• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Ubwanditsi 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tariki 28 Ugushyingo 2019, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Umuhoza Jacqueline, akurikiranyweho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Amakuru yageze ku itangazamakuru ni uko impamvu z’itabwa muri yombi rye zifitanye isano n’imigambi ya Uganda n’abambari bayo yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bivugwa ko inzego z’umutekano zabonye amakuru y’ibanze agaragaza uburyo Umuhoza, akora ubutasi mu mugambi wa se wo gushaka guhungabanya u Rwanda.

Umuhoza Jacky watawe muri yombi akekwaho gukora ubutasi

Umuhoza ni umukobwa wa Pasiteri Deo Nyirigira,akuriye  urusengero rwitwa AGAPE ruri mu Mujyi wa Mbarara, rwatunzwe agatoki n’Umunyarwanda, Emmanuel Cyemayire, wari ufite iduka ryitwa Sanyu Electronics muri uyu mujyi nyuma  yaho agambaniwe na Deo Nyirigira agafatwa n’inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ], zikamukorera iyicarubozo nyuma zikamujugunya ku mupaka w’u Rwanda na Uganda yarabaye intere.

Uyu mupasiteri aherutse gutorerwa kuyobora “Intara ya Uganda” ya Komite Nyobozi ya RNC, mu matora yabaye tariki 12-13 Ugushyingo 2019.

Cyemayire yageze mu Rwanda aririmba urwo yabonye, atunga agatoki pasiteri Deo Nyirigira kuba inyuma y’itotezwa yakorewe.

INKURU BIFITANYE ISANO:

Uko Cyemayire Emmanuel Yakorewe Iyica Rubozo Na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Jackie Umuhoza Bivugwa Ko Ari Umukobwa Wa Past.Nyirigira Deo Yatawe Muri Yombi Akekwaho Ibyaha By’ubutasi N’ubugambanyi.

Agape ni urusengero rwavuzwe kenshi mu guhuza abashaka kugirira nabi u Rwanda, kuko mu gihe bimenyerewe ko izindi nsengero aba ari ingoro zera zihuza abantu n’Imana, rwo rukorerwamo imirimo yo guhuza ibikorwa by’Umutwe w’Iterabwoba wa RNC.

Uru rusengero ni hamwe mu hantu RNC ikorera ibikorwa byayo ishize amanga muri Uganda byo gushakisha abayoboke bayifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose bigakorwa bihagarikiwe na Brig. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw’Ubutasi mu Ngabo za Uganda (CMI).

Nyuma y’uko uyu Umuhoza atawe muri yombi, tariki 24 Ukuboza 2019, igitangazamakuru CNN cyasohoye inkuru ifite umutwe w’amagambo ugira uti “u Rwanda rurashinja umukobwa wa Pasiteri ubugambanyi n’ubutasi. Umuryango we uravuga ko ibi byaha ari ibihimbano.’

Cyavuze kandi ko ‘Hari ingero nyinshi mu Rwanda, aho abantu bashimutirwa ku mihanda.’

Muri iyi nkuru, iki kinyamakuru kigaragaza uburyo cyavuganye n’abo mu muryango wa Umuhoza, bakakibwira uburyo uwatawe muri yombi ari umwere, mu gihe ubutabera bwo butarabifataho umwanzuro.

Musaza wa Umuhoza witwa, Tony Ndasingwa, ubana na Se muri Uganda, yabwiye iki kinyamakuru ko atari ubwa mbere bashiki be batabwa muri yombi mu Rwanda.

Yavuze ko kuva Umuhoza yasoza amashuri yisumbuye muri Uganda akagaruka mu Rwanda, ngo yagiye atabwa muri yombi ndetse agasabwa kwitandukanya na Se mu ruhame.

Ndasingwa yavuze ko undi mushiki we witwa, Axelle Umutesi Claudine, nawe ngo yatawe muri yombi umwaka ushize ubwo yajyaga muri Uganda, aza kurekurwa nyuma.

Iki kinyamakuru kandi cyagiye kivugana na bamwe bagiye bakurikiranwaho guhungabanya umutekano n’umudendezo by’u Rwanda. Aba barimo Ingabire Victoire na Diane Rwigara.
U Rwanda rwamaganye CNN

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje uburyo ibyakozwe n’iki kinyamakuru harimo kwirengagiza byinshi, no kwibaza niba urwego nka FBI iyo rufashe umuntu, byitwa ko yashimuswe.

Yagize ati “Jackie Umuhoza ngo yashimutiwe ku muhanda? Ni byo se? Iyo FBI itaye muri yombi umuntu akekwaho ibyaha bikomeye ikabivuga, hari ubwo itangazamakuru rya Amerika ribyita gushimuta? Kugeza ubu sinzi icyatekerezwa kuri CNN.”

Mu bandi bamaganye CNN harimo uwitwa Nkotanyi Francis wagize ati “Ubu nibwo buryo itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’Isi rikora, bumva ko kuba ari CNN yo muri Amerika bashobora no gukora ubuvugizi ku banyabyaha.”

Uwitwa Pierre Ruhinda we yagize ati “Uburere butangirira mu rugo, CNN yahisemo kwirengagiza amahano abera muri gereza ya Guantanamo, aho abakekwaho kuba muri Al-Qaida bafungiye kandi nta n’icyizere bafite cyo kubona ubutabera bunoze, ahubwo bakaba babona ko byoroshye gukora inkuru ivuga nabi u Rwanda, iyi siyo nshuro ya mbere.”

Kangwagye Justus we yagize ati “CNN ishingira ku nkuru zidafite ibimenyetso? Birababaje. Bashake abakozi cyangwa bagure inkuru kugira ngo barengere isura ya CNN.”

Naho uwitwa Mwene Ruhumuriza we yagize ati “Si ibihuha gusa, ni imikino ubwabo barimo, CNN mukwiye kureba ibyanyu kuko mufite byinshi byo kuvuga mu gihugu cyanyu cyane cyane muri iki gihe.”

CNN ni ikinyamakuru cyashinzwe mu 1980 muri leta ya Georgia, gikunze kunengwa mu buryo bukomeye na Perezida Donald Trump avuga ko gitangaza amakuru y’ibihuha.

2019-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema

Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema

Ubwanditsi 06 May 2017
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017
 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa
Mu Mahanga

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we
Mu Rwanda

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru