• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Editorial 12 Dec 2018 UBUKUNGU

Abakozi ba Leta mu nzego zose z’umurimo n’abikorera bahawe amahirwe yo gutunga inzu zo guturamo mu mudugudu wa Vision City, ku giciro cyagabanyijweho 60%.

Izi nzu zubatse mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gaculiro mu Karere ka Gasabo, zikaba zigizwe n’amacumbi y’ubwoko butandukanye, arimo inyubako zigeretse zifite ibyumba kuva kuri bitatu kugeza kuri bitanu ndetse na za ‘apartments’.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ikigo Ultimate Developers Limited (UDL), gikurikirana uyu mushinga, rigaragaza ko ibisabwa ngo umuntu atunge icumbi yishyura mu byiciro, ari ukuba ari umunyamuryango wa RSSB niba yikorera cyangwa akorera abandi.

Ku bakozi ba Leta, inzego zose z’umurimo ziremerewe no kuba iri cumbi ariryo rya mbere bikaba akarusho.

Icumbi ry’ibyumba bine riri kuri metero kare 208, rifite ibyumba bine n’ubwogero bubiri, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni n’ububiko. Rifite kandi imbuga yo hanze yisanzuye n’icyumba gihagije cy’umukozi.

Icumbi ry’ibyumba bitatu riri kuri metero kare 199, rigizwe n’ibyumba bitatu n’ubwogero bubiri, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni, ububiko ndetse n’icyumba gihagije cy’umukozi n’imbuga yo hanze yisanzuye.

Icumbi ry’ibyumba bibiri riri kuri metero kare 116, rigizwe n’ibyumba bibiri n’ubwogero bumwe, ubwiherero, uruganiriro n’aho gufatira amafunguro, igikoni, ububiko n’imbuga yo hanze yisanzuye.

Muri ubu buryo, inzu y’ibyumba bibiri izajya igurishwa miliyoni 63,000,000 Frw, zivuye ku giciro gisanzwe cya miliyoni 108 Frw. Iy’ibyumba bitatu izajya igurishwa miliyoni 94Frw mu gihe ubusanzwe yagurishwaga miliyoni 163, naho iy’ibyumba bine igurishwe miliyoni 108Frw mu gihe yagurishwaga miliyoni 187Frw.

Ku bakeneye inguzanyo, bazajya bayihabwa kuri 11% ishobora kwishyurwa mu myaka 20. Umuntu ukeneye inzu ku nguzanyo ashobora gusabwa 10% by’igiciro n’ubwo atari ihame.

Iyi gahunda nshya yo gutanga inguzanyo z’inzu yashobotse ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi, RSSB, gifite imigabane igera kuri 25.1% muri Banki ya Kigali, kikaba ari nacyo muterankunga w’umushinga w’ubwubatsi ushyirwa mu bikorwa na UDL.

UDL isobanura ko umuntu ushaka inzu azajya agenda bakumvikana, noneho bakamwohereza muri banki, ikareba ibisabwa hanyuma yakumvikana na banki agasinyana na UDL amasezerano y’ubugure, akoherezwa muri banki ikishyura, ubundi nawe agasigara ayishyura.

Gusaba guhabwa inzu byemewe guhera tariki 10/12/2018 kugeza tariki 31/01/2019. Kugenzura no gutoranya abujuje ibisabwa bizaba hagati y’ itariki ya 1-28 Gashyantare 2019; naho kumenyesha abasabye bemejwe bizakorwa mu mpera za Gashyantare 2019.

Abakozi ba Leta mu nzego zose z’umurimo n’abikorera bahawe amahirwe yo gutunga inzu zo guturamo mu mudugudu wa Vision City

Izi nzu zubatse mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gaculiro mu Karere ka Gasabo

Igiciro cy’inzu zo muri Vision City cyagabanyijweho 60%

2018-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Editorial 08 Jan 2019
Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Editorial 26 Sep 2018
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Editorial 04 Oct 2018
Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Editorial 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Editorial 04 Dec 2016
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya
Amakuru

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Editorial 01 Oct 2021
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC
Amakuru

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Editorial 09 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru