• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Editorial 13 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umudepite  mu nteko ishinga amategeko ya Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yagiranye ikiganiro kirambuye n’umunyamakuru wa Finincial Times,David Pilling amusobanurira birambuye politiki ya Uganda nibindi bibera muri icyo gihugu kiyobowe na Perezida Museveni kuva mu mwaka wa 1986 akaba amaze imyaka 33 ku butegetsi.

Bobi Wine umuhanzi ukunzwe n’urubyiruko kubera kuririmba arwanya akarengane kaba muri Uganda, byaje kumuhesha umwanya mu nteko ishinga amategeko aho yatowe nk’umukandida wigenga. Bobi Wine yatangiye abwira umunyamakuru  David Polling iyicarubozwo yakorewe igihe bari mumatora  mu karere ka Gulu  umwaka ushize, ubwo yakubitwaga ndetse n’imyanya ye y’ibanga bakayizirika. Ni nyuma yaho, habaye amatora yo gusimbura Col Abiliga wari umaze kwicwa n’agatsiko ka Museveni noneho NRM ya Museveni igatsindwa.

NRM n’abasirikari barinda Museveni (dore ko nawe yari ahibereye) bagize umujinya w’umuranduranzuzi kubera ubwamamare bwa Bobi Wine noneho bamena ikirahuri cy’imodoka ya Museveni babyitirira abayoboke ba Bobi Wine nuko agerekwaho ibyaha atyo,bamukorera iyicarubozo arafungwa. Nyuma yuko amahanga ahagurutse, Bobi Wine yagiye kwivuza muri Amerika.

Ikiganiro Bobi Wine yagiranye n’umunyamakuru David Polling cyabereye muri resitora iciriritse mu kajagari ka Kamwokya muri Kampala,aho Bobi Wine yafataga amafunguro acyoza imodoka ngo abone ikimutunga akaba nubu ari umudepite ndetse nambere akunda kuhafatira amafunguro kandi afite umutungo uhagije wamujyana mu mahotel akomeye ya Kampala yakuye mu buhanzi

Ikiganiro Bobi Wine yagiranye n’umunyamakuru David Polling cyabereye muri resitora iciriritse

Bobi Wine yagarutse ku bwicanyi bubera muri Uganda aho abantu basanzwe n’abayobozi bicwa umusubirizo. Yagize ati “ushobora kuba wicaye hano umuntu akaza akakwica. Ibyo ni ibisanzwe muri Uganda” Mu mwaka wa 2018, aba Sheik barindwi barishwe, Major  Kiggundu, umunyamategeko Joan Kagezi, Umuvugizi wa Polisi AIG Felix Kaweesi, Col Abiliga, CIP Kirumira n’abandi.

Ni mu mwaka wa 2017,ubwo Bobi Wine yatsindiranga umwanya mu nteko ishinga amategeko, Museveni yatangiye kubona ko Bobi afite imbaraga. Mu kwiyamamaza,Bobi Wine yakomangaga inzu kuyindi. Bobi Wine ageze mu nteko yarwanyije bikomeye guhindura imyaka Perezida wa Uganda agomba kuva afite ubwo mbere itegeko ryavugaga ko atagomba kuba arengeje 75,ariko Museveni warumaze kugira 72 agahindura iryo tegeko kugirango azabashe kwiyamamaza muri 2021. Yahaye abadepite amafaranga menshi ngoni ayo bazakoresha mu ngendo baganira kuri iryo tegeko, ariko Bobi Wine yarayashubije.

Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine

Bobi Wine kandi yagarutse ku rubanza rwe aho ashinjwa ubugambanyi bushobora kumuviramo igihano cy’urupfu. Yagize ati “ Nta cyaha dufite, Museveni niwe uyobora ubutabera ashobora guhamagara umucamanza ati kora iki niki….”

Mu matora ya 2021, Bobi Wine yasabye urubyiruko kwiyandikisha kuri lisiti yitora ari benshi, muri Uganda urubyiruko ntirwitabira amatora kuko bazi ko nubwo batora Museveni yiba amajwi agatsinda. Ubu noneho bafite uzabahagararira akaba aricyo gituma Museveni adasinzira ahimbira ibyaha Bobi Wine ariko abahanga bakavuga ko amwamamaza iyo amufunga.

Abajijwe icyambere azakora natorerwa kuba Perezida,Bobi Wine yavuzeko azakuraho amategeko yise ay’ubugoryi abangamiye uburenganzira bw’abaturage ba Uganda ndetse no kurwanya ruswa yamunze ishyaka rya Museveni n’ubutegetsi bwe. Bobi Wibe yashoje avugako atarwanya Museveni,ahubwo ibikorwa bya Museveni birwanya Perezida Museveni

2019-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Editorial 07 Apr 2024
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Editorial 17 Apr 2024
Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Editorial 30 Mar 2019
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Editorial 07 Apr 2024
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Editorial 17 Apr 2024
Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Editorial 30 Mar 2019
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Editorial 07 Apr 2024
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Editorial 17 Apr 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru