• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amateka arimo arisubiramo mu gihugu cya Uganda, aho mu gihe Perezida Museveni yitegura kuzaha ubutegetsi umuhungu we, Muhoozi Kainerugaba mu 2026, ingufu zikomeje gushyirwa mu kugaragaza se, Yoweri Museveni nk’umwe  mu banyafurika bakunda Afurika babayeho. 

Ikinyamakuru The Independent cya Andrew Mwenda, muri iki cyumweru kikaba cyarasohoye inkuru igereranya Museveni na Nyerere, yerekana ibyo bahuriyeho, ibyo batandukaniye, ingengabitekerezo zabo n’ibindi bisa nk’ikinamico ryo gusetsa.

Hari uwakumva ibi ari ibisanzwe. Nyamara umuntu ahita yibuka ko mu cyumweru gishize Muhoozi Kainerugaba nawe yatangaje abinyujije kuri twitter ko se, Museveni ari umwe mu bantu bakunda Afurika babayeho, aho yakomeje agira ati: Muzehe Museveni nta gushidikanya ari mu Banyafurika batanu bambere. Kainerugaba yashyize se mu cyiciro kimwe naba Mandela, Kwame Nkrumah, na Samora Machel.

Abagize icyo bavuga kuri ibi, babajije impamvu Muhoozi yibagiwe kongeraho Idi Amin na Joseph Kony ku rutonde rwe, abandi bibaza impamvu yakuyemo John Garang, uyu Mwenda ubwe yigeze gutangaza mu nkuru ko yishwe na Museveni.

Ibyo Muhoozi na Mwenda batangaje mu ntera y’icyumweru kimwe ngo ni ibigaragaza ko byateguwe ariko nta kintu umuntu utekereza yasanga muri uku kugereranya, usibye kuvuguruzanya hagati ya Museveni na Nyerere.

Inkuru ya The Independent igaragaza ko Nyerere atabaye icyitegererezo muri Tanzania gusa ahubwo ari no mu bice byinshi byo muri Afurika aho avugwa mu ntwari zaharaniye ubwigenge  nka ba Nkrumah, Amilcar Cabral na Samora Machel, ariko ikigamijwe ngo ni ukugerageza kwinjiza Museveni mu mwanya adakwiye kubarizwamo.

Inkuru ya mwenda ikaba igamije gukoresha izina rya Nyerere, nk’umuntu w’icyitegererezo muri Afurika, mu buryo budakwiye, nk’ikiraro cyamwinjiza bitamugoye mu ntwari za Afurika.

Ikiruseho nk’uko tubikesha Virungapost, Museveni bagera ho bashaka kumushyira hejuru ya Nyerere bavuga ko hari ibyo Nyerere yagiye atuzuza ariko Museveni yari yiteguye kubikora. Niba Nyerere ari umukandida ku butagatifu ubwo Museveni yaba ateganya no kurenga ubutagatifu mu yandi magambo.

Umwe mu bacurabwenge ba NRM, Prof. Tarsis Kabwegere agerageza gusobanura impamvu Museveni arenze Nyerere avuga ko we yubatse ariko Museveni yarazwe igihugu cyari cyananiranye.

Arongera agasa nk’uwivuguruza agira ati: “Nyerere yarwanyije kandi atsinda ubukoloni sinka Museveni warazwe igihugu cyananiwe birenze no kuba gikolonijwe.”

Museveni akaba agaragazwa nk’aho aruta Nyerere kuko ari we wari ufite ikibazo gikomeye cyo guhangana n’ubukungu bwari bwaraguye.

Bakomeza igereranya berekana ko Museveni kimwe na Nyerere, yizera Leta imwe ya Afurika y’Iburasirazuba ishyize hamwe ikomeye, ariko bakandika bibagiwe ko ari nawe mbogamizi ikomeye yo kwishyira hamwe kw’ibihugu byo mu karere.

Ngo niba Museveni yariyemeje kuzamura akarere n’abagatuye, abanyarwanda benshi bagiye bagaruka mu gihugu barakorewe iyicarubozo, baravunwe imbavu, cyangwa barashyinguye ababo bashobora gutanga ubuhamya bwo kuzamurwa bahawe na Museveni.

Museveni yari muri Tanzania mu 1960 ubwo Nyerere yigishaga Ujaama cyangwa kubana nk’umuryango. Ariko ugereranyije n’inkuru ya The Independent, Museveni ashobora kuba yarumvise kubana nk’umuryango bisobanuye ko leta ibereyeho gukorera umuryango we.

Mu 2015, umunyamakuru wo muri Kenya, Jeff Koinange yabajije Museveni niba ajya abyuka rimwe na rimwe akumva hari ibyo akora (wenda bitari byiza) bikwiye guhinduka, maze nk’uko Obote yigeze kuvuga ko Museveni ari umubeshyi ruharwa uvuga ukuri ari impanuka, yasubije Koinange ati: “Ntacyo bivuze kuko ndikorera. Nta muntu nkorera. Ndi gukorera abuzukuru banjye n’abana banjye.” Hakibazwa niba umuntu uvuga nk’ibi ari wa munyafurika ukunda Afurika bavuga.

Museveni yakagombye kuba mu rwego rumwe na ba Mobutu aho kuba mu rwego rwa Nyerere. 

2019-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe
Mu Mahanga

Kigali : Kwa Nyiragasazi (LA COMETE) havumbuwe imbunda eshanu zari zihishe

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées
INKURU NYAMUKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ubwanditsi 21 May 2018
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite
Amakuru

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Ubwanditsi 17 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru