• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Editorial 25 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Bamwe mu bana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi, bavukijwe  uburenganzira ku mitungo yasizwe n’ababyeyi babo yigabijwe, cyangwa yarigishijwe ku kagambane ka bamwe mu bavandimwe, ndetse n’abayobozi mu Rwanda, bityo ugasanga ntibakigira amasambu y’iwabo, aho batura ndetse n’aho bashobora gushyira iterambere ribatunga mu buzima busanzwe, cyane cyane ku bana barerewe mu bigo by’impfubyi bitandukanye.

Nshimiye Emmanuel umwe mu bana bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, yavuze ko bibabaje kubona Leta itita ku kibazo cy’imitungo yabo yigabijwe na bamwe mubo mu miryango yabo, ndetse hakaba hari n’imwe yatwawe na Leta kugeza ubu ikaba itarabaha ingurane. Ati,“ Kuva mu 2002 ntangiye kubaza ibyacu ntacyo ndahabwa, kandi ababyeyi banjye bari bafite aho batuye mbere ya jenoside.”

Nshimiye uvuga ko nyuma ya jenoside yajyanywe kurererwa ahitwa kwa Gisimba, i Nyamirambo, mu karere ka Nyarugenge. Akomeza asobanura ko bibabaje kubona umuntu yamburwa ibye kandi ababijyanye bahari, cyane ko leta ihari kandi izi ko iyo mitungo ari iyabo yasizwe n’ababyeyi babo bakayisiga bishwe mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ati, “ Ibyacu byitwariwe na rubanda inzego z’ubuyobozi ziraho zirebera. Nagiye ku karere ngo kandenganure biranga banyohereza ku Muvunyi n’ubu ntacyo baramarira.”

Uyu musore wacitse ku icumu ati,” Nta kuntu waba ushinzwe kurera, kurenganura, kurinda ubuzima bw’umuntu ubizi neza ko ari impfubyi nta kivurira, ngo nurangiza umutererane uti  “Genda ujye mu nkiko”, kandi ibyawe byaratwawe barebera kuko nibo bari badufite baturera, ndakeka biriya bigo byadufashe bikaturera byose byari hasi ya Leta.”

Ngendahimana Samuel uvuga ko yarokotse wenyine mu muryango we asanga bibabaje kuba uri impfubyi ya jenoside yakorewe Abatutsi  warangiza ukavutswa uburenganzira ku mitungo y’ababyeyi bawe cyane ko ariyo yakagombye kukurengera mu gihe uri wenyine. Akomeza avuga ko mu 2012, minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, MINALOC,  yategetswe n’uwari minisitiri w’intebe, Bernard Makuza, ko imufasha kumusubiza imitungo y’ababyeyi be ariko kugeza ubu ntacyo barakora. Bamutegetse kujya mu nkiko kandi nta bushobozi afite bwo kuzigana dore ko asigaye yirera atakiba mu kigo cyakira impfubyi kuko yakuze bakamucutsa.

Ngendahimana ati,” Iwacu twari abana batandutu, ndi umwana wa gatatu, nkaba narasigaye jyenyine mu muryango wacu kuko ababyeyi banjye ndetse n’abavandimwe bose bishwe mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.”

Akomeza avuga ko imitungo yasizwe n’ababyeyi be iherereye mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Musambira, ikaba yaratujwemo abaturage ahandi hagashyirwa urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, akaba nta ngurane yahawe muri ibyo byose byahakorewe kandi ari imitungo yasizwe n’ababyeyi be. Akomeza avuga ko aho aherukira gukurikirana iby’iyo sambu  mu 2012, yari ifite agaciro ka million 53frw, ikaba iri ku buso bw’ubutaka bungana na metero 82 kuri 64.

Ngendahimana w’imyaka y’amavuko 32, avuga ko abayeho mu buzima bugoranye kuko nta kazi arabona kuva yarangiza kaminuza mu mwaka wa 2015. Ngo atunzwe n’ibiraka gusa kuko nta kazi gahoraho arabona, akaba asanga amaherezo ari mabi kandi hari imitungo yakabaye abyaza umusaruro yasizwe n’ababyeyi be, nawe agatera imbere nk’abandi banyarwanda muri rusange.

Nabagize Grace w’imyaka 29 y’amavuko, ukomoka mu murenge wa Gihombo, ahitwa Rwamatamu mu cyahoze ari Kibuye, yavuze ko isambu yasizwe n’ababyeyi babo yari ku buso bwa hegitari zisanga ebyiri, yubatsemo umudugudu w’abacitse ku icumu amazu asaga 50 ariko nta ngurane bigeza bahabwa.  

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwababwiye  ko nta mafaranga bafite yo kubaha ahubwo nabo bakwiye kuza bagahabwamo umudugudu nk’abandi banyarwanda, bityo we na musaza we basigaye bakaba barayobewe aho bazajya kubariza.  Ngo akarere ndetse n’urwego rw’Umuvunyi bababwiye ko ikibazo cyabo bazagikurikirana ariko hashize imyaka itanu ntacyo barababwira.

Nabagize ati,” Nkubu musaza wanjye witwa Ngago Mukomeza Emmanuel ufite imyaka 32 y’amavuko, yaretse ishuri kubera asa nk’aho yihebye bitewe no kudahabwa imitungo y’ababyeyi bacu, kandi nta handi afite akura. Nanjye nubwo nashatse umugabo ariko nkeneye kubona uburenganzira ku masambu yasizwe n’ababyeyi bacu kuko nta muntu ubaho atagira inkomoko.” 

Ibibazo byinshi by’amasambu y’abana b’impfubyi byarakemutse

Umunyamategeko wa AERG, Me Damasi  Nsanzumuhire, avuga ko hashyizweho itsinda rishinzwe kugenzura ibibazo by’amasambu yasizwe n’ababyeyi b’abana bazize jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, basanga byibuze 83% byaramaze gukemuka. Ngo ayo masambu yambuwe abari barayigaruriye asubizwa abana ba nyirayo, kandi n’abandi basigaye bagomba kubona imitungo y’ababyeyi babo kugira ngo bahabwe ubutabera bukwiye nk’abandi banyarwanda muri rusange. 

Ati, “Turacyakora iperereza ku bibazo bigera kuri 15% tutarabonera ibimenyetso, ariko ntituracika intege kuko dufatanyije n’inzego zibishinzwe za Leta, ndetse n’imwe mu miryango, na bamwe mu bavandimwe b’abo bana barokotse jenoside yakorewe Abatutsi muri  mata 1994.

Me Nsanzumuhire akomeza avuga ko kuva mu mwaka wa 2012, ku kibazo cy’abana b’impfubyi zasizwe na jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hashyizweho itsinda rikurikirana ibibazo by’abo ariko kugeza n’ubu hari ibibazo bikiza, kuko hari umurongo wa telephone utishyurwa washyizweho kugira ngo abafite ibyo bibazo badashobora kugera aho bakorera bajye bahamagara kugira ngo bamenyekanishe ibibazo byabo (5476 free call).

Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko mu 2014 nyuma yaho abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagejeje ikibazo cy’abo kuri perezida wa repuburika y’u Rwanda Paul Kagame, yasabye Minisitiri w’Intebe wariho icyo gihe gukemura ikibazo cy’abo bana kandi vuba, bityo nawe ashyiraho itsinda ryari rikuriwe n’urwego rw’Umuvunyi, kugira ngo ikibazo  cy’abo bana gikemuke.

Mbarushimana Jean Paul ushinzwe itangazamakuru ku rwego rw’Umuvunyi avuga ko abana babaye ari bato imitungo yacungwa na bene wabo, kuko abenshi nibo babareraga abandi bari mu bigo by’impfubyi, abenshi bakabigurisha mu 2014 ubwo urwego rw’umuvunyi rwakurikirananga icyo kibazo, abandi bari bakuze bafite imyaka y’ubukure, basangaga inzego za  Leta zikabohereza mu nkiko kuko bababwiraga ko ibijyanye n’amasambu ndetse no kuzungura iby’imitungo y’abana babo bireba inkiko ko bo bibarenze.

Mbarushimana akomeza avuga ko nyuma yo kujya mu turere twose uko ari 30, urwego rw’umuvunyi rwakemuye ibibazo by’abo bana b’impfubyi za jenoside, hasigara ibigera ku 1202, rusaba ko uturere birimo tugomba kubikemura ibindi bigashyikirizwa inkiko kuko wasangaga akenshi haragiye habamo uburiganya budasobanutse, bityo bigasaba ko hitabazwa inkiko kugira ngo zibe arizo zibikemura.

Ubuyobozi bwa AERG, ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  buvuga ko ahantu hari ibibazo byinshi by’abana bambuwe amasambu y’ababyeyi babo, ari mu ntara y’Iburasirazuba, Amajyepfo ndetse no mu Mu mujyi wa Kigali.

Safi Nkongori Emmanuel

2019-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Editorial 27 Mar 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Editorial 14 Apr 2017
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Editorial 27 Mar 2017
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Editorial 15 Dec 2017
Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Editorial 14 Apr 2017
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Editorial 27 Mar 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru