• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Editorial 13 Feb 2019 IMIKINO

Imikino ibanza ya 1/8 cya UEFA Champions League yatangiye gukinwa, Paris Saint-Germain isura Manchester United kuri ‘Old Trafford iyitsinda 2-0 byombi byagizwemo uruhare n’umunya-Argentine, Ángel Di María, wahanganaga n’ikipe yahozemo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gashyantare 2019 nibwo hakinwe imikino ibiri ya mbere yo mu cyiciro cyo gukuranamo mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi.

Umukino wahuje ibihangange watangiye 22:00, Paris Saint-Germain idafite ba kabuhariwe bayo Neymar da Silva Santos Júnior na Edinson Roberto Cavani Gómez.

Ibyo ntibyabujije iyi kipe yo mu Bufaransa kwihagararaho Igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 0-0, abakinnyi ba Ole Gunnar Solskjær bakiniraga mu rugo bateye umupira ugana mu izamu inshuro imwe gusa naho PSG yo nta na rimwe.

Igice cya mbere ntabwo cyahiriye ikipe ya Manchester United kuko yavunikishijemo abakinnyi babiri aribo Jesse Lingard na Anthony Martial basimbujwe Juan Mata na Alexis Sanchez.

Kubura aba bakinnyi babiri byongereye imbaraga Paris Saint-Germain itozwa na Thomas Tuchel kuko yahise itangira gusatira cyane inabona igitego cya mbere ku munota wa 53 cyatsinzwe na myugariro w’Umufaransa Presnel Kimpembe ku mupira wavuye muri Koruneri yari itewe na Ángel Di María.

Di María wahanganaga n’ikipe yakiniye, umukino wose yavugirizwaga induru n’abafana ba Manchester United batishimira kuba nta musaruro yabahaye mu mwaka yabakiniye ariko akaba awutanga mu yandi makipe.

Kuvugirizwa induru n’abafana byamwongereye imbaraga afasha PSG kubona n’igitego cya kabiri ku munota wa 60 ubwo yahaga umupira mwiza rutahizamu Kylian Mbappe ahindukiza umunyezamu David De Gea ku nshuro ya kabiri.

Umukino warangiye Man United itsindiwe mu rugo 2-0 ifite abakinnyi 10 kuko ku munota wa 89 Paul Pogba yahawe ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa Daniel Alvez.

Undi mukino wa 1/8 warangiye AS Roma itsinze FC Porto ibitego 2 – 1, byombi bya rutahizamu w’Umutaliyani Nicolo Zaniolo.

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu

 Ajax vs Real Madrid: saa 22:00
 Tottenham vs Borussia Dortmund: saa 22:00

Ángel Di María yavugirijwe induru bigeza n’aho abafana bamutera icupa ririmo inzoga ararifata asa n’usomyeho

Abafana ba PSG bafannye ikipe yabo iminota 90 irashira

Anthony Martial yasimbujwe igice cya mbere kirangiye nyuma yo kugira imvune

Byari ibyishimo kuri Kimpembe watsindaga igitego cye cya mbere muri aya marushanwa

Di Maria yari yasazwe n’ibyishimo

Mbappe yerekanye ko ari umwe muri ba rutahizamu bahagaze neza ku Isi

Di Maria yavugirijwe induru iminota 90 yose

Mbappe ahindukiza DeGea ku gitego cya kabiri

Man united yagize ibyago Jesse Lingard avunika mu gice cya mbere

Mbappe yatsindiye ikipe ye yakinnye idafite Neymar na Cavani

Ole Gunnar Solskjaer yatsinzwe umukino wa mbere muri 11 atoje Man United

Presnel Kimpembe afungura amazamu

Wari umunsi mwiza kuri uyu munya-Argentine
Src: IGIHE

2019-02-13
Editorial

IZINDI NKURU

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Editorial 06 Feb 2018
APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

Editorial 13 Aug 2025
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Editorial 31 Oct 2023
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Editorial 04 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  
INKURU NYAMUKURU

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020
‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ –  Evode
INKURU NYAMUKURU

‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ – Evode

Editorial 07 Oct 2018
RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila
POLITIKI

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Editorial 06 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru