukuru w’Igihugu, harimo n’uwitwa Ngeze wari wahise afata ubutegetsi, abo bose ntibigeze bakurikiranwa.”

Yakomeje avuga ko aba basirikare bafashwe mu mpera z’icyumweru gishize ntacyo bigeze babazwa mu rubanza rwa mbere, kandi ngo bari barashinjijwe abacamanza bakabyirengagiza nkana.

N’ubwo hashize imyaka isaga 25 Ndadaye yishwe, birashoboka ko hari ibimenyetso byasibanganye, ariko kandi ngo haracyari abatangabuhamya biteguye kuvuga ukuri ku byabaye kwafasha abacamanza.

Mu ijoro ryo ku wa 21 Ukwakira 1993, umutwe w’abasirikare b’u Burundi wafashe umukuru w’igihugu Melchior Ndadaye, wa mbere wari ugiyeho biciye mu matora ya demokrasi, uramwica.

Iyicwa rye ryakurikiwe n’ubwicanyi bwo kwihorera hagati y’abahutu n’abatutsi, abarundi benshi bagera mu bihumbi 300 barishwe abandi benshi barahunga

Hashize imyaka 25 Perezida Ndadaye yishwe

2018-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.
Amakuru

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Ubwanditsi 11 Feb 2024
Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi
Mu Rwanda

Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018
POLITIKI

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru