• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imyaka mirongwitatu y’amage ishize nakundaga kumva imbwirwaruhame z’inyeshyamba y’intarumikwa yaje kuba Perezida. Kandi ntabwo arinjye njyenyine.  N’abandi benshi bashimishwaga nawe. Ntabwo yari Inyeshyamba isanzwe ivuga nabi cyangwa se ngo itere ubwoba.

Yego yari yageze ku butegetsi hakoreshejwe intwaro, ariko yari yiteguye  kugirana ibiganiro n’abandi ku bibazo byarebaga igihugu, akemeza abantu binyuze mu biganiro no kujya impaka.

Uwo mugabo yari Yoweri Museveni wari ukimara kwimikwa nka Perezida wa Uganda, nyuma y’urugamba rwari rumaze imyaka itanu Museveni, ibyo yajyaga avuga byabaga bifite gukurura  abaturage binaryoheye amatwi. Kuva nyuma y’imyaka myinshi numva imbwirwaruhame za Daniel Arap Moi zabaga zitaryoheye amatwi, ari nako zirimo gutegeka abaturage gushyira mu bikorwa gahunda zinyuranye za Guverinoma, muri Kenya  n’ibigambo bya Amini byabaga birimo gutera ubwoba, ariko binashimishije.

Yajyaga avuga ibintu  by’ukuri birebana n’impinduramatwara byajyaga bikurura urubyiruko. Harimo kutihangana, ku muntu wihutiraga gusubiza ibintu mu buryo, byari byarangiritse igihe cyirekire. Yari afite uburyo bw’igitugu,  ubunyamusozi utibagiwe n’ubwirasi ari nabwo bwatumaga ibyo yavugaga bikundwa.

Yasebyaga abo yari yarasimbuye ku ntebe abita amazina akabije urugero, hari aho yabitaga “ingurube.”

Benshi bajyaga batekereza ko yabiterwaga n’ubwana no kuba ataragira ubunararibonye muri Guverinoma n’ibyishimo by’instinzi. Bityo bagatekereza ko inzego z’ubutegetsi zizabicubya. Baribeshye. Ukwirata no kwishongora bigaragara ko byagiye byiyongera, uko yiyongezaga igihe ku ntebe y’ubutegetsi, ndetse binakomereza no mu byegera bye, bigera naho bihiduka ubukombe. Ugira utya ukumva Abajenerali bakoze ibintu ubusanzwe byakabaye ari icyaha, ntihagire igikorwa, kuko batekereza ko bafite ubudahangarwa bwo kwitwara uko bashaka.

Perezida Museveni n’ibyegera bye byo muri NRM ntibihanganiraga uwo batavugaga rumwe, bityo bakarega ibyaha binyuranye uwabaga atavuga rumwe nabo. Urugero, barangwaga no guhisha ukuri, n’imyitwarire yashyigikiraga gutanga imyanya hakurikijwe uturere umuntu akomokamo, cyangwa se amoko.

Mu gihe yabaga arimo guhembera ibi birego, yabanzaga kubisasira, mu rwego rwo kwigisha, agasobanura ayo magambo kuri rubanda, mu rwego rwo kuyacengeza mu bo yibwiraga ko batapfa guhita bayumva. Ako nako, kari akandi gakoryo akenshi katajyaga kamenyekana. Ubu bikaba bimaze kugaragara ko ibyasaga nkaho ari ugusobanuro byabaga ari ubwirasi n’ubwibone.

Bimwe mu byamururiga abantu bwari uburyo bwe bwihariye bwo kubara inkuru , no guca imigani. Imbwirwaruhame ye yabaga yateguwe mu buryo bw’akataraboneka, kandi inarunzwe mu migani y’ururimi rw’Ikinyankore. Hari kera. Ubungubu, byasubiwemo inshuro nyinshi ku buryo ubu byatakaje injyana ku buryo abantu baba bazi ibyo ari buvuge, bityo bikaba bitakiryohera amatwi.

Mu gihe gisaga imyaka mirongwitatu, amwe mu magambo yakundaga gukoresha ntakigezweho bityo akaba atakiyakoresha. Ntushobora kumva abantu bakitwa ko basigaye inyuma, cyangwa se ko bashiriwe. Ntabindi birego byo kugereka ku bantu ko bafite ubwiko. Ariko kuba hari impinduka, si uko ibyo ayo magambo yabaga asobanura bitakiriho.

Ahubwo byarushijeho gushinga imizi kuburyo bigaragarira buri wese. Ibyo bikaba bisobanura impamvu  atari ngombwa kwita izina ikintu ubona buri gihe izina ridasanzwe. Byaramenyerewe ku buryo byabaye ibisanzwe.

Urugero, ufashe ijambo ubwiko. Ni ijambo rikoreshwa rimwe na rimwe, nabwo rigakoreshwa mu biganiro bisanzwe biterekeranye na filosofiya ndetse no mu rwego rw’intiti. Tudakabije tugomba guha Museveni n’abasangirangendo be mu gihe bari mu ishyamba amanota, kubera ko barahagaritse ikoreshwa rya bene iriya mvugo, bagatangira kwifashisha imvugo isanzwe imenyerewe ya buri munsi.

Ibiri amambo nyamara, nuko baje kugotwa na bene iriya mvugo ubu bakaba barabaye imbata, cyane cyane iyo barimo kuvuga ku bindi bihugu.

Mu byukuri ubwiko bivuga iki? Ukurikije inkoranyamagambo zitandukanye, ni politike yo gutuma rubanda itamenya ibirimo gukorwa, guhisha ku bushake, guheza rubanda mu gihirahiro, kugirango batamenya ibirimo gukorwa.

Biriya bisobanuro byagaragajwe haruguru nibwo buryo Guverinoma ya Uganda yigaragaza imbere y’abaturage, ari nayo nyirabayazana y’umubano udahwitse hagati ya Uganda n’uRwanda, bahishe ku bushake abaturage babo ukuri ku birebana n’iyi mibanire hagati y’ibihugu byombi. Bakaba barahisemo kugaraza ikibazo kiri hagati y’ibihugu byombi nk’ikibazo cy’umupaka, mu byukuri Uganda irega uRwanda kuba rwarafunze umupaka.

Ubwo yari Kabale mu Majyepfo y’Iburengerazuba hahana imbibe n’uRwanda, nibwo Perezida Museveni yijeje abaturage ko ikibazo  cy’umupaka kigiye gukemuka vuba. Akaba ariwo murongo guverinoma ye kimwe n’itangazamakuru bafashe.

Nyamara kandi nkuko bizwi na bose, na Perezida Museveni na Guverinoma ye irimo ikibazo cy’imibanire ntaho gihuriye  n’umupaka. Mbere na mbere, ntiwigeze ufungwa. Igice kimwe cyambukirwaho Gatuna nicyo cyafunzweho igice ku modoka nini. Iyindi mipaka ibiri, Cyanika na Kagitumba, ntiyigeze ifungwa.

Ibibazo nyakuri byagaragarijwe Perezida Museveni no kuri rubanda ni ibi: Kuba guverinoma ya Uganda itera inkunga abakoze Jenoside n’imitwe y’iterabwoba, FDLR, RNC n’indi bigamije guhungabanya uRwanda, ishimutwa ry’abanyarwanda batagira ingano, kubakorera iyicarubozo, kubafunga batagezwa imbere y’inkiko, ari nako babafungira ahantu hatazwi, no kwanga ko ibicuruzwa byo mu Rwanda binyuzwa muri Uganda.

Museveni, guverinoma ye n’itangazamakuru ryo muri Uganda barumye gihwa ntibagira icyo bavuga kuri izi ngingo, nkaho ntacyo babiziho, cyangwa se nkaho bitabaho. Ahubwo bagahitamo kwibanda ku kinyoma cy’umupaka. kuvuga ku mupaka.

Biteye ubwoba kubona n’itangazamakuru naryo ryarijanditse mu guhisha ukuri mu gihe inshingano z’itangazamakuru ari ugushyira ukuri ahagaragara. Ibi ntibiterwa no kutamenya amakuru. Biterwa nuko bashobora kuba barashyizwe mu kwaha cyangwa se no guterwa ubwoba.

Iki ni igitekerezo bwite cy’umusomyi 

Src: The New Times

2019-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe
ITOHOZA

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya
Mu Mahanga

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo
INKURU NYAMUKURU

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru