• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Editorial 08 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imyaka mirongwitatu y’amage ishize nakundaga kumva imbwirwaruhame z’inyeshyamba y’intarumikwa yaje kuba Perezida. Kandi ntabwo arinjye njyenyine.  N’abandi benshi bashimishwaga nawe. Ntabwo yari Inyeshyamba isanzwe ivuga nabi cyangwa se ngo itere ubwoba.

Yego yari yageze ku butegetsi hakoreshejwe intwaro, ariko yari yiteguye  kugirana ibiganiro n’abandi ku bibazo byarebaga igihugu, akemeza abantu binyuze mu biganiro no kujya impaka.

Uwo mugabo yari Yoweri Museveni wari ukimara kwimikwa nka Perezida wa Uganda, nyuma y’urugamba rwari rumaze imyaka itanu Museveni, ibyo yajyaga avuga byabaga bifite gukurura  abaturage binaryoheye amatwi. Kuva nyuma y’imyaka myinshi numva imbwirwaruhame za Daniel Arap Moi zabaga zitaryoheye amatwi, ari nako zirimo gutegeka abaturage gushyira mu bikorwa gahunda zinyuranye za Guverinoma, muri Kenya  n’ibigambo bya Amini byabaga birimo gutera ubwoba, ariko binashimishije.

Yajyaga avuga ibintu  by’ukuri birebana n’impinduramatwara byajyaga bikurura urubyiruko. Harimo kutihangana, ku muntu wihutiraga gusubiza ibintu mu buryo, byari byarangiritse igihe cyirekire. Yari afite uburyo bw’igitugu,  ubunyamusozi utibagiwe n’ubwirasi ari nabwo bwatumaga ibyo yavugaga bikundwa.

Yasebyaga abo yari yarasimbuye ku ntebe abita amazina akabije urugero, hari aho yabitaga “ingurube.”

Benshi bajyaga batekereza ko yabiterwaga n’ubwana no kuba ataragira ubunararibonye muri Guverinoma n’ibyishimo by’instinzi. Bityo bagatekereza ko inzego z’ubutegetsi zizabicubya. Baribeshye. Ukwirata no kwishongora bigaragara ko byagiye byiyongera, uko yiyongezaga igihe ku ntebe y’ubutegetsi, ndetse binakomereza no mu byegera bye, bigera naho bihiduka ubukombe. Ugira utya ukumva Abajenerali bakoze ibintu ubusanzwe byakabaye ari icyaha, ntihagire igikorwa, kuko batekereza ko bafite ubudahangarwa bwo kwitwara uko bashaka.

Perezida Museveni n’ibyegera bye byo muri NRM ntibihanganiraga uwo batavugaga rumwe, bityo bakarega ibyaha binyuranye uwabaga atavuga rumwe nabo. Urugero, barangwaga no guhisha ukuri, n’imyitwarire yashyigikiraga gutanga imyanya hakurikijwe uturere umuntu akomokamo, cyangwa se amoko.

Mu gihe yabaga arimo guhembera ibi birego, yabanzaga kubisasira, mu rwego rwo kwigisha, agasobanura ayo magambo kuri rubanda, mu rwego rwo kuyacengeza mu bo yibwiraga ko batapfa guhita bayumva. Ako nako, kari akandi gakoryo akenshi katajyaga kamenyekana. Ubu bikaba bimaze kugaragara ko ibyasaga nkaho ari ugusobanuro byabaga ari ubwirasi n’ubwibone.

Bimwe mu byamururiga abantu bwari uburyo bwe bwihariye bwo kubara inkuru , no guca imigani. Imbwirwaruhame ye yabaga yateguwe mu buryo bw’akataraboneka, kandi inarunzwe mu migani y’ururimi rw’Ikinyankore. Hari kera. Ubungubu, byasubiwemo inshuro nyinshi ku buryo ubu byatakaje injyana ku buryo abantu baba bazi ibyo ari buvuge, bityo bikaba bitakiryohera amatwi.

Mu gihe gisaga imyaka mirongwitatu, amwe mu magambo yakundaga gukoresha ntakigezweho bityo akaba atakiyakoresha. Ntushobora kumva abantu bakitwa ko basigaye inyuma, cyangwa se ko bashiriwe. Ntabindi birego byo kugereka ku bantu ko bafite ubwiko. Ariko kuba hari impinduka, si uko ibyo ayo magambo yabaga asobanura bitakiriho.

Ahubwo byarushijeho gushinga imizi kuburyo bigaragarira buri wese. Ibyo bikaba bisobanura impamvu  atari ngombwa kwita izina ikintu ubona buri gihe izina ridasanzwe. Byaramenyerewe ku buryo byabaye ibisanzwe.

Urugero, ufashe ijambo ubwiko. Ni ijambo rikoreshwa rimwe na rimwe, nabwo rigakoreshwa mu biganiro bisanzwe biterekeranye na filosofiya ndetse no mu rwego rw’intiti. Tudakabije tugomba guha Museveni n’abasangirangendo be mu gihe bari mu ishyamba amanota, kubera ko barahagaritse ikoreshwa rya bene iriya mvugo, bagatangira kwifashisha imvugo isanzwe imenyerewe ya buri munsi.

Ibiri amambo nyamara, nuko baje kugotwa na bene iriya mvugo ubu bakaba barabaye imbata, cyane cyane iyo barimo kuvuga ku bindi bihugu.

Mu byukuri ubwiko bivuga iki? Ukurikije inkoranyamagambo zitandukanye, ni politike yo gutuma rubanda itamenya ibirimo gukorwa, guhisha ku bushake, guheza rubanda mu gihirahiro, kugirango batamenya ibirimo gukorwa.

Biriya bisobanuro byagaragajwe haruguru nibwo buryo Guverinoma ya Uganda yigaragaza imbere y’abaturage, ari nayo nyirabayazana y’umubano udahwitse hagati ya Uganda n’uRwanda, bahishe ku bushake abaturage babo ukuri ku birebana n’iyi mibanire hagati y’ibihugu byombi. Bakaba barahisemo kugaraza ikibazo kiri hagati y’ibihugu byombi nk’ikibazo cy’umupaka, mu byukuri Uganda irega uRwanda kuba rwarafunze umupaka.

Ubwo yari Kabale mu Majyepfo y’Iburengerazuba hahana imbibe n’uRwanda, nibwo Perezida Museveni yijeje abaturage ko ikibazo  cy’umupaka kigiye gukemuka vuba. Akaba ariwo murongo guverinoma ye kimwe n’itangazamakuru bafashe.

Nyamara kandi nkuko bizwi na bose, na Perezida Museveni na Guverinoma ye irimo ikibazo cy’imibanire ntaho gihuriye  n’umupaka. Mbere na mbere, ntiwigeze ufungwa. Igice kimwe cyambukirwaho Gatuna nicyo cyafunzweho igice ku modoka nini. Iyindi mipaka ibiri, Cyanika na Kagitumba, ntiyigeze ifungwa.

Ibibazo nyakuri byagaragarijwe Perezida Museveni no kuri rubanda ni ibi: Kuba guverinoma ya Uganda itera inkunga abakoze Jenoside n’imitwe y’iterabwoba, FDLR, RNC n’indi bigamije guhungabanya uRwanda, ishimutwa ry’abanyarwanda batagira ingano, kubakorera iyicarubozo, kubafunga batagezwa imbere y’inkiko, ari nako babafungira ahantu hatazwi, no kwanga ko ibicuruzwa byo mu Rwanda binyuzwa muri Uganda.

Museveni, guverinoma ye n’itangazamakuru ryo muri Uganda barumye gihwa ntibagira icyo bavuga kuri izi ngingo, nkaho ntacyo babiziho, cyangwa se nkaho bitabaho. Ahubwo bagahitamo kwibanda ku kinyoma cy’umupaka. kuvuga ku mupaka.

Biteye ubwoba kubona n’itangazamakuru naryo ryarijanditse mu guhisha ukuri mu gihe inshingano z’itangazamakuru ari ugushyira ukuri ahagaragara. Ibi ntibiterwa no kutamenya amakuru. Biterwa nuko bashobora kuba barashyizwe mu kwaha cyangwa se no guterwa ubwoba.

Iki ni igitekerezo bwite cy’umusomyi 

Src: The New Times

2019-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Editorial 09 Jan 2025
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Editorial 30 Apr 2019
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Editorial 30 Sep 2018
Nsengiyumva Jotham wari warakatiwe gufungwa burundu yarashwe agerageza gutoroka gereza

Nsengiyumva Jotham wari warakatiwe gufungwa burundu yarashwe agerageza gutoroka gereza

Editorial 29 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]
Mu Mahanga

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]

Editorial 12 Nov 2018
Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa
ITOHOZA

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Editorial 11 May 2016
#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo
IMIKINO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Editorial 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru