• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Ubwanditsi 20 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.

Abo badipolomate basaga 40, barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga, bari kumwe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, bakirwa na Gatabazi Jean Marie Vianney, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Muri urwo ruzinduko, bari mu matsinda atandatu, buri tsinda rigizwe n’abantu umunani batemberezwa ibice bitandukanye bya Pariki y’igihugu y’Ibirunga, berekwa imiryango y’ingagi ziba muri iyo Pariki, bareba uko umutekano ucunzwe, banasura ikigo cyitwa Iby’iwacu cyiganjemo abahoze ari ba Rushimusi, aho babivuyemo bibumbira hamwe bakora koperative ikora ibijyanye n’ubukerarugendo bushingiye ku muco.

Abo banyamahanga baba mu Rwanda bishimiye ibyiza nyaburanga byo muri Pariki y’ibirunga, bishimira n’intera u Rwanda rumaze kugeraho mu guteza imbere ubukerarugendo.

Peter H. Vrooman, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yagaragaje kuri Twitter ye ko ubwo yasuraga Pariki, yishimiye gusura Amahoro Family, uyu ukaba ari umwe mu miryango y’ingagi iba muri pariki y’Ibirunga.

Ibyo Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yabonye muri Pariki y’Ibirunga ngo ni ibihamya bigaragaza neza uburyo igihugu cy’u Rwanda gikataje mu guteza imbere ubukerarugendo.

Ubwo basuraga ikigo Iby’iwacu cyashinzwe n’abahoze ari ba Rushimusi muri Pariki y’Ibirunga, batangajwe n’uburyo ubukerarugendo bwageze no mu baturage bukabinjiriza amafaranga, aho buri kwezi icyo kigo cyinjiza amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu, aturuka muri ba mukerarugendo cyakira.

Icyo kigo gikora ubukerarugendo hamurikwa umuco gakondo, aho bagaragaza ubukwe bwo mu Rwanda rwo ha mbere, kuvuza ingoma, imbyino gakondo, ubuvuzi gakondo n’ibindi.

Ubwo bamurikaga imico inyuranye, bavuza ingoma, Jenny Ohlsson, Ambasaderi wa Sweden mu Rwanda, yatunguye benshi ubwo yafatanyaga n’abakaraza kuvuza ingoma, yishimira ibiranga umuco w’u Rwanda yahasanze.

Nyuma y’urwo ruzinduko, Guverineri Gatabazi JMV wakiriye abo bashyitsi, yashimiye abitabiriye urwo ruzinduko by’umwihariko, Frederique DeMan, Ambasaderi w’u Buhorande mu Rwanda, Benoit Ryelandt Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, n’abandi bayobozi batandukanye.

Yabasabye gusura kenshi Intara y’Amajyaruguru kugira ngo birebere ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda.

Ni urugendo kandi rwitabiriwe n’abayobozi banyuranye mu nzego nkuru za Leta, barimo abayobozi mu rwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) n’abandi.

Andi mafoto:

Src : KT

2019-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023
RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Ubwanditsi 29 Jan 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Ubwanditsi 07 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda
IMIKINO

Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Jan 2016
Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa
Mu Mahanga

Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Ubwanditsi 18 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru