• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Vincent Murekezi uregwa gukora Jenoside mu Rwanda [1994] yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Malawi ngo aburanire  ibyaha bya Jenoside aregwa. Ni nyuma y’uko aburanye kugeza mu rukiko rurengera Itegeko Nshinga rwa Malawi asaba kutoherezwa mu Rwanda agatsindwa.

Faustin Nkusi Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko; Murekezi yoherejwe mu Rwanda muri porogaramu yo guhererekanya abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi. Ko hari n’ibihano yari yarakatiwe na Malawi akaba aje no kuburanira mu Rwanda ku byaha bya Jenoside aregwa.

Vincent Murekezi afite ubwenegihugu bwa Malawi ku mazina ya Vincent Banda, Malawi ifitanye n’u Rwanda amasezerano yo kohererezanya abakekwaho ibyaha yasinywe tariki 21 Gashyantare 2017. Amasezerano atari asanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Umucuruzi ukomeye Murekezi yaburanye mu nkiko nyinshi muri Malawi ngo atoherezwa iwabo ariko hose aratsindwa.

Murekezi muri Malawi yari anakurikiranyweho icyaha cya ruswa nyuma y’imyaka icyenda yaraburanishijwe adahari.

Mu Rwanda ho, ubutabera bwashyizeho impapuro zo kumuta muri yombi mu 2009. Gusa yari atarafatwa kuko yari yarihinduye umunyaMalawi ndetse bivugwa ko yatanze ruswa mu nzego z’umutekano ngo ntafatwe.

Ikinyamakuru NyasaTimes cyo muri Malawi kivuga ko Murekezi yari umunyamafaranga ukomeye cyane muri Malawi, ufite inshuti nyinshi muri Guverinoma, Polisi, n’izindi nzego za Leta, gusa yaje gutabwa muri yombi hagati mu 2016.

Murekezi azwi cyane i Butare

Uyu mugabo wahoze atuye i Tumba, muri Kilometero nke uvuye kuri Kaminuza y’u Rwanda, yari umuntu wishoboye ufatwa kandi nk’uwagize uruhare rukomeye cyane mu gutuma Jenoside iba ikanahitana benshi mu cyari Perefegitura ya Butare cyane mu mugi.

Aho yari atuye harazwi cyane kubo muri aka gace Tumba, ni ku nzu hazwi cyane nko kuri ‘Ruliba’. Ni inzu yari ikomeye kandi ari umwihariko mu gihe cyayo. Yari iy’umucuruzi w’itabi Murekezi Vincent.

Murekezi ashinjwa kwica Abatutsi bahungiye iwe mu rugo n’abandi muri aka gace.

Muri Gacaca, Murekezi yarezwe gukoranyiriza inama iwe hamwe n’abandi bantu bari bakomeye, barimo na Burugumestre Joseph Kanyabashi bakiga uko hakicwa Abatutsi benshi hakanakorwa urutonde rwabo.

Abatutsi bagera ku 44 bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside mu murenge wa Tumba.

Mu 2008 Urukiko Gacaca rwamuhamije, adahari, gukora Jenoside  rumuhanisha gufungwa imyaka 19. Bamwe mu bakurikiye urubanza rwe bagiye batangaza ko Murekezi ari umunyamafaranga ku buryo yagerageje no guha ruswa bamwe mu baburanishaga urubanza rwe muri Gacaca kandi atanahari.

Jenoside ihagaritswe, Vincent Murekezi yahungiye mu cyahoze ari Zaïre, ahita akomereza muri Malawi aho yageze agakora ubucuruzi ndetse agahindura imyirondoro akanabona ubwenegihugu avuga ko ari umunya Tanzania wavukiye ahitwa Mbeya.

Ibintu byaje kumuhindukiraho

Mu 2009, u Rwanda rwoherereje Malawi impapuro mpuzamahanga zo kumufata ariko ntibyabaho kubera uburyo yari amaze kuba umuntu ufite inshuti nyinshi zikomeye muri Malawi nk’uko NyasaTimes ibivuga.

Uwari Minisitiri  w’umutekano muri Malawi Grace Chiumia yavuze ko Murekezi ari umucuruzi ukomeye mu gihugu atari umuntu aregwa Jenoside.

Nyuma y’igihe kinini yidegembya, ibintu byaje guhinduka muri Malawi, Bakili Muluzi (1994-2004) aha Bingu wa Mutharika (2004 – 2012) uyu asimburwa na Mme Joyce Banda (2012 – 2014) uyu na we asimburwa na Peter Mutharika uriho ubu.

Ibihugu byombi byagiye bibana binagirana ubufatanye mu by’ubutabera. Murekezi yatawe muri yombi mu 2016, aburana asaba kutoherezwa mu Rwanda, aratsindwa hose kugeza ubu yoherejwe.

Src : Umuseke

2019-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Ubwanditsi 23 Oct 2020
Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2019

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 28, 201910:47 am -

    IBI. BIBERE URUGERO
    BURI MUNTU WESE UMENA
    AMARASO YINZIRA KARENGANE
    KANDI NTAGO BIRANGIRIYE. AHO
    MWIBUKE. IMANA IBWIRA. KAYINI
    ITI. AMARASO YA MURUMUNA
    WAWE WAMENNYE YANGEZEHO
    BANTU MUMENA AMARASO
    AMARASO. ARASAMA
    NIYO WABA URINDE CYANGWA
    NIYO WABA URICYO URI. CYOSE
    UZAYABAZWA.

    Subiza
    • Sunday
      January 28, 201910:51 am -

      Ariko se muzicya abanyatwanda mubamare? Uwo agiye kugafuni ka kafome

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal
IMIKINO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo
Amakuru

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru