• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Editorial 17 Dec 2018 ITOHOZA

Umunyarwanda uba mu buhungiro, Dr Theogene Rudasingwa avuga ko ibaruwa Perezida Museveni yandikiye mugenzi we, Pierre Nkurunziza itagaragaza uruhare rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD  mu kuba ryarabashije gutuma habaho ibiganiro byatumye u Burundi bwongera gutekana.

Mu ibaruwa Dr. Rudasingwa yatangiye anenga Perezida Museveni kuba  ibikubiye  mabaruwa yagiye yohererezanya  na mugenzi we Nkurunziza byagiye bijya ku karubanda mu buryo buciriritse.

Rudasingwa avuga kuba bidahwitse kuba Museveni mu  ibaruwa ye yo kuwa 8 Ukuboza 2018 yandikiye Nkurunziza atagaruka  ku ruhare rwa CNDD-FDD mu gushyira igitutu kuri Leta ya Buyoya kugira ngo yemere imishyikirano ari nayo yavuyemo amasezerano ya Arusha.

Ati “ (…) Sibyo  kudaha agaciro uruhare rwa CNDD-FDD no guhangana kw’Abahutu muri rusange kugira ngo batume Leta ya Buyoya  ijya ku meza y’ibiganiro. Ntibigeze bafata Bujumbura, byakumvikana bitewe n’uburyo wumva igisirikare mu mpinduramatwara (…)”

Asa n’usubiza ku kuba Museveni yarandikiye Nkurunziza amwibutsa ko akwiye  gushyikirana n’abashatse kumuhirika ku butegetsi kuko ngo na we atigeze arwana ngo afate igihugu cy’Uburundi, Rudasingwa yagize ati “ Mu mateka,  impinduramatwara zose ntizitangwa  n’insinzi inyuze mu ntambara.  Nanone kandi insinzi inyuze mu ntambara si ihame ko itanga demukarasi n’umutekano urambye (…)”

Uyu mugabo avuga ko yatangajwe n’uburyo  Museveni  yirengagije nkana ibintu bibiri by’ingenzi muri politiki y’igihugu cy’u Burundi.

Ati “ Natunguwe n’uburyo mu busesenguzi bwawe wirengagije ibintu bibiri by’ingenzi  byagize uruhare mu mateka ya vuba aha y’u Burundi. Jenoside ya mbere yakorewe abahutu mu 1972, icya kabiri ni iyicwa Melchior Ndadaye, Perezida wa mbere w’umuhutu wari utowe mu buryo bwa demokarasi  mu 1993. Ibi byose byakozwe n’Abatutsi bari mu butegetsi.”

Muri iyi baruwa ndende yo kuwa 14 Ukuboza uyu mwaka  kandi Rudasingwa yemeranya na Perezida Museveni ku ngingo yo kuba u Burundi bufite ikibazo cy’ingutu cyamaze igihe aho (mu magamabo ye), ubutegetsi bwihariwe n’Abatutsi.

Mu kiganiro cyanyuze kuri Radio Ishakwe Rudasingwa yavuze ko  Museveni nta Moral authority afite yo kuba yajya inama. Rudasingwa ngo ntiyumva ukuntu Museveni avuga ko ikibazo cy’Afrika ari ba gashakabuhake , akirengagiza  ibibazo byatewe na Jenoside, impunzi, ubukene, inzangano, ibyobyose by’Afrika, biri mu karere ayoboye, ikindi  ngo n’abayobozi b’Afrika bategeka nabi n’ubwo abo bagashakabuhake batera inkunga.

Rudasingwa avuga ko Museveni afite Troma kubera amakimbirane ari  mu karere no muri famille ye.

Dr. Theogene Rudasingwa ni umwe mu bashinze ishyaka rirwanya Leta y’ u Rwanda ari ryo Rwanda National Congress (RNC). Ntibyateye kabiri aza gushwana na mugenzi we Kayumba Nyamwasa, ashinga  irye ishyaka ISHAKWE, afatanije na Musonera na Joseph Ngarambe.

2018-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Editorial 29 Mar 2021
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Editorial 22 Mar 2017
Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Editorial 24 Jan 2018
Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Editorial 13 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’
UBUKUNGU

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Editorial 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru