• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Umuhanzi Jose Mayanja uzwi mu muziki nka Dr. Jose Chameleone n’umuvandimwe we Weasel batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri bazira gushaka kurema itsinda ry’abantu barwanya Perezida Yoweri Museveni mu Mujyi wa Kampala.

Chameleone yafashwe nyuma y’ikiganiro yari amaze kugirana n’abanyamakuru, ahita afungurwa hashize igihe gito.

Muri icyo kiganiro Chameleone yavuze ko abaturage batakarije icyizere ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Uyu mugabo uherutse kugirwa ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa by’Ishyaka riharanira Demokarasi [Democratic Party] ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda aherutse kwinjiramo, yavuze ko atazarivamo kugeza apfuye.

Yanavuze ko ari mu rugamba rwo ‘kuvana Uganda mu biganza by’umunyagitugu’.

Yakomeje agira ati “Nitandukanyije n’abari ku ruhande rw’ingoma y’igitugu, ubu ndi ku ruhande rw’abatotezwa. Nahamagarira urubyiruko rwifuza impinduka n’ubwigenge kutwiyungaho tukigobotora ingoma y’igitugu imaze imyaka 32 idutoteza.”

Impamvu Chameleone yiyunze kuri aba barwanya Museveni ngo ni uko ashaka kubohora abamugize uwo ariwe uyu munsi ndetse ngo ashaka kugira Uganda igihugu cyiza kimeze nk’ibindi ajya yishimira iyo yatembereye.

Uyu muhanzi yahakanye ibyavuzwe ko yaba yaraje kwiyomeka ku barwanya Museveni ashaka gushyira hasi mugenzi Bobi Wine.

Yemeje ko abayobozi bose mu ishyaka rya Museveni rya NRM, nta bitekerezo basigaranye byatuma igihugu gikomeza gutera imbere bityo hakenewe impinduka.

Abajijwe impamvu yaririmbye mu ndirimbo yitwa ‘Tubonganawe’ yamamaza Museveni mu matora ya 2016 yavuze ko yashakaga amafaranga gusa nta kindi.

Ati “Naririmbye ‘Tubonganawe’ kubera ko nashakaga amafaranga, nari mfite ibibazo byanjye, nari nkeneye amafaranga.”

Ku Cyumweru gishize Chameleone yasuye Bobi Wine mu rugo aho baganiriye byinshi bijyanye n’uko uyu mugabo yinjiye muri politiki irwanya Perezida Museveni.

Jose Chameleone ari kwitegura kuzahatana mu matora ya Meya w’Umujyi wa Kampala azaba mu 2021.

2019-07-16
Editorial

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Editorial 18 Dec 2024
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Editorial 16 Jun 2022
Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Editorial 20 Jun 2018
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Editorial 11 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe
ITOHOZA

Nibogora Lydie wishwe bunyamaswa yashyinguwe

Editorial 22 Feb 2017
U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch
POLITIKI

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Editorial 06 Mar 2018
Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
INKURU NYAMUKURU

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Editorial 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru