• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagaragaje ko kugira ngo icyerekezo 2050 kigizwe n’imyaka 30 kigerweho gifite ibice bibiri, ni ukuvuga kimwe kigizwe n’imyaka 15 ya mbere kugera mu 2035 n’imyaka 15 izakurikira; bisaba ko ubukungu bw’igihugu buzaba bwiyongera ku kigero kirenze 10% ku mwaka.

Yabigarutseho ku wa Kane ubwo yatangaga ikiganiro cyagarutse ku kwihutisha iterambere ry’ubukungu, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano 2019 yahurije hamwe abasaga 2,000 muri Kigali Convention Centre. Ni inama yasojwe tariki 20 Ukuboza uyu mwaka.

Dr Ndagijimana yavuze ko intego igihugu cyihaye ni uko mu myaka 15 u Rwanda rwaba rugeze ku bukungu buri hagati y’ibihugu bigeze ku rwego ruciriritse, ndetse ruri mu nzira zo kugera mu nzira y’ibihugu bikungahaye ku isi.

Yagize ati “Mu 2035 tuzaba dufite nibura umusaruro mbumbe ubariye ku muturage usaga gato ibihumbi bine by’amadorali ni ukuvuga miliyoni enye z’amanyarwanda, mu 2050 ho tukaba tugeze ku rwego rw’ibihugu byateye imbere nk’uko tubizi uyu munsi, nibura ibihumbi 12 by’amadorali ku muturage.”

Dr Ndagijimana avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba byinshi. Ati “Ni ukubakira ku bushobozi tumaze kubaka, ni urugendo turi hafi gusoza ariko birasaba ko tugira umuvuduko w’iterambere urenze 10% buri mwaka kandi bigaragara ko bishoboka, 12% mu myaka ishize twagezeho bigaragaza ko twakora n’ibirenze.”

Yavuze ko “Kugira ngo dukomeze uwo muvuduko hari byinshi bidusaba, nubwo uyu muvuduko uri hejuru birasaba ko twongera ubwinshi by’ibyo dukora uyu munsi byaba mu nganda mu buhinzi, muri za serivisi n’ahandi ariko tugahanga n’ibicuruzwa bishya, serivisi zikaguka kugira ngo ubukungu bwacu bube bushingiye ku bicuruzwa bitandukanye, bityo haramutse havutse ikibazo ku gicuruzwa runaka bireke guhungabanya ubukungu muri rusange.”

Yavuze ko ikindi abona bazibandaho ni ukongera imbaraga mu bushobozi bwo gupiganwa ku masoko haba mu karere no ku isi, ibi bikaba bisaba gukomeza kuvugurura ubuhinzi n’umusaruro kuko umusaruro ukiri muke.

Yavuze ko nubwo inganda zivuka cyane muri gahunda ya Made in Rwanda, bisaba ko zikora byinshi kuko iyo zibikoze nibwo igiciro kigabanuka zikaba zahangana n’amasoko yo mu karere, muri Afurika no ku Isi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, Yusuf Murangwa, we avuga ko mu myaka 18 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8% buri mwaka, avuga ko ari byiza kuko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika inyuma ya Ethiopia.

Ati “Dukurikije uko ibintu bihagaze uyu munsi, turumva uyu mwaka u Rwanda ruzaba ari urwa mbere muri Afurika.”

Agaragaza ko iyo ubukungu buzamutse haboneka uburyo bityo bigakemura ibibazo mu buhinzi n’ahandi.

Yagize ati “Iyo turebye mu buhinzi umusaruro wariyongereye cyane, wareba mu nganda turazizi mu myaka 10, hari nyinshi tutari dufite ubu zihari, serivisi z’amahoteli turazibona, ubuvuzi, amashuri, ibigo by’imari byariyongere ku buryo n’utazi kubara iyo mibare arabibona.”

Murangwa yavuze ko iyo ubukungu buzamutse buri mwaka haboneka imirimo ibihumbi 160 idashingiye ku buhinzi gusa agaragaza ko hakiri icyuho.

Yagize ati “Buri mwaka hari urubyiruko rugera ku bihumbi 200 bageza imyaka yo gukora bakajya ku isoko, iyo habonetse akazi ibihumbi 160 gusa ni ukuvuga ko ibihumbi 40 nta kazi babona, ni ukuvuga ko igipimo turiho kidahagije, ibi ni nako bimeze mu bindi byose aho dufite ibibazo.”

Ati “Birasaba ko ubukungu buzamuka hejuru 10% kugira ngo ibibazo bikemuke tugere kuri gahunda twifuza mu 2050, turasabwa ko mu buhinzi buzamuka hejuru 8%, mu nganda 15% kuko hari inganda zinshi zigomba gushyirwaho zigafasha mu buhinzi n’ibijya hanze, muri serivizi turifuza 12%.”

Kugeza ubu u Rwanda ni igihugu kiri guteza imbere ikoranabuhanga aho ubu kwandikisha ubucuruzi bitwara amasaha atandatu, naho kwandikisha ubutaka u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku Isi mu buryo rwashyizeho bwo kwandikisha no guhindura ibyo byemezo.

Src: IGIHE

2019-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024
Uncategorized

Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024

Ubwanditsi 07 Jun 2024
Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba
Amakuru

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

RUSHYASHYA 16 Oct 2025
AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023
Amakuru

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 23 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru