• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Editorial 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwanda yabivuze ukuri ngo ‘Igisiga cy’urwara rurerure kimennye inda’. Uwavuga ko uyu mugani wagannye akariho kuri Rudasingwa Théogene, ntiyaba abeshye kuko uyu aherutse kwerura akiyemerera ko yagize uruhare mu bitero bya gerenade byahitanye inzirakarengane mu myaka ya 2010-2014.

Iyi myaka iyo uyivuze hari abasesa urumeza bibutse ibisasu bya gerenade byagiye bihitana abantu abandi bagakomereka ku buryo hari n’abasigiwe ubumuga na byo.

Uruhare rw’umutwe w’iterabwoba wa RNC, washinzwe n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwagiye rugarukwaho mu manza z’abatawe muri yombi bakurikiranyweho gutera izo gerenade. Urugero ni Nshimiyimana Joseph uzwi nka Camarade wakurikiranyweho uruhare mu bitero bya gerenade byagabwe mu isoko rya Kicukiro tariki 13 Nzeri 2013.

Nshimiyimana icyo gihe yivugiye ko yinjijwe muri ibyo bikorwa na Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi w’Umutwe w’Iterabwoba (RNC) ndetse ko ari na we wamuhaye amabwiriza n’amafaranga yo kujya kugaba icyo gitero.

Kuri ubu, uru ruhare rwa RNC ntawe ukirushidikanyaho nyuma y’uko uwahoze ari inkingi ya mwamba muri uyu mutwe, Théogène Rudasingwa, yeruye akiyemerera ko ibi bitero babigabye bagamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Rudasingwa yimennye inda mu gikorwa abo mu ishyirahamwe Jambo Asbl ry’urubyiruko rwiyemeje guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no kuburanira abayikoze ndetse n’abo muri Institut Seth Sendashonga, bari bateguye cyo kunamira Kizito Mihigo wiyahuye kuwa 17 Gashyantare 2020.

Théogène Rudasingwa yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuyobozi mu Biro bya Perezida wa Repubulika.

Abazi ibye neza bamwibukira ku buriganya mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bikomeye birimo na Hotel Intercontinental (Serena tubona ubu), icyo gihe ifaranga ryaratikiriye karahava abigizemo uruhare.

Yari ageze ku kigero cyo kwandika imitungo ku bantu batari bo, byigeze no gutuma afungwa, acitse umunyururu, nawe ayabangira ingata.

Rudasingwa yavuze ko mu gushinga RNC bashakaga guhuza abantu benshi b’ingeri zose, kuko bumvaga bakeneye gushyiraho ikintu cyagira ingufu zahubanganya ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Kagame.

Ati “Turi muri RNC nagize uruhare rwo gushyiraho ikintu cyagira ingufu kigahungabanya ubutegetsi bwa Kagame, twashatse abantu benshi, dufatanyije na FDU-Inkingi, kandi mubyibuke neza mu mwaka 2011, 2012…byagize ingaruka ubutegetsi bwa Kagame bwarahungabanye”.

Iyi myaka ya 2011, 2012…ni yo muri Kigali n’ahandi hagabwe ibitero bya gerenade.

Mu ntangiriro, ibisasu bya gerenade byatewe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi, biterwayo inshuro eshatu zose. Uretse aha, tariki ya 19 Gashyantare 2010, mu Mujyi wa Kigali hatewe gerenade eshatu ahagana mu ma saa mbili z’joro.

Izi gerenade zatewe mu bice bitatu bitandukanye bihurirwamo n’abantu benshi, zahitanye abantu babiri, abagera kuri 30 barakomereka, batanu muri bo bakomereka ku buryo bukabije.

Hari iyatewe ahazwi nko Kwa Rubangura, hakaba icyo gihe hari hagitegerwa imodoka zerekeza Kimironko, indi iterwa ahitwaga Chez Venant, ahategerwaga tagisi zerekeza mu byerekezo bitandukanye by’umujyi, iya gatatu yatewe muri gare nini ya Nyabugogo hahurirwa n’abantu benshi.

Hari kandi nk’izatewe Kimironko, ku Gitega, Kicukiro Centre n’izindi zatewe no mu ntara mu turere twa Nyamagabe, Gisagara, Muhanga, Huye na Rubavu.

Kuva muri Werurwe 2010, kugera muri Mutarama 2013, inzego z’iperereza zashoboye guta muri yombi abagera kuri 30 bakekwagaho kuba bafite uruhare cyangwa aho bahuriye n’ibi bikorwa.

Ubutabera bwaratanzwe bamwe bakatirwa igifungo cya burundu, abandi bahanishwa igifungo cy’imyaka itandukanye.

Irondabwoko mu bikomeje gushegesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Rudasingwa yavuze ko irondabwoko mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda rikomeje kuyashegesha, aho usanga hakorwa amashyaka y’abatutsi, ay’abahutu.

Ati “Umbajije ngo opozisiyo ubu mumeze mute nakubwira ngo ubu opozisiyo turi mu mwanya w’imbaraga nke ahubwo yaba byashobokaga hari ikintu mu gisirikare iyo watsinzwe, ugapfusha abantu benshi, umusozi wari uriho bakawukuvanaho ukora icyo bita ‘reorg’ [kwisuganya]”.

Rudasingwa avuga ko mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bananiwe kubwizanya ukuri, iki kikaba nacyo kiri mu bikomeje kubasenya ijoro n’umunsi.

Ati “Dushoboye gukemura ikibazo cyo kubwizanya ukuri…tutareba ngo aba ni abahutu, abatutsi, abameze bate…ni cyo cyatunaniye, nicyo gituma RNC yarasenyutse, FDU ijya mu bibazo na yo”.

RNC Rudasingwa avuga ko yasenyutse, abayishinze bavugaga ko ari ihuriro ry’abanyarwanda rigamije impinduka mu Rwanda binyuze mu nzira z’amahoro. Ijya gushingwa, yari irangajwe imbere n’abagabo bane.

Abo ni Théogène Rudasingwa, Kayumba Nyamwasa, Gérald Gahima, na Patrick Karegeya nibo bari ku ruhembe rw’ishingwa rya RNC mu 2010, umugambi wabo bawunogereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangira ibikorwa ubwo.

Kugeza ubu ariko uyu mutwe uyobowe na Kayumba Nyamwasa uri mu marembera n’umwiryane udashira ukomeje gutuma abari inkingi za mwamba zawo bawuvamo ubutitsa abandi bakirukanwa.

2020-03-05
Editorial

IZINDI NKURU

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Editorial 14 Feb 2020
Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Editorial 10 May 2019
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Editorial 14 Feb 2020
Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Editorial 10 May 2019
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru