• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 15 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Australia, bamaganye inkuru y’ikinyamakuru cyo muri icyo gihugu, ABC News, yavugaga ko ari ba maneko bakorera Guverinoma y’u Rwanda, bagamije kuburizamo ibitekerezo by’impunzi zitavuga rumwe na yo.

Mu ibaruwa y’amapaji atatu abayobozi ba Diaspora Nyarwanda muri icyo gihugu bandikiye ABC news igashyirwaho umukono na Emmanuel Karekezi yagize ati

“Abanyarwanda baba muri Australia barasaba ABC news ndetse n’umunyamakuru wanditse iyo nkuru, kwamagana ibyavuzwe na Kalisa Mubarak bishingiye ku kuba nyirubwite Kalisa uwo ariwe aho abarizwa mu bikorwa by’ububandi agashyira ABC news mu bikorwa bya politiki bitandukanye n’amahame agenga itangazamakuru muri Australia. Ibirego bya Kalisa nta shingiro bifite, ahubwo iri tangazamakuru ryari kubanza kumenya mbere ya byose Kalisa Mubarak ni Muntu ki. Twifuje kugaragaraza ukuri ngo abasomye iyo nkuru nabo bamenye uko kuri”

Mu ibaruwa ya Diaspora Nyarwanda, igaruka ku witwa Kalisa Mubarak wavuganye na ABC News, isobanura ko ‘azwi neza cyane nk’umunyabyaha ndetse mbere yo kujya muri Australia aho yabaga muri Afurika y’Epfo, yari umwe mu bagize umutwe w’iterabwoba wa RNC, uyobowe na Kayumba Nyamwasa’.

Mbere yo kujya muri Australia yabaga mu nzu imwe na mwishywa wa Patrick Karegeya, witwa David Batenga, ndetse akaba yari umutangabuhamya mu rubanza rw’abaketsweho kurasa Kayumba Nyamwasa muri Afurika y’Epfo.

Ibaruwa igira iti “Nubwo yiyita umutangabuhamya mu iraswa rya Kayumba, hari amakuru ko Kalisa Mubarak, ahubwo yari mu mugambi w’abagambanye kumwica kubera amakimbirane yari muri RNC, nyuma yo kwizezwa amafaranga menshi. Nyuma yo kubona ko umugambi umupfubanye yirukankiye kuri Polisi ya Afurika y’Epfo yiyita umutangabuhamya.”

Ivuga kandi ko Kalisa ari umunyabyaha ugerageza kwigira umwere abinyujije mu kuvuga ko ahigwa na Guverinoma y’u Rwanda, aho akwirakwiza amajwi n’amashusho hirya no hino ku maradiyo n’abandi henshi ayishinja gukora ibyaha muri Afurika y’Epfo, u Burayi none ubu ageze muri Australia.

Mu nkuru ya ABC News, Kalisa avuga ko yaje kohererezwa ubutumwa bwo kuri telefoni igendanwa na nimero yo mu mahanga itagaragaza umwirondoro.

Diaspora Nyarwanda ivuga ko ibi bigamije gutera impuhwe ngo arebe ko yabona ubufasha bw’amafaranga. Iti “Izina rye iyo urishyize muri Google ubona ko ari uwagize uruhare muri Jenoside wahunze, bikaba biteye ikimwaro kubona itangazamakuru rya Australia, rimwita uwihisha kubera ubwoba bw’ubuzima bwe.’’

Karekezi avuga ko abakoresha ibi bitangazamakuru ari abagerageza gusebya leta n’Abanyarwanda bari muri Australia kuko usanga banababuza kujya mu Rwanda, bavuga ngo barazana uburozi n’ibindi.

Yakomeje avuga ko ikinyoma Mubarak na bagenzi be bacuze kidashinga kuko bitumvikana uko ambasaderi yavuye Singapore atwaye imbunda akayihitisha ku bashinzwe kugenzura imipaka akayinjirana muri Australia maze akayitunga ku ijosi ry’uwabitangaje bikarangirira aho ntiyitabaze polisi ngo iyimwambure.

Australia kandi irasa n’iyabaye indiri y’abafite imigambi mibisha ku Rwanda hari n’abakekwa gukora amahano muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakidegembya.

Buri mwaka batumira abo bita abashyitsi babo barimo Rusesabagina Paul, Condo Gervais, David Himbara, Serge Ndayizeye na Padiri Nahimana Thomas bagakusanya inkunga yo gushyira muri ibyo bikorwa byabo bigamije guhungabanya igihugu.

2019-09-15
Editorial

IZINDI NKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Editorial 14 Sep 2018
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Editorial 21 Nov 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Editorial 14 Sep 2018
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Editorial 21 Nov 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Editorial 14 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru