• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubwanditsi 14 Feb 2020 POLITIKI

Abakurikiranira hafi politiki ntibasiba kumva uko Twagiramungu Faustin w’imyaka 75, asebya Leta y’u Rwanda ndetse akerura ko afatanya n’umutwe wa FDLR wiganjemo abasize bakoze Jenoside mu Rwanda abinyujije mu ishyaka rye rya RDI Rwanda Rwiza.

Uyu mugabo yamenyekanye cyane muri politiki y’u Rwanda, cyane cyane mu ishyaka MDR, ni we wabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, inshingano yarahiriye kuwa 19 Nyakanga 1994.

Ni muri guverinoma yari iyobowe na Perezida Bizimungu Pasteur, yungirijwe na Paul Kagame nka Visi Perezida, ikaba yaragombaga kumara imyaka itanu hagategurwa amatora rusange, gusa yaje kongerwaho indi ine yo gusana igihugu cyari cyashegeshwe na Jenoside.

Ku ikubitiro Twagiramungu yakuyemo ake karenge arahunga! Uyu musaza wari mu ishyaka rya MDR ku wa 31 Kanama 1995, yeguye ku mwanya we, ahita ahungira mu Bubiligi.

Nyuma y’imyaka isaga umunani yisuganyiriza mu Bubiligi, Twagiramungu yasubiye mu Rwanda mu 2003, agiye kwiyamamariza kuyobora igihugu nk’umukandida wigenga ntiyahirwa kuko yatsinzwe na Perezida Kagame ku majwi 95.0%, we agira 3.62% gusa.

Nyuma Twagiramungu yongeye kwerekereza mu Bubiligi ari naho abarizwa uyu munsi. Umwaka ushize, yiyunze na Paul Rusesabagina n’abandi mu mugambi mubisha wo kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Abazi Twagiramungu bavuga ko uyu ari umusaza bigoye ko yahinduka, cyane ko amateka ye ari mabi ndetse akaba afite n’ikibazo cy’uko atajya areba imbere ngo abone ibifitiye igihugu akamaro.

Rutayisire Boniface, ni umwe mu beruye bagoreka amateka y’u Rwanda, ararusebya yemera kuvuga ko aruhunze ngo ahabwe ibyangombwa by’u Bubiligi. Yageze n’aho mu 2015 avugira ku kinyamakuru kimwe ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abahutu.
Gusa mu 2016 Rutayisire yahinduye amayira ahitamo gufatanya n’abanyarwanda kubaka igihugu cye, aho kuganzwa n’amaco y’inda.

Avuga ko azi neza Twagiramungu nk’abantu babanye mu Bubiligi kandi akaba amugenzura buri munsi.

Mu kiganiro yahaye IGIHE, Rutayisire yavuze ko Twagiramungu ari umuntu udafite n’icyo yishoboreye, kuko arangwa no kuvuga imbere harimo ubusa.

Yagize ati “Ku giti cye, Twagiramungu ni umuntu mfite ubuhamya bwihariye, burya n’iyo ari bujye guhura n’abanyamakuru ni wa muntu uba utazi ibyo ari buvuge, arabanza akajya kuvuga ati ndavuga iki? Ku giti cye kwitekerereza cyangwa kureba kure abifitemo ingorane, ni umuntu ukora politike y’uwo munsi y’ibimujemo, icyo ahuye nacyo nicyo avuga, ntabwo wamubaza ngo ejo uzakora iki?.”

“Noneho ku bijyanye no gutukana kwe, burya Twagiramungu ni umuntu wabaye mu mateka mabi, ni umukwe wa Grégoire Kayibanda kandi ubona ibyabaye byose. Ku ngoma ya Kayibanda n’ibibi yakoze mu bihe byashize, Twagiramungu rero ni umuntu utarigeze yitandukanya na byo, ni wa muntu wagumanye ishyaka rya MDR ku mutima mbese avuga ko ari ishyaka rya ba Se na ba Nyina.”

Rutayisire wabanye na Twagiramungu, avuga ko uyu ari umusaza ukomeye ku ngengabitekerezo ya Jenoside, ku buryo kuyireka byamugoye.

Ati “Muri make ni umuntu ubona ko agikomeye kuri iyo ngengabitekerezo y’amoko, biri mu maraso no mu misokoro, ni umuntu udahinduka byakubitiraho ni uko ku giti cye ubushobozi bwe bwo kwitekerereza no kugira ngo abe yahinduka arebe kure na byo bikamubera ingorane, ni imfungwa y’ibitekerezo bishaje bya kera by’amoko.”

Abazi Twagiramungu aho atuye mu Bubiligi, bahamya ko usanga ari umuntu ukunda kuba wenyine.

Ibivugwa na Rutayisire, byanakomojweho n’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, wavuze ko imico mibi ya Twagiramungu ari iya kera.

Mu kiganiro yahaye urubyiruko rwo mu Majyaruguru rwitabiriye gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe” ku wa 24 Mutarama 2019, Gen. Kabarebe yagarutse ku myitwarire ya Twagiramungu mbere na nyuma ya Jenoside.

Uyu Twagiramungu wabarizwaga muri MDR kimwe n’abo mu yandi mashyaka ya PSD, bahuriraga na FPR mu biganiro byaberaga ku Murindi mu gihe cy’imishyikirano.

Gen. Kabarebe yavuze ko Twagiramungu nubwo yajyaga muri ibi biganiro yari yifitemo ko FPR igomba kurwana urugamba rw’amasasu hanyuma we akazategeka.

Ati “Ni wawundi wari ufite ibitekerezo byo kuvuga ngo FPR irwane, njyewe nzategeke, kuko yo ntizi gutegeka, izi kurasa gusa.’’

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Twagiramungu ari mu bahungiye muri Stade Amahoro, ahari Ingabo za Loni zari mu Butumwa bw’Amahoro mu Rwanda (Minuar).

Izi ngabo zaje kwamburwa intwaro n’Interahamwe n’Ingabo zatsinzwe (Ex-FAR), abahungiye muri stade batangira kwicwa.

Ingabo za RPA zari muri Batayo ya Gatatu zavuye muri CND nizo zahagobotse zirokora abarimo na Twagiramungu.

Gen. Kabarebe yatanze urugero rumwe rugaragaza imyumvire ya Twagiramungu, wamaze gutabarwa akanga kujyana n’abandi aho FPR yagenzuraga kuko ngo “adashaka kuguma mu maboko y’Inyenzi’, izina ryakoreshwaga mu kwambura ubumuntu ingabo zari iza FPR Inkotanyi.

Yaravugaga ngo “Njyewe ndashaka kuguma mu maboko ya Minuar.’’

Gen. Kabarebe yavuze ko “Abamurokoye (Twagiramungu) ntiyashatse kubasanga, igihe yabasangaga ku Murindi hari icyo yabashakagaho, wenda kubakorera. Ibi ntibyabujije Leta y’inzibacyuho yagiyeho kumuha umwanya wa Minisitiri w’Intebe. Kubera iyo myumvire n’ibitekerezo bye, nibyo byatumye avaho, aragenda, ubu akaba ari aho ari. Ni ayo mateka nzi.’’

Muri Kamena 2017, Perezida Kagame na we yabwiye RBA ko Twagiramungu atangiye inshingano ze, ikote yambaye ryaguzwe mu misanzu yari yarakusanyijwe na FPR.

Yagize ati “N’aba bantu baba bari kudusebya, Guverinoma ya mbere, Minisitiri w’Intebe wa mbere uyu mugabo uba mu Bubiligi, utajya utugiraho amagambo meza; yewe n’ikote rya mbere yambaye ryaguzwe muri ya mafaranga.”

Twagiramungu yatorewe kuyobora Ishyaka rya MDR mu 1991. Ryafatwaga nk’irikomeye mu yarwanyaga Habyarimana Juvénal.

Ryaje kuzongwa n’amacakubiri ndetse bizamba cyane ubwo mu 1993 Twagiramungu yasabwaga gutanga uzaba Minisitiri w’Intebe muri Guverinona ihuriza hamwe amashyaka, akagena Uwiringiyimana Agathe, atagishije inama ishyaka.

Muri uwo mwaka hateranye inteko idasanzwe ya MDR, imwirukana mu ishyaka na Uwiringiyimana areguzwa.

Twagiramungu yanze ibyemezo yafatiwe, havuka impande ebyiri zihaganye mu ishyaka; zavutsemo MDR Power ya Karamira na Kambanda Yohani yari ishyigikiye MRND ya Habyarimana na CDR, amashyaka yari ku isonga ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikindi gice cya MDR cyashakaga impinduka mu gihugu, kinashyigikiye urugamba rw’Inkotanyi rwo kwibohora cyakomeje kuyoborwa na Twagiramungu.

Twagiramungu nyuma yo kujya kuba mu Bubiligi ntahwema kurangwa n’amagambo yo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu 2018, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bwiteguye gukora iperereza ku magambo ye.

Src: Igihe

2020-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora
Amakuru

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo
Mu Rwanda

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ubwanditsi 20 Sep 2017
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro
Amakuru

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru