• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Ubwanditsi 02 May 2019 POLITIKI

Umunyamuziki ubivanga na Politiki Robert Kyagulanyi ubarizwa mu nteko Ishinga amategeko ya Uganda, wamamaye nka Bobi Wine, yarekuwe n’urukiko atanze amafaranga yihanangirizwa kongera gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.

Bobi Wine uhagarariye agace ka Kyadondo mu nteko Ishinga amategeko ya Uganda, yarekuwe kuri uyu wa 02 Gicurasi 2019. Yasomewe ibyaha bitatu ashinjwa abwirwa n’umucamanza Esther ko byose ari ingenzi agomba kubikurikiranwaho mbere y’uko asaba ubujijire.

Yarekuwe yemererwa kuburana yidegembya. Umwanzuro ukimara gutangazwa mu rukiko abashyigikiye Bobi Wine bateye akaruru k’ibyishimo nk’uko bitangazwa na The New Vision. Yavugiye mu rukiko ko niba guharanira ukwishyira ukuzina byatuma akomeza gufungwa yiteguye kuguma muri gereza agashima Imana byimazeyo, ikirenze kuri ibyo ngo afite byinshi byo gukora no kwitaho.

Uyu muhanzi yari afungiye muri Gereza ya Luzira ubundi ifungirwamo ba ruharwa. Yaburanye hifashishijwe ‘video conference’ ari muri Gereza yafungiwemo kuva ku wa mbere w’iki cyumweru. 

Urukiko rwafashe umwanzuro w’uko ava muri Gereza ya Luzinda agasubira mu buzima busanzwe, yihanangirizwa kongera gukora igikorwa atabimenyesheje ubuyobozi. Yasabwe gutanga miliyoni imwe y’amashilingi mbere y’uko asohoka muri gereza, agatanga na miliyoni icumi y’amashilingi ku byaha ashinjwa. 

Bobi Wine azongera kwitaba urukiko kuya 23 Gicurasi 2019, uhereye uyu munsi bivuze ko ari mu byumweru bitatu biri imbere.  

Urukiko rwemereye Bobi Wine kuburana yidegembya.

Bobi Wine ashinjwa gusuzugura inzego za Leta zirimo Polisi, gukoresha inama n’abambari be atabisabiye uburenganzira ubuyobozi. Nile Post ivuga ko mu byaha ashinjwa harimo n’ibyo yakoze tariki 11 Nyakanga 2018 aho we n’abambari be barimo umuvandimwe we Fred Nyanzi Ssentamu, David Lule, Edward Sebufu n’abandi bateguye inama yigaga ku kuburizamo itegeko rigena umusoro ku bakoresha imbuga nkoranyambaga.

Kugeza ubu, Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru muri Uganda, bwategetse ko amaradiyo na Televiziyo guhagarika abanyamakuru 13 bashinja gutangaza amakuru y’ibinyoma aryanisha rubanda.

Ibinyamakuru byandikiwe birimo NBS, Bukedde TV, NTV, CBS FM ndetse na Capital FM. Uyu mwanzuro wafashwe ngo nyuma y’uko mu minsi ishize kuri ibi bitangazamakuru hatambutse inkuru zihabanye n’umwuga w’itangazamakuru.  

The Obsver, ikinyamakuru kitegamiye kuri Leta ya Uganda, cyanditse ko uru rwego rushinzwe kugenzura itangazamakuru muri Uganda, rutishimiye uko ibi bitangazamakuru byatambukije inkuru y’ihagarikwa ry’ibitaramo bya Bobi Wine kugeza afunzwe.

Bobi Wine yaburanye ari muri gereza hifashishwa ‘video conference’.

2019-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame

Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Ubwanditsi 24 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.
Amakuru

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Ubwanditsi 27 Dec 2022
Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru