• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Editorial 12 Dec 2018 UBUKUNGU

Abakozi ba Leta mu nzego zose z’umurimo n’abikorera bahawe amahirwe yo gutunga inzu zo guturamo mu mudugudu wa Vision City, ku giciro cyagabanyijweho 60%.

Izi nzu zubatse mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gaculiro mu Karere ka Gasabo, zikaba zigizwe n’amacumbi y’ubwoko butandukanye, arimo inyubako zigeretse zifite ibyumba kuva kuri bitatu kugeza kuri bitanu ndetse na za ‘apartments’.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ikigo Ultimate Developers Limited (UDL), gikurikirana uyu mushinga, rigaragaza ko ibisabwa ngo umuntu atunge icumbi yishyura mu byiciro, ari ukuba ari umunyamuryango wa RSSB niba yikorera cyangwa akorera abandi.

Ku bakozi ba Leta, inzego zose z’umurimo ziremerewe no kuba iri cumbi ariryo rya mbere bikaba akarusho.

Icumbi ry’ibyumba bine riri kuri metero kare 208, rifite ibyumba bine n’ubwogero bubiri, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni n’ububiko. Rifite kandi imbuga yo hanze yisanzuye n’icyumba gihagije cy’umukozi.

Icumbi ry’ibyumba bitatu riri kuri metero kare 199, rigizwe n’ibyumba bitatu n’ubwogero bubiri, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni, ububiko ndetse n’icyumba gihagije cy’umukozi n’imbuga yo hanze yisanzuye.

Icumbi ry’ibyumba bibiri riri kuri metero kare 116, rigizwe n’ibyumba bibiri n’ubwogero bumwe, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni, ububiko n’imbuga yo hanze yisanzuye.

Muri ubu buryo, inzu y’ibyumba bibiri izajya igurishwa miliyoni 63,000,000 Frw, zivuye ku giciro gisanzwe cya miliyoni 108 Frw. Iy’ibyumba bitatu izajya igurishwa miliyoni 94Frw mu gihe ubusanzwe yagurishwaga miliyoni 163, naho iy’ibyumba bine igurishwe miliyoni 108Frw mu gihe yagurishwaga miliyoni 187Frw.

Ku bakeneye inguzanyo, bazajya bayihabwa kuri 11% ishobora kwishyurwa mu myaka 20. Umuntu ukeneye inzu ku nguzanyo ashobora gusabwa 10% by’igiciro n’ubwo atari ihame.

Iyi gahunda nshya yo gutanga inguzanyo z’inzu yashobotse ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi, RSSB, gifite imigabane igera kuri 25.1% muri Banki ya Kigali, kikaba ari nacyo muterankunga w’umushinga w’ubwubatsi ushyirwa mu bikorwa na UDL.

UDL isobanura ko umuntu ushaka inzu azajya agenda bakumvikana, noneho bakamwohereza muri banki, ikareba ibisabwa hanyuma yakumvikana na banki agasinyana na UDL amasezerano y’ubugure, akoherezwa muri banki ikishyura, ubundi nawe agasigara ayishyura.

Gusaba guhabwa inzu byemewe guhera tariki 10/12/2018 kugeza tariki 31/01/2019. Kugenzura no gutoranya abujuje ibisabwa bizaba hagati y’ itariki ya 1-28 Gashyantare 2019; naho kumenyesha abasabye bemejwe bizakorwa mu mpera za Gashyantare 2019.

Abakozi ba Leta mu nzego zose z’umurimo n’abikorera bahawe amahirwe yo gutunga inzu zo guturamo mu mudugudu wa Vision City

Izi nzu zubatse mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gaculiro mu Karere ka Gasabo

Igiciro cy’inzu zo muri Vision City cyagabanyijweho 60%

2018-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Editorial 19 Jun 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Editorial 02 Dec 2018
KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Editorial 20 Jun 2019
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Editorial 19 Jun 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Editorial 02 Dec 2018
KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Editorial 20 Jun 2019
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Editorial 19 Jun 2019
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Editorial 02 Dec 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru