• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 26 Jun 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Guverinoma n’abafata ibyemezo ku mugabane wa Afurika gukemura imbogamizi zose zigaragara mu buhinzi, hakifashishwa ikoranabuhanga kugira ngo urwo rwego rukurure abashoramari.

Benshi mu banyafurika bakora ubuhinzi ariko urwo rwego rugira uruhare rwa 32 % ku musaruro mbumbe w’umugabane wa Afurika.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo yafunguraga inama nyafurika yiga ku buhinzi, The Malabo Montpellier Forum 2019 yatangiriye i Kigali, Dr Ngirente yavuze ko abahinzi bo muri Afurika bakeneye ubumenyi n’imikorere mishya ibafasha kongera umusaruro.

Yagize ati “Abahinzi bo muri Afurika bakeneye ubumenyi nyabwo bwo kubafasha kongera umusaruro no gukoresha ikoranabuhanga mu kwagura ibikorwa byabo, bagamije kugabanya imbogamizi bahura nazo. Ibi bisaba ko nka Guverinoma, abafatanyabikorwa, abashakashatsi na ba rwiyemezamirimo tubyitaho.”

Dr Ngirente yavuze ko iterambere umugabane wa Afurika ukeneye ridashoboka ubuhinzi busigaye inyuma kuko aribwo buzatuma uwo mugabane wihaza mu biribwa, ukagira n’inganda zikomeye zitunganya ibikomoka kuri uwo musaruro.

Yavuze ko ibyo bitagerwaho nta shoramari kandi ko ikizatuma abashoramari babona ko ubuhinzi ari urwego rwunguka, bisaba imbaraga za Guverinoma mu gukangurira abantu gukoresha ikoranabuhanga.

Yagize ati “Nubwo hari ibyagezweho mu guteza imbere ubuhinzi bw’u Rwanda, nkuko bimeze mu bindi bihugu bya Afurika haracyari imbogamizi tugomba kurenga zirimo imari nke mu bijyanye n’ubuhinzi, ikoranabuhanga ridahagije mu buhinzi, ubunyamwuga buke, ihindagurika ry’ibihe n’ubushobozi buke bwo kuzuza ubuziranenge mpuzamahanga n’ibiciro bihora bihindagurika.”

Yongeyeho ko “Guhangana n’izi mbogamizi, birasaba abafata ibyemezo kuzivanaho kugira ngo rube urwego rukurura abashoramari, gukomeza guha ubushobozi urubyiruko kugira ngo rubone ko ubuhinzi ari urwego rwiza kandi rwunguka”.

Mu butaka bwa Afurika bukorerwaho ubuhinzi, 6 % gusa nibwo bwuhirwa, ahandi bategereza imvura ko igwa mu buryo busanzwe.

Imibare ya Banki nyafurika Itsura Amajyambere (BAD), igaragaza ko ishoramari mu buhinzi bwa Afurika rifite icyuho cya miliyari ziri hagati ya 23 z’amadolari na 31 z’amadolari buri mwaka, kugira ngo urwo rwego rutezwe imbere.

Muri Kamena 2014, abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bahuriye i Malabo muri Guinée Equatoriale, bemeza amasezerano agamije guteza imbere ubuhinzi muri Afurika yiswe ‘Malabo Declaration’.

Bimwe mu byo biyemeje harimo kuba nta nzara y’ibiribwa izaba ikirangwa ku mugabane mu 2025, guhangana n’ubukene binyuze mu guteza imbere ubuhinzi, kongera ishoramari mu buhinzi, gufata neza umusaruro wangirika n’ibindi.

Src : IGIHE

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar mu buryo bwihariye

Ubwanditsi 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda
Amakuru

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura
Mu Rwanda

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru