• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019 Uncategorized

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni arashinjwa n’umuryango utegamiye kuri leta witwa The Simon Wiesenthal Centre gutunganya zahabu yatswe abayahudi mbere yuko bicwa muri Jenoside yabakorewe hagati ya 1940-1945 akayohereza mu mahanga.

Mu itangazo uwo muryango washyize hanze, uvuga ko uruganda rwo muri Uganda rutunganya zahabu rwitwa African Gold Refinery, aho Museveni na murumuna we Salim Saleh bafitemo imigabane myinshi rwatunganyije zahabu yaturutse mu gihugu cya Venezuela ingana na toni 7,4 zifite agaciro ka miliyoni 300 z’amadorali.

Iyo zahabu yavuye mu budage abanazi bamaze gutsindwa muri 1945 yoherezwa muri Esipanye yayoborwaga icyo gihe n’umunyagitugu Fransisco Franco nyuma yoherezwa muri Venezuela na Argentine ikaba yaratumye abanazi bihisha igihe kirekire bakingiwe ikibaba n’abayobozi babahishe kubera iyi zahabu. Ibi byatangajwe na Dr Shimon Samuel umuyobozi mukuru wa The Simon Wiesenthal Centre nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo gusoma inyandiko zigaragaza icuruzwa rya zahabu na Banki nkuru ya Esipanye hagati ya 1936-1945, zikemeza ko iyo zahabu yambuwe abayahudi mbere yuko bicwa.

Amakuru yuko Uganda itunganya zahabu yavuye muri Venezuela yoherejwe na Perezida Nicolas Maduro, yagiye hanze mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, bivugwa ko hari iyari yaburiwe irengero ariko noneho muri iyi minsi nibwo byemejwe ko iyo zahabu yambuwe abayahudi. Zahabu ingana na toni 7,4 zifite agaciro ka miliyoni Magana atatu y’amadorali yavuye Carcas muri Veneuzela igera Entebbe itwawe n’indege y’abarusiya. Kwakira iyi zahabu ni ukurenga ku bihano byafatiwe Venezuela mu by’ubucuruzi.

Mu kwezi kwa gatatu Polisi ya Uganda yatangaje ko iyo zahabu yaturutse mu gihugu cya Leta zunze ubumwe z’amerika ije gutunganwa n’uruganda rwa African Gold Refinery aho bizwi ko Alain Goetz na Henry Kajura aribo banyamigabane bakuru nyamara ari Perezida Museveni na murumuna we Salim Saleh bafitemo imigabane myinshi.

Dr Samuel yagize ati “Zahabu yoherejwe gutunganywa muri Uganda yoherejwe mu kwezi kwa gatatu mu byiciro bibiri, icyiciro cya mbere cyari kigizwe na toni 3,8 icyakabiri cya toni 3,6 cyafashwe na Polisi ya Uganda. Perezida Museveni yategetse ko polisi ihita irekura iyo zahabu, nyuma hatangazwa ko yaburiwe irengero kandi yaratejwe cyamunara muri Turukiya”

Dr Samuel ashinja Perezida Museveni gupfobya jenoside yakorewe abayahudi kuberako yanze ko hakorwa ipoerereza ku nkomoko yiyo zahabu ndetse ko afasha imitwe yiterabwoba, kuko nubwo  African Gold Refinery ivuga ko iyo zahabu yoherejwe muri Dubai inyuze muri Turukiya ishobora no kuba yaroherejwe muri Iran mu gutera inkunga iterabwoba.

Umuryango The Simon Wiesenthal Centre washinzwe muri 1977 ukaba wemewe n’Umuryango w’Abibumbye ndetse na UNESCO aho ugira umwanya udasanzwe. Icyicaro cyawo kiba muri Los Angeles muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ukura izina ryayo kuri Simon Wiesenthal wabuze umuryango mwinshi muri jenoside yakorewe abayahudi, intego zawo akaba ari ukurwanya irondaruhu no gukumira amakimbirane.

 

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024

Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024

Ubwanditsi 16 Jun 2023
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018

Ubwanditsi 24 May 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona
Amakuru

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Ubwanditsi 25 Feb 2023
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?
Amakuru

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru