• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Ubwanditsi 04 Oct 2019 POLITIKI

Kuri uyu wa Kane, itariki 03 Ukwakira muri Senat y’u Rwanda habereye igikorwa cyo kumurika ubushakashatsi bwakozwe na Sena y’u Rwanda ku miterere y’ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Perezida wa Sena, Bernard Makuza, yabanje gushimira leta n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano guhangana n’abahakana n’abapfobya jenoside nk’Urwego rw’Ubutabera, Ububanyi n’Amahanga, Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Itorero ry’Igihugu, itangazamakuru n’Abantu ku giti cyabo bakurikirana buri gihe, bakamagana, bakanarwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi bibera mu mahanga.

Yavuze ko ubu bushakashatsi bwakozwe binyuze muri Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, bushingiye ku nshingano y’umwihariko ya Sena, ijyanye no “Kugenzura iyubahirizwa ry’amahame remezo avugwa mu ngingo ya 10 y’Itegeko Nshinga”. Ati “Ayo Mahame remezo niyo yubakiyeho imiyobore y’Igihugu, mu cyerekezo twifuza”.

Yakomeje agira ati: “Ubu bushakashatsi bugiye gutangazwa, bujyanye by’umwihariko n’Ihame remezo rikomoka ku masomo dukura mu mateka yacu, ryo: Gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside, no kurandura burundu ingengabitekerezo ya jenoside.”

Gukora ubu bushakashatsi, ndetse n’ubundi bwabubanjirije, ni bumwe mu buryo Sena ikoresha, mu kurangiza iyi nshingano y’umwihariko yo kugenzura amahame remezo.

Nyakubahwa Makuza Bernard ati: “Nk’uko abashakashatsi batandukanye babigaragaza, nta gitangaza kuba tubona ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko byarateguwe. Ahubwo, byaba ari akaga twicecekeye, tukarebera, kandi tuzi ukuri.”

Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Senateri Rugema Michel avuga muri macye ibikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Sena y’u Rwanda, yavuze ko Hasanzwe umubare munini w’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoresha imvugo isesereza Abatutsi muri rusange, igamije guteza urujijo mu mitwe y’abantu, cyane cyane abatazi u Rwanda n’amateka yarwo.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje kandi ko ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi minsi biza byihishe inyuma y’uburyo bwo kwanga kwemera impinduka nziza zigenda zibera mu gihugu nyuma ya Jenoside no gushimangira ko politiki yateguye Jenoside ari yo ibereye Abanyarwanda. Harimo gutsimbarara ku mateka ya kera, banga igitekerezo cyangwa politiki iyo ari yo yose yaba ivanaho cyangwa ivugurura politiki y’amacakubiri babayemo kuva kera.

Senateri Rugema ati: “Byagaragaye ko hakiri ikibazo cy’ibihugu n’imiryango bitarinjiza mu mategeko yabyo itegeko rihana icyaha cya jenoside n’ingengabitekerezo yayo bityo ugasanga hakiri imbogamizi mu gihe cyo gukurikirana abakekwaho ibi byaha ndetse n’abamaze guhamwa nacyo.”

Ubushakashatsi bwa Sena bwagaragaje ko itangazamakuru ari kimwe mu bikoresho byifashishwa mu ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi minsi

Senateri Rugema akavuga ko byagaragaye ko hari amaradiyo na televisiyo yashinzwe n’amashyaka ya politiki y’abari mu buhungiro bari mu murongo wo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse na radiyo na televiziyo mpuzamahanga zitangaza rimwe na rimwe inkuru zihakana kandi zigapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Senateri Rugema ati: “Abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashisha uburyo bugezweho mu gukwirakwiza amakuru hifashishijwe imbuga nkoranyambaga ndetse n’itangazamakuru ryandika mu binyamakuru”.

Mu ngamba zafashwe, harimo gusaba ibihugu n’imiryango mpuzamahanga kwihutishagushyira mu mategeko yabyo, itegeko rihana icyaha cya jenoside, ihakana n’ipfobya byayo kuko icyaha cya jenoside kitagira umupaka.

Leta y’u Rwanda kandi yasabwe gushyiraho intumwa yihariye (Ambassador at large) izajya ikurikirana iyubahirizwa ry’amategeko mpuzamahanga n’ay’u Rwanda yerekeye gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside no kurandura burundu ingengabitekerezo yayo n’ibyo igaragariramo byose.

2019-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction
HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa
INKURU NYAMUKURU

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe
HIRYA NO HINO

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru