• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arasura u Rwanda ku butumire bwa Perezida Kagame, akazaba yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye muri Afurika izwi nka ’African CEOs’ izatangira tariki 26 Werurwe 2019.

Bivuzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Richard Sezibera kuri uyu wa 13 Werurwe 2019 mu kiganiro n’abanyamakuru cyavugaga k’umwiherero minisiteri y’ububanyi n’amahanga irimo kugirana n’abahagarariye u Rwanda mu mahanga.

Minisitiri Sezibera yagize ati “Perezida Tschisekedi arifuza umubano ushingiye ku bucuruzi no gukumira no kurwanya abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda baba muri DRC.”

u Rwanda ni igihugu cya gatatu Perezida Felix Tshisekedi agiye gusura kuva yatorwa, kuko yasuye Kenya ndetse yitabira n’inama y’umuryango w’ubumwe bw’Afurika yabereye Addis Ababa muri Ethiopia, aho yanavuye atorewe kuba vice perezida wa gatatu w’uwo muryango mu gihe cy’umwaka.

Ni mu gihe Umuyobozi Mukuru mu Biro bya Perezida wa DRC, Vital Kamerhé ejo yagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije gutegura uruzinduko rwa Tshisekedi mu Rwanda. Akaba yarabonanye na Perezida Kagame ari kumwe n’abayobozi bakuru bashinzwe umutekano.

Intumwa za Congo zije mu Rwanda mugihe Col. Tawimbi wavuzweho gukorana na Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi na RDC, akaba afungiye i Kinshasa , Col Tawimbi Richard wari umuyobozi w’inyeshyamba za Gumino, ucyekwaho gukorana n’abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa n’abarundi, yafashwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe i Kinshasa  tariki ya 16 Mutarama 2019, nyuma yo kuvugwaho ko yakoranaga n’inyeshyamba z’Abarundi ndetse na Kayumba Nyamwasa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.


Col Tawimbi Richard

Mu kwezi gushize, nibwo akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi kasohoye raporo igaragaza ko inyeshyamba za Gumino ziterwa inkunga na Leta y’u Burundi, by’umwihariko zikaba zikorana bya hafi na Kayumba wahoze ari umugaba w’ingabo z’u Rwanda, ubu akaba atavuga rumwe na Leta.

Andi makuru avuga ko uyu mukoloneri yari afitanye amasezerano na Leta y’u Burundi yo kuyifasha guhashya imitwe y’inyeshyamba iyirwanya iri muri Kivu y’Amajyepfo.

Benshi bavuze ko itabwa muri yombi rya Col Tawimbi, ari ikimenyetso gikomeye kigaragaza ko ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zahagurukiye guhashya imitwe y’inyeshyamba ikomeje kwidegembya mu mashyamba yayo cyane cyane muri Kivu y’Amajyepfo.

Perezida Paul Kagame  yaherukaga kugirana ibiganiro  na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi, ubwo bahuriraga muri Ethiopie ku munsi wa kabiri w’Inteko rusange ya 32 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Félix Antoine Tshilombo Tshisekedi witabiriye inama ya AU bwa mbere nyuma yo gutorerwa kuyobora RDC, yagizwe umwe mu ba perezida bane bazungiriza El Sisi.

Uyu mugabo w’imyaka 55 yagiriwe icyizere muri uyu muryango nyuma y’igihe umubano hagati yawo n’igihugu cye urimo agatotsi.

Ku wa 20 Mutarama 2019, Urukiko rurinda Itegeko Nshinga muri RDC rwemeje ko Tshisekedi yatsinze amatora ya Perezida yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, rutesha agaciro ikirego cyatanzwe na Martin Fayulu wavugaga ko ari we watsinze.

Icyo cyemezo cyatangajwe mu gihe AU yari yamaze gukoranya itsinda ryagombaga kujya muri RDC kuganira n’abantu batandukanye mu gukumira imvururu zashoboraga gukurikira amatora. Ubutumwa bwa AU muri RDC bwahise busubikwa.

U Rwanda rwiteze byinshi kuri Tshisekedi

Mu myaka isaga 20 ishize, amashyamba ya RDC yahindutse indiri y’ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu mpera za Mutarama 2019, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro nshya zisaba itabwa muri yombi rya Kayumba Nyamwasa n’abandi bayobozi bari ku ruhembe rw’umutwe w’abarwanyi uzwi nka P5 cyangwa RNC, wisuganyiriza mu mashyamba ya RDC ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Perezida Tshisekedi n’uwo yasimbuye k’ubutegetsi Joseph Kabila

Mbere y’uko ava ku butegetsi, Perezida Joseph Kabila yemeye guha u Rwanda abantu babiri bari bakomeye muri FDLR inzego z’umutekano z’igihugu cye zafashe, barimo Laforge Fils Bazeye wari umuvugizi wa FDLR na Lieutenant-Colonel Abega wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe.

Bafashwe bavuye muri Uganda mu nama ku bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, hamwe na RNC.

Laforge Fils Bazeye

Minisitiri w’Ingabo wa Congo, Crispin Atama Tabe, ku wa 18 Mutarama 2019 yandikiye Monusco asaba ubufasha mu kuburizamo umugambi w’abarwanyi ba FDLR bari bafashe urugendo bagana aho umutwe wa Kayumba Nyamwasa ukorera.

Ati “Kubera ko Congo ishikamye ku byemezo mpuzamahanga yemeye byo kutaba ibirindiro ku mutwe uwo ari wo wose ugamije guhungabanya igihugu duturanye, ndasaba ingabo za Monusco gufasha iza Congo (FARDC) mu kuburizamo uwo mugambi mubisha ushobora guhungabanya umutekano w’akarere kose.”

Izo ngabo ariko nta cyo zakoze, zivuga ko zasanze harimo n’abagore n’abana b’abasivili.

Muri manda ye y’imyaka itanu, Perezida Tshisekedi yitezweho kuzahura umubano w’igihugu cye n’u Rwanda by’umwihariko ku kongera imbaraga zo kwambura intwaro aba barwanyi no gutanga umusanzu mu gucogoza ibikorwa by’abashaka kuruhungabanya banyuze muri RDC.

Perezida Kagame yaganiriye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere kuva yatorerwa kuyobora RDC

2019-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Ubwanditsi 10 Jun 2024
Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Ubwanditsi 05 Oct 2022
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022

Igitekerezo kimwe

  1. twubakane
    March 14, 20192:51 pm -

    Icyo mbona ni uko U Rwanda ruramutse ruhawe ikiraka cyo kurinda ahantu hose hari ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro muri DRC, mbona ko nubwo bitoroshye ariko u Rwanda Rwabishobora. Ibi mbivugiye ko mu Rwanda hari za Kampanie zicunga Umutekano kdi zigenga kdi zikora akazi neza. Noneho rero zishyizweho na Leta byaba akarusho. Ibi byavanaho imitwe yose yitwa ABAMAYIMAYI, Imitwe irwanya Ibihugu na za Leta n’ibindi.

    Ikindi kuza muri EAC, guhuza amashanyarazi, Gari ya moshi Goma(Bukavu)-Kisangani cg Bukavu-Katanga etc.
    Gusinya Isoko Rusange no Guhuza ikirere. Kwemerera Amabanki ya Rwanda kugira amashami Goma, Bukavu;

    Amasezerano mu byerekeye ubuhinzi ‘ubworozi (farms), amashyamba(imbaho),….

    Ariko natwe hari icyo twakwisaba: Twahahirana gute na DRC dukoresha Icyongereza bo bakoresha Igifaransa???

    Igifaransa hamwe n’igiswahiri bishyirwemo agatege nabyo nubwo bihenze ariko ikidahenze nacyo umusaruro wacyo uba mucye.

    Bakunda ubugari( tukabuhinga yo maze kinazi ikabona products fatizo) n’ikivuguto, n’isombe, Inyanya n’Inyama n’umuziki(Uturadiyo na TV).!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi barindwi batawe muri yombi
ITOHOZA

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze
Amakuru

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi
INKURU NYAMUKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru