• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Ubwanditsi 08 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza, kuko ari ururimi rubumbatiye umuco Nyarwanda.

Iri torero ryatangiye ku wa 24 Kamena mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo, ryitabirwa n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga n’ababa imbere mu gihugu biganjemo abanyeshuri babaye indashyikirwa.

Abitabiriye ni Abanyarwanda bafite imyaka iri hagati ya 18 na 35 kandi bafite ubuzima buzira umuze.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko kumenya ururimi rwawe ari intambwe imwe mu muco iba ikwiye gusigasirwa na buri wese kandi agaterwa ishema narwo.

Aha niho yahereye ahwitura urubyiruko kimwe n’abandi bose bakoresha Ikinyarwanda nabi kuko mu gihe badahindutse kizahinduka urundi rurimi.

Ati “Kenshi nkunze kubivuga, njya numva Ikinyarwanda tuvuga twese, nitutareba neza tuzagihindura kibe urundi rurimi rutari Ikinyarwanda.”

Yasabye ko mu bumenyi urubyiruko ruba rwahawe mu itorero, hakwiye no kongerwamo no kumenya neza Ikinyarwanda. Ati “Bamporiki hari abasaza wavuze, abantu bakuru baje gutanga amasomo, bigisha aba bana, ntabwo ari ukwigisha amateka gusa bajye bigisha n’Ikinyarwanda.”

Yatanze ingero z’amagambo amwe n’amwe akoreshwa nabi, mu mivugire cyane y’urubyiruko. Ati “Iyo umuntu avuga ngo yampaye, yampaye mu Kinyarwanda yampaye inka, yampaye iki, mwabihinduye ngo ni uguhereza, guhereza ni ibyo mu kiliziya, guhereza ni ugufata ikintu ukagihereza … ariko guha, yampaye, namuhaye, mwabihinduye guhereza byose.”

Urundi rugero yatanze ni ku bantu usanga bavuga nabi nk’ijambo ‘umuntu’ bakarivuga nabi rikaba ‘umunu’.

Ati “Icya kabiri mu Kinyarwanda, mu ndimi za Afurika tuzi birashoboka kuba ari Ikinyarwanda cyonyine uvuga ntu’ , ‘umuntu’, ntabwo ari ‘umunu’, bavuga ‘umuntu’, ntabwo ari ‘umunu’. Abanyarwanda bafite umwihariko wo kuvuga ‘ntu’, ntabwo ari ‘umunu’.”

Yakomeje agira ati “Hakaba gushya, ikintu gishya, shya. Ikintu gishya, ntabwo ari ikintu gisha. Iyo ushaka kuvuga ikinyuranyo cya Oya, ni Yego. Ntabwo ari ‘Ego’. Oya, Yego, ugakomeza. Mujye mwumva ko ari inshingano yanyu gukosora ibyo, mukavuga uko ibintu bikwiye kuvugwa.”

Yasabye abashinzwe umuco gufata iya mbere bagasigasira ururimi rw’Ikinyarwanda birinda ko gikomeza gukoreshwa nabi mu buryo busa n’ubugezweho.

Ati “Ndabirekera abantu b’itorero n’abandi bashinzwe umuco, urabyumva no ku maradiyo. Ikibi cyabyo ni uko babihinduye ikintu gihanze. Ni ibigezweho, ni imvugo y’abahanzi, ibyo nimubishaka mujye mubikorera aho bikwiye ariko tuvuge Ikinyarwanda.”

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko rukwiye kurangwa n’umuco wa Kinyarwanda kuko n’ibindi bihugu nabyo bifite uwabyo ubiranga kandi bakarangwa n’indangagaciro yo kumvira.

Ati “Iyo umuntu arerwa, mu burere, habamo kumva. Urumva, barakubwira ukumva. Uburere, iyo wigishwa, iyo ubwirwa, urumva, wumva icyo bakubwiye, ukagitekereza, ugashakisha icyo kivuze, cyangwa akamaro gifite.”

“Uko kumva kujyana no kumvira, urumvira. Ariko muri uko kumva no kumvira, ntabwo ibintu byose upfa kubifata uko ubyumvise ngo ubitware uko kuko uri umuntu, ufite ubwenge, uratekereza. Urabyumva, ugasesengura, ukumva niba aribyo ndetse ukaba wagira n’igitekerezo gitandukanye ukakivuga. Ntabwo umuntu wese ibyo akubwiye, muri ubwo burere, bitewe n’ubikubwiye ibyo akubwira, ibyinshi biba ari bizima, haba hari n’ibitari byo.”

Ikinyarwanda gikoreshwa n’abantu bari hagati ya miliyoni 35-40 babarizwa mu Rwanda, Tanzania, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ahandi hirya no hino ku Isi.

Giherutse gushyirwa mu ndimi zirenga ibihumbi bitandatu zivugwa ku Isi zishobora gukendera mu gihe haba nta gikozwe. Gusa ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zitandukanye zigamije kugikundisha Abanyarwanda no gutuma gikoreshwa uko bikwiye.

UNESCO ivuga ko ururimi rufatwa nk’ururi mu marembera igihe rukoreshwa n’abana ariko hakagira aho babuzwa kurukoresha, iyo rutigishwamo, iyo rukoreshwa n’abakuze gusa cyangwa nta baruvuga bakiriho.

Inama y’Umushyikirano ya 13 yari yasabye ko mu mashuri yose yaba amato n’amakuru na za kaminuza hashyirwaho ingamba zo guteza imbere ururimi rw’Ikinyarwanda no kwimakaza indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Src: IGIHE

2019-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi  Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Perezida Kagame yahaye imbabazi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Ubwanditsi 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze  ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi
Mu Rwanda

Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru