• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018 ITOHOZA

Igihugu cya Uganda kirashinjwa kuyobereza intwaro zivuye mu Burayi mu gihugu cya Sudani y’Epfo mu gihe Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye ibihano Sudani y’Epfo biyibuza kugura ibikoresho by’intambara. Haravugwa n’indege ya gisirikare yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hatazwi uko yageze muri iki gihugu.

Raporo y’ikigo cyo mu bwongereza gikora ubushakashatsi ku ntwar ahabera amakimbirane, yasohotse kuri uyu wa Kane, itariki 29 Ugushyingo, yazamuye ibibazo ku bufasha bwa Uganda kuri Guverinoma ya Sudani y’Epfo mu gihe yigira nk’idafite aho ibogamiye mu makimbirane abera muri iki gihugu.

Iyi nkuru dukesha VOA ivuga ko impande zihanganye muri Sudani y’Epfo muri Nzeri zasinye amasezerano yo guhagarika intambara yari imaze imyaka 5 yahitanye abantu hafi 400,000. Ni nyuma y’aho amasezerano yabanje yarenzweho intambara ikubura.

Iyi raporo igaragaza ukuntu ibuza ryo kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo ku mpande zihanganye ritashyizwe mu bikorwa nk’uko umuyobozi w’iki kigo cyo mu Bwongereza, James Bevan yabitangaje.

Raporo ivuga ko Uganda yaguze imbunda n’amasasu mu bihugu bitatu biri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi; Bulgaria, Romania na Slovakia, nyuma zikohererezwa Igisirikare cya Sudani y’Epfo n’imitwe yitwara gisirikare bikorana.

Izi ntwaro ngo zikaba zaroherejwe muri Sudani y’Epfo mbere y’uko Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni gafatira embargo Sudani y’Epfo mu ntangiriro z’uyu mwaka, ariko nyuma y’aho E.U yari yamaze gufatira iki gihugu ibi bihano.

Ku ntwaro zavuye muri Bulgaria, muri iyi raporo havugwamo ko Sudani y’Epfo yegereye Uganda nayo igakoresha ibyangombwa byayo mpuzamhanga biyemerera kugura intwaro bias nk’aho ari izigenewe Igisirikare cya Uganda, mu gihe mu by’ukuri zari iza Sudani y’Epfo.

Ntiharamenyekana neza kandi niba Uganda yaragambanye mu kuyobereza amasasu yari avuye muri Romania na Slovakia muri Sudani y’Epfo mu 2015. Amasasu amwe ngo akaba yarabonetse mu nyeshyamba zikorana bya hafi na Guverinoma ya Sudani y’Epfo.

Guverinoma ya Uganda ikaba itarasubije ibimenyetso yohererejwe, mu gihe umuvugizi w’igisirikare, Brig. Richard Karemire yatangarije Associated Press ko atarabona iyi raporo.

Gusa yagize ati: “Kuri twe dushyigikiye inzira y’amahoro muri Sudani y’Epfo.”

Sudani y’Epfo yateye utwatsi iyi raporo

Minisitiri w’itangazamakuru wa Sudani y’Epfo, Michael Makuei Lueth yamaganye iyi raporo avuga ko ari fake.

Avugana na AP yagize ati: “Nta nubwo dufite amafaranga yo kugura intwaro kandi ubu dukeneye amafaranga y’amasezerano y’amahoro.”

Yakomeje asa nk’uwishongora kandi yemeza ibivugwa muri iyi raporo agira ati: “Niba EU yaratambukishije embargo ku ntawro ibyo ni ibyabo, ariko twe mu bihugu bya Afurika, ntabwo turi abanyamuryango ba E.U kandi ntitugengwa nayo.”

Naho ku kijyanye n’ibihugu izi ntwaro zaturutsemo, iyi raporo ivuga ko nta kigaragaza ko bifite uruhare cyangwa byari bizi ko zizoherezwa muri Sudani y’Epfo.

Uruhare rw’ibigo byigenga

Iyi raporo inasobanura ukuntu hari umurongo (network) uhuriweho n’ibigo by’Abagande n’Abanyamerika, bigenzurwa n’u Bwongereza, Israel, Abagande n’Abanyamerika, bagurishije muri Sudani y’Epfo indege y’intambara, yavuye muri Amerika, n’indege ikora ubugenzuzi yakorewe muri Autrichia, kimwe muri ibi bigo byahaye igisirikare cya Sudani y’Epfo mu 2015 no mu 2016.

Hagendewe ku buhamya n’inyandiko z’ubugure, raporo ivuga ko yasanze ikigo kitwa Yamasec, ari cyo cyohereje izo ndege zombie muri Sudani y’Epfo. Iyi ndege y’Abanyamerika yo ikaba yaroherejwe muri Sudani y’Epfo mu 2016 nyuma yo gukoreshwa n’Igisirikare cya Uganda.

2018-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019
Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 09 Oct 2023
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza
POLITIKI

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru