• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019 IMIKINO

Ibitego bitatu byo mu gice cya kabiri byafashije Arsenal kubona intsinzi y’ibitego 3-1, itsindiye West Ham iwayo mu mukino w’umunsi wa 16 wa Premier League y’u Bwongereza wabaye kuri uyu wa Mbere.

Yabaye intsinzi ya mbere iyi kipe ibonye, mu mikino itatu, kuva itangiye gutozwa na Freddie Ljungberg nk’umutoza w’agateganyo nyuma yo kwirukanwa kwa Unai Emery. Arsenal yari imaze imikino icyenda yikurikiranya idatsinda.

Muri uyu mukino, Arsenal yagowe n’iminota 45 ibanza ndetse iki gice cya mbere cyarangiye West Ham United yari imbere y’abafana bayo, ifite igitego cyatsinzwe na Angel Ogbona ku munota wa 38.

Arsenal yagaragaje imikinire itandukanye mu gice cya kabiri, ibona igitego cyo kwishyura cyatsinzwe n’Umunya-Brésil Gabriel Martinelli ku munota wa 60, kikaba icya mbere yari atsinze muri Shampiyona y’u Bwongereza.

Nyuma y’iminota itandatu, Umunya-Côte d’Ivoire Nicolas Pépé utarahiriwe kuva ageze muri iyi kipe aciye agahigo ko kugurwa menshi, yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wari uvuye kuri Pierre-Emerick Aubameyang ndetse uyu Munya-Gabon na we ashimangira intsinzi ya 3-1 nyuma y’iminota itatu.

Arsenal yahise ifata umwanya wa cyenda n’amanota 22 mu gihe West Ham iri ku mwanya wa 16 n’amanota 16, aho kugeza ubu umutoza wayo Manuel Pellegrini ashobora gusezererwa.

Arsenal izagaruka mu kibuga ku wa Kane, yakirwa na Standard Liège yo mu Bubiligi, mu mukino w’umunsi wa nyuma w’amatsinda ya Europa League.

Iyi kipe yamamaza Ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze ku magambo ‘’Visit Rwanda ‘’ yanditse ku kuboko kw’ibumoso ku myenda yayo, irasabwa byibuze inota cyangwa kudatsindwa ibitego byinshi kugira ngo yizere gukomeza muri 1/6.

Muri Shampiyona y’u Bwongereza, izongera gukina ku Cyumweru, aho izaba yakiriye Manchester City mu mukino w’umunsi wa 17 uzabera kuri Emirates Stadium.

Kieran Tierney yavuye mu kibuga nyuma yo kuvunika ku munota wa 29

 

Arsenal yabanje guhusha uburyo bwabonywe na Mesut Ozil

 

Abakinnyi ba West Ham bishimira igitego babonye muri uyu mukino

 

Angel Ogbona yatsindiye West Ham mu gice cya mbere

 

Gabriel Martinelli yishyurira Arsenal

 

Martinelli yishimira igitego cye cya mbere muri Premier League

 

Nicolas Pepe yitegereza uko umupira we umanukira mu izamu

 

Nicolas Pepe yishimira igitego cyahaye Arsenal kuyobora umukino

 

Aubameyang yatsindiye Arsenal igitego cyashimangiye intsinzi

 

Uko amakipe akurikirana muri Premier League nyuma y’umunsi wa 16
Src: IGIHE

 

2019-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 04 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana
POLITIKI

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura
INKURU NYAMUKURU

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru