• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 18 Sep 2019 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya kabiri cya 2019 (Mata-Kamena), umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongereye ku rugero rwa 12.2 %, ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2018, ukava kuri miliyari 2001 Frw ukagera miliyari 2255 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa NISR, Murangwa Yusuf, yavuze ko umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku kigero cya 5%, inganda uzamuka kuri 21% naho serivisi uzamuka ku kigero cya 12%.

Mu buhinzi umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo wiyongereye ku rugero rwa 4%, umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu wiyongereyeho 6%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’umusaruro w’ikawa wiyongereyeho 21% naho umusaruro w’icyayi wo wagabanutseho 3%.

Murangwa yasobanuye ko mu nganda umusaruro wazamutseho 21% bitewe n’imirimo y’ubwubatsi yazamutseho 32%, bikazamura umusaruro umusaruro w’ubucukuzi bw’imicanga n’amabuye y’ubwubatsi ku rugero rwa 36%.

Iyi raporo yerekana ko umusaruro w’inganda zitunganya ibintu bitandukanye wazamutseho 16% hagati ya Mata na Kamena 2019.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibyuma by’ubwubatsi wazamutse ku rugero rwa 43% uw’izitunganya ibindi bitari ibyuma higanjemo sima uzamuka ku rugero rwa 42%, uw’izikomoka ku butabire na pulasitiki uzamuka ku rugero rwa 32% uzamuwe ahanini no gukora amarangi ndetse n’amasabune.

NISR itangaza ko umusaruro w’inganda zitunganya ibiribwa wazamutse ku rugero rwa 8% naho uw’inganda zikora ibinyobwa uzamuka ku rugero rwa 6%. Umusaruro wa serivisi z’ubwikorezi wazamutseho 17%, uwa serivisi z’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 13% naho umusaruro wa serivisi zo gucumbikira no kugaburira abantu uzamukaho 13%.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko bishimiye iri zamuka ry’ubukungu rirenze ibyo bari bateganyije, ariko ari ngombwa kureba uko ibindi bihembwe bizagenda kugira ngo hamenyekane igipimo ubukungu bw’u Rwanda buzazamukaho uyu mwaka.

Ati “Umusaruro mbumbe wazamutseho 12.2%, bikaba birenze ibyo twari twateganyije ariko ntabwo tugiye guhindura igipimo giteganyijwe cy’izamuka ry’ubukungu kuko turacyafite ibihembwe bibiri byo kubanza kureba uko bigenda, ariko iyo urenze intego biba ari byiza”.

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 8.6% mu 2018 ugereranyije na 7.2% cyari giteganyijwe. Biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.8% mu 2019, bukazamuka 8.1% mu 2020 na 8.2% mu 2021.

2019-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZO RYO KUMENYESHA
MULTIMEDIA

ITANGAZO RYO KUMENYESHA

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo
Amakuru

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Nov 2020
Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin
Amakuru

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Ubwanditsi 29 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru