• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “

Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “

Editorial 11 Feb 2019 ITOHOZA

Ku wa Gatandatu nibwo abandi banyarwanda batandatu barimo umugabo n’umugore bari bamaze imyaka 22 batuye muri Uganda birukanwe muri icyo gihugu, aho batandukanyijwe n’abana babo. Abanyarwanda birukanywe ku wa 9 Gashyantare 2019 barimo umugabo n’umugore bamaranye imyaka 22 muri Uganda, boherejwe nyuma y’iminsi bafunzwe.

Mu buhamya bwabo, aba baturage bavuga ko bafatirwa mu nzira kandi bafite ibyangombwa, bakabanza kujyanwa muri kasho. Iyo bagezemo bakoreshwa imirimo y’uburetwa, ivunanye irimo guhinga, kubumba amatafari no kuyikorera, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ribaviramo n’ubumuga.

Mukamazera Béatrice yavuze ko yagiye muri Uganda mu 1997, ashaka imibereho ndetse agura ubutaka, anahabonera urubyaro rw’abana batandatu.

Yagize ati “Abana bamaze kuba benshi, ubuyobozi bwatubwiye ko tugomba gushaka ibibaranga. Baduhaye indangamuntu, abana na bo babahaye ibyangombwa by’amashuri n’indangamuntu zibaranga mu gihugu barimo.”

Uyu mubyeyi yafashwe asubiye muri Uganda avuye gushyingura umuntu wo mu muryango wari witabye Imana.

Yagize ati “Twaje gutabara, tumaze gushyingura umukecuru, turataha. Ku mupaka baduhaye icyangombwa cy’urugendo cy’umunsi umwe. Twageze mu nzira badukura mu modoka batubwira ko icyangombwa dufite kitemewe, kigomba kugarukira Kisoro. Badusubije inyuma, badushyira ahantu baratubaza, turisobanura hanyuma bajya kudufunga, tumazemo iminsi ine.’’

Mukamazera n’umugabo we witwa Juvénal bari batuye mu gace ka Butorogo. Yavuze ko berekanye ibyangombwa byabo bya Uganda, abapolisi babashyiraho dosiye yo gutunga indangamuntu ebyiri.

Yakomeje ati “Abana baraduhamagaye batubwira ko birukanwe ku ishuri, tubabwira ko twagize ibibazo mu nzira, tubasaba kwihangana. Natwe twabuze aho tujya.”

Manirakiza Obed we yari amaze imyaka ibiri afungiwe muri Uganda kuva ku wa 26 Kanama 2017.

Yagize ati “Nashinjwe kwinjira mu gihugu nta byangombwa mfite. Twe twanyuraga ku mupaka ariko twagera muri Uganda tugakora, ibibazo uhuye nabyo warengejeho umunsi umwe bakagufata, bakakubaza icyo wakoraga icyo gihe.”

Barakubitwa bakanakoreshwa imirimo ivunanye

Manirakiza wambuwe ibyangombwa byose yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko Abanyarwanda benshi bafungiye muri gereza za Uganda babaye ibikoresho byo kwifashishwa mu mirimo minini yo muri Uganda.

Ati “Abanyarwanda ni bo birirwa bahinga mu mirima y’ahitwa Kiburara na Kabale, bari mu mashyamba babaza, ni bo bubakira Uganda, bagacukura imiferege n’imihanda.”

Yakomeje asobanura ko hari aho wageraga bakakuryanira inzara, bavuga bati dore ‘cya Kinyarwanda’.

Ati “Twarakubiswe bikomeye. Badushoreraga nk’inka ariko ukagera aho wumva unaniwe kubera n’inzara, baduhaga amazi bakuye mu bishanga arimo n’imyorogoto, ukanywa amabakure nk’abiri.”

Imirimo y’agahato irimo kwikorera ingiga z’ibiti ikoreshwa Abanyarwanda bafungirwa muri gereza zo muri Uganda, bayisozaga izuba rirenze. Abanyamahirwe babonaga ifunguro ry’ibisigazwa ry’ibyo Abanya-Uganda bariye, babanje kubafurira.

Maniriho Aimable w’imyaka 58 amaze imyaka ibiri muri gereza. Yafashwe avuye gupagasa, akurwa mu modoka yarimo igeze Nyakabande.

Ati “Imodoka ya Polisi ni yo yatujyanye i Kisoro turara kuri sitasiyo, bucyeye batujyana kuri gereza ya Kisoro. Nafashwe kuko icyangombwa cyanjye cyari cyarengeje igihe.”

Uyu musaza avuga ko ageze muri Gereza ya Kabale yahise arwara, ajyanwa kuvurirwa ahitwa Makanga.

Ati “Abandi bababyutsaga mu gitondo babuka inabi. Njye kuko nari ndwaye nta kindi kibazo nahuye nacyo”

Utanze ruswa ararekurwa

Abatanze ubuhamya bavuga ko Gereza za Uganda zimakaje ruswa, ku buryo ufite amafaranga ayatanga akarekurwa.

Habumuremyi Marc wafatiwe hafi y’ahitwa Kiboga, abamutaye muri yombi bamusabye kwishyura amafaranga asaga miliyoni n’imitwaro 80 y’amashilingi ya Uganda ngo arekurwe.

Yagize ati “Twabuze amafaranga, twemera gufungwa imyaka ibiri. Ubuzima bwaho bwari bubi kubera gukorera ku gahato. Batubwiraga ko turi gukorera amafaranga baduciye, twananiwe kuyishyura. Akazi kananiranaga kahabwaga Abanyarwanda.”

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bagakorerwa iyicarubozo, bamwe bakagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

Mu cyumweru gishize, Abanyarwanda 29 bazwi batawe muri yombi, bafungirwa muri Uganda binyuranye n’amategeko nyuma boherezwa mu Rwanda.

Src : IGIHE

2019-02-11
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Abimenyereza Ubunyeshyamba Ba FDLR, Mu Bihuru Bya Kisoro

Uganda : Abimenyereza Ubunyeshyamba Ba FDLR, Mu Bihuru Bya Kisoro

Editorial 11 May 2019
Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Editorial 09 Nov 2016
PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

Editorial 01 Jun 2016
Virginia  : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami  Kigeli

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Editorial 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza
INKURU NYAMUKURU

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza

Editorial 24 Sep 2018
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika
ITOHOZA

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Editorial 29 Oct 2018
Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo
Mu Rwanda

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Editorial 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru