• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Ubwanditsi 04 Oct 2019 POLITIKI

Kuri uyu wa Kane, itariki 03 Ukwakira muri Senat y’u Rwanda habereye igikorwa cyo kumurika ubushakashatsi bwakozwe na Sena y’u Rwanda ku miterere y’ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Perezida wa Sena, Bernard Makuza, yabanje gushimira leta n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano guhangana n’abahakana n’abapfobya jenoside nk’Urwego rw’Ubutabera, Ububanyi n’Amahanga, Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Itorero ry’Igihugu, itangazamakuru n’Abantu ku giti cyabo bakurikirana buri gihe, bakamagana, bakanarwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi bibera mu mahanga.

Yavuze ko ubu bushakashatsi bwakozwe binyuze muri Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, bushingiye ku nshingano y’umwihariko ya Sena, ijyanye no “Kugenzura iyubahirizwa ry’amahame remezo avugwa mu ngingo ya 10 y’Itegeko Nshinga”. Ati “Ayo Mahame remezo niyo yubakiyeho imiyobore y’Igihugu, mu cyerekezo twifuza”.

Yakomeje agira ati: “Ubu bushakashatsi bugiye gutangazwa, bujyanye by’umwihariko n’Ihame remezo rikomoka ku masomo dukura mu mateka yacu, ryo: Gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside, no kurandura burundu ingengabitekerezo ya jenoside.”

Gukora ubu bushakashatsi, ndetse n’ubundi bwabubanjirije, ni bumwe mu buryo Sena ikoresha, mu kurangiza iyi nshingano y’umwihariko yo kugenzura amahame remezo.

Nyakubahwa Makuza Bernard ati: “Nk’uko abashakashatsi batandukanye babigaragaza, nta gitangaza kuba tubona ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko byarateguwe. Ahubwo, byaba ari akaga twicecekeye, tukarebera, kandi tuzi ukuri.”

Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Senateri Rugema Michel avuga muri macye ibikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Sena y’u Rwanda, yavuze ko Hasanzwe umubare munini w’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoresha imvugo isesereza Abatutsi muri rusange, igamije guteza urujijo mu mitwe y’abantu, cyane cyane abatazi u Rwanda n’amateka yarwo.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje kandi ko ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi minsi biza byihishe inyuma y’uburyo bwo kwanga kwemera impinduka nziza zigenda zibera mu gihugu nyuma ya Jenoside no gushimangira ko politiki yateguye Jenoside ari yo ibereye Abanyarwanda. Harimo gutsimbarara ku mateka ya kera, banga igitekerezo cyangwa politiki iyo ari yo yose yaba ivanaho cyangwa ivugurura politiki y’amacakubiri babayemo kuva kera.

Senateri Rugema ati: “Byagaragaye ko hakiri ikibazo cy’ibihugu n’imiryango bitarinjiza mu mategeko yabyo itegeko rihana icyaha cya jenoside n’ingengabitekerezo yayo bityo ugasanga hakiri imbogamizi mu gihe cyo gukurikirana abakekwaho ibi byaha ndetse n’abamaze guhamwa nacyo.”

Ubushakashatsi bwa Sena bwagaragaje ko itangazamakuru ari kimwe mu bikoresho byifashishwa mu ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi minsi

Senateri Rugema akavuga ko byagaragaye ko hari amaradiyo na televisiyo yashinzwe n’amashyaka ya politiki y’abari mu buhungiro bari mu murongo wo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse na radiyo na televiziyo mpuzamahanga zitangaza rimwe na rimwe inkuru zihakana kandi zigapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Senateri Rugema ati: “Abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashisha uburyo bugezweho mu gukwirakwiza amakuru hifashishijwe imbuga nkoranyambaga ndetse n’itangazamakuru ryandika mu binyamakuru”.

Mu ngamba zafashwe, harimo gusaba ibihugu n’imiryango mpuzamahanga kwihutishagushyira mu mategeko yabyo, itegeko rihana icyaha cya jenoside, ihakana n’ipfobya byayo kuko icyaha cya jenoside kitagira umupaka.

Leta y’u Rwanda kandi yasabwe gushyiraho intumwa yihariye (Ambassador at large) izajya ikurikirana iyubahirizwa ry’amategeko mpuzamahanga n’ay’u Rwanda yerekeye gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside no kurandura burundu ingengabitekerezo yayo n’ibyo igaragariramo byose.

2019-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Ubwanditsi 25 Mar 2021
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare
POLITIKI

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Gisagara VC yatangaje Gatsinzi Vénuste nk’umukinnyi wayo mushya avuye muri APR VC
Amakuru

Gisagara VC yatangaje Gatsinzi Vénuste nk’umukinnyi wayo mushya avuye muri APR VC

Ubwanditsi 19 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru