• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

Ubwanditsi 28 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwe mu basore bane bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku itariki 26 Gashyantare 2019, avuga ko yamaze kuzinukwa icyo gihugu ngo ku buryo n’iyo inzira ijya mu ijuru yaba ariho inyura atayinyuramo.

Baganira na KT,  dukesha iyi nkuru abo basore bavuze ko bababajwe n’uburyo bakorewe iyicarubozo n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu mu gihe nyamara bagiyeyo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Nzayisenga Jean de la Croix wo mu murenge wa Gataraga i Musanze avuga ko yagiye muri Uganda gusura murumuna we wakoze impanuka. Icyakora ibyo yakorewe ageze muri icyo gihugu kandi afite pasiporo ngo byatumye azinukwa kuzongera gusubirayo.

Yagize ati “Ibyo nakorewe, n’iyo bambwira ko inzira ijya mu ijuru inyura Uganda, nakikira nkajya Kenya na Tanzaniya nshaka uburyo nerekeza mu Ijuru ariko ntanyuze muri Uganda! Reka reka, na barumuna banjye batuyeyo nababwiye nti mwe muri muri icyo gihugu, Imana nibishaka tuzongera duhure ariko kuzagaruka ntibibaho.”

JPEG - 135.8 kb
Nzayisenga avuga ko nubwo inzira ijya mu ijuru yaba inyura muri Uganda ntiyasubirayo

Nzayisenga avuga ko mu byamutunguye ari uko nyuma yo gufatwa na Polisi ya Uganda we na mugenzi we bari kumwe babambuye imyambaro yose mu ruhame.Ngo barebaga ko bafite inkovu zo kuba barigeze guheka imbunda ari nako bakubitwa inkoni nyinshi.

Ati “Wabera wari wabona umuntu w’umugabo bamwambura imyenda yose agasigara yambaye ubusa buri buri mu ruhame? Njye na mugenzi wanjye byatubayeho, batwicaje hasi batwambura imyenda yose tuzengurutswe n’abantu basaga 10, bakajya batureba hose ngo barebe ko twabaye abasirikare, ko dufite inkovu zo kuba twarahetse imbunda ari nako dukubitwa”.

Abo basore bavuga ko nyuma yo gufatwa, bakwa amashiringi ya Uganda ibihumbi 800, uyabuze agakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’imyaka ibiri.

Ntakiyimana Pierre Célestin wo mu Murenge wa Kigembe mu Karere ka Gisagara wamaze iminsi itandatu afungiye muri Uganda avuga ko yafunguwe nyuma yo gutanga amafaranga yasabwaga. Ngo yabagaho akubitwa na Polisi ibyuma bikozwe mu nsinga anamburwa ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda yari yitwaje.

JPEG - 158 kb
Aba basore ngo bagiye muri Uganda bamwe bagendeye kuri Pasiporo ariko barafatwa

Ati “Bankuye mu modoka nta makosa nakoze, ibyangombwa nari mbifite ariko bamvana mu modoka bankubita insinga, nari nzi ko ntabaho. Banjyanye muri gereza kuri Polisi baradufunga icyankijije ni uko uyu mugenzi wanjye yari afite umuryango muri Uganda. Ni we waje adutangira amashiringi ya Uganda miliyoni n’ibihumbi 600 baraturekura, nongeye kubona amahoro tugeze ku Cyanika.”

Muri gereza aho bafungirwa, ngo urwaye nta miti abona nk’uko bivugwa na Hakizimana Sylvain warwariye muri gereza araremba.

Ati“narwariye mu gihome cyabo ndabinginga ngo bampe umuti banga kuwumpa, buri gitondo nkababwira nti meze nabi ntibagire icyo bamfasha. Malariya yari inyiciye muri gereza kandi abagande twari dufunganywe bo babazaniraga imiti njye bakandeka, nkijijwe na mukuru wanjye uzanye amashiringi ibihumbi 800 aramfunguza. Ubu ndacyarembye ngiye kwifuza.”

Abo basore bavuga ko n’Abanyarwanda basanzwe batuye muri Uganda batamerewe neza kuko hari n’abo batangiye gufunga. Aho bari bafungiye ngo basize gereza zuzuye imfungwa z’Abanyarwanda.

2019-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]

Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2019
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubwanditsi 16 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu
POLITIKI

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Ubwanditsi 28 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru