• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Editorial 04 Aug 2019 IMIKINO

Ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, ikipe ya Mali yegukanye igikombe cya Afurika cya Basketball mu bangavu batarengeje imyaka 16 cyari kimaze icyumweru kibera mu Rwanda, ni nyuma y’uko itsinze Misiri amanota 84-48.

Uyu mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa Gatandatu muri Petit Stade i Remera.

Mariam Coulibaly yafashije igihugu cye kwegukana iri rushanwa ubwo yatsindaga amanota 30, akanasama imipira irindwi iva ku nkangara mu gihe yatanze indi irindwi kuri bagenzi be.

Bagenzi be barimo Maimouna Haidara akaba na kapiteni w’ikipe, ndetse na Djelika Tounkara na bo batsinze amanota 16 na 14 muri uyu mukino.

Ku ruhande rwa Misiri, Lojain Elfatairy yatsinze amanota 19, asama imipira itandatu iva ku nkangara mu gihe Aya Elficky yasamye imipira itandatu, agatsinda amanota 11 n’ubwo ibi byari bidahagije ku ikipe yabo yashakaga igikombe cya mbere.

Mariam Coulibary ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP), aza mu ikipe y’irushanwa hamwe na Sara Caetano (Angola), Maimouna Haidara (Mali), Malak Sadek (Misiri) na Maria Najjuma (Uganda).

Mu myaka ibiri ishize, mukuru wa Coulibaly, Aissetou Coulibaly na we yari yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa ubwo ryari ryabereye i Beira muri Mozambique.

Mali na Misiri zaje mu makipe abiri ya mbere, zatsindiye kuzakina Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Romania mu mwaka utaha.

Sara Caetano wa Angola yahembwe kandi nk’umukinnyi watsinze amanota menshi mu irushanwa (165), Maria Najjuma wa Uganda ahembwa nk’uwasamye imipira myinshi iva ku nkangara (112) mu gihe Lojain Elfatairy wa Misiri yahembwe nk’uwatsinze amanota atatu inshuro nyinshi (40).

Angola ni yo yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Mozambique amanota 67-59.

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Ugandaku manota 66-51 .

Uko amakipe yakurikiranye muri iki gikombe cya Afurika cy’Abangavu

  1. Mali
  2. Misiri
  3. Angola
  4. Mozambique
  5. Uganda
  6. Rwanda
  7. Tanzania

Mali yegukanye igikombe cya Afurika cy’abangavu mu mukino wa Basketball, cyari kimaze iminsi kibera i Kigali

Mali yihariye iri rushanwa kuva ritangiye gukinwa mu 2009

Ni ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya Mali yegukana iri rushanwa ry’abangavu

Misiri yongeye gutsindirwa ku mukino wa nyuma na Mali nk’uko byagenze mu 2009

Angola yatsinze Mozambique, yegukana umwanya wa gatatu

Mariam Coulibary wa Mali ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP)

Sara Caetano wa Angola yahembwe nk’uwatsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda ni we wasamye imipira myinshi iva ku nkangara

Maria Najjuma (Uganda), Malak Sadek (Misiri), Maimouna Haidara (Mali), Mariam Coulibary (Mali) na Sara Caetano (Angola) ni bo batanu beza b’irushanwa rya 2019

Tanzania yegukanye igikombe cya Fair-play nk’ikipe yabaniye neza ayandi

Abitabiriye umukino wa nyuma basusurukijwe mu birori bisoza irushanwa

Abanyacyubahiro barimo n’abayobozi ba Basketball ku rwego rwa Afurika bafata amashusho y’imbyino nyarwanda

Mali yatsinze Misiri ku nshuro ya kabiri zari zihuriye ku mukino wa nyuma

Abangavu b’u Rwanda bakurikiranye uyu mukino wa nyuma

Lojain Elfatairy yahize abandi mu gutsinda amanota atatu

Angola yabaga ishyigikiwe n’abanyarwanda

Sara Caetano wa Angola watsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda n’ubundi yagoye u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Uganda

2019-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Editorial 23 Oct 2021
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Editorial 21 Dec 2021
Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Editorial 14 Feb 2017
Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Editorial 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria
Amakuru

CAF CL & CC: APR FC izahura na Azam FC, Police FC izakine na CS Constatine yo muri Algeria

Editorial 11 Jul 2024
CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye
IMIKINO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Editorial 12 Jul 2019
Polisi y’u Rwanda iri mu bugenzuzi bwo kumenya uko inkongi z’imiriro zikumirwa mu karere ka Karongi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iri mu bugenzuzi bwo kumenya uko inkongi z’imiriro zikumirwa mu karere ka Karongi

Editorial 09 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru